Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zekariya 7:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 «Bwira rubanda rwose n’abaherezabitambo uti ’Igihe mwasibaga kurya, mubivanzemo n’amaganya, mu kwezi kwa gatanu n’ukwa karindwi, imyaka mirongo irindwi yose, uko gusiba se, ni jye mwakugiriraga?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 “Bwira abantu bo mu gihugu bose n'abatambyi uti ‘Ubwo mwajyaga mwiyiriza ubusa, mukarira mu kwezi kwa gatanu n'ukwa karindwi muri iyo myaka uko ari mirongo irindwi, ubwo ni jyewe mwiyiririzaga ubusa?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 kubaza abaturage bose n'abatambyi ati: “Hashize imyaka mirongo irindwi mwigomwa kurya, kandi mugaragaza n'umubabaro mu kwezi kwa gatanu no mu kwa karindwi. Mbese koko mwigomwa kurya ari jye mubigirira?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 kubaza abaturage bose n'abatambyi ati: “Hashize imyaka mirongo irindwi mwigomwa kurya, kandi mugaragaza n'umubabaro mu kwezi kwa gatanu no mu kwa karindwi. Mbese koko mwigomwa kurya ari jye mubigirira?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zekariya 7:5
27 Iomraidhean Croise  

Abagaba bose n’ingabo zose, bamaze kumva ko umwami wa Babiloni yahaye ubutware uwitwa Gedaliyahu, barikora basanga Gedaliyahu i Misipa; abo bagaba b’ingabo ni: Ismaheli mwene Netaniya, na Yohanani mwene Kareya, na Seraya mwene Tanihumeti w’i Netofa, na Yazaniyahu w’i Maka.


Ariko mu kwezi kwa karindwi, Ismaheli mwene Netaniya, mwene Elishama, wo mu bwoko bwa cyami, azana n’abantu cumi, maze bica Gedaliyahu, hamwe n’Abayuda n’Abakalideya bari kumwe na we i Misipa.


Ntiwanzaniye intama kugira ngo uzintwikire, kandi ntiwanyubahirije untura ibitambo byawe. Sinigeze nguhatira kunzanira amaturo atabarika, cyangwa ngo nkunanize nkwaka ububani.


Baravuga bati «Bitumariye iki gusiba, niba utabibona, cyangwa se kwicisha bugufi, niba utabimenya?» Ariko ku munsi wo gusiba, ntibibabuza kwigira mu byanyu, no kugirira nabi abakozi banyu.


Iki gihugu cyose kizahinduka amatongo n’ahantu hateye ubwoba, kandi bazagaragire andi mahanga mu gihe cy’imyaka mirongo irindwi.


Kuko Uhoraho avuze atya: Imyaka mirongo irindwi nishira muri i Babiloni, nzabitaho maze nuzuze amasezerano yanjye yo kubagarura aha hantu.


Ku munsi wa cumi w’ukwezi kwa gatanu mu mwaka wa cumi n’icyenda w’ingoma ya Nebukadinetsari, umwami w’i Babiloni, niho Nebuzaradani umutware w’abarinda umwami akaba n’umwe mu byegera by’umwami w’i Babiloni, yageze i Yeruzalemu.


Ntibantakambira babikuye ku mutima; baborogera ku buriri bwabo, bakirasaga umubiri, babitewe no kwishakira ingano na divayi nshyashya, naho jye bakangomera.


Umumalayika w’Uhoraho aravuga ati «Uhoraho, Mugaba w’ingabo, uzatinda na ryari kubabarira Yeruzalemu n’imigi ya Yuda, warakariye imyaka mirongo irindwi yose?»


no gusiganuza abaherezabitambo bakorera Ingoro y’Uhoraho hamwe n’abahanuzi bagira bati «Mbese ngomba gukomeza kurira no gusiba kurya mu kwezi kwa gatanu, nk’uko nabigenjeje muri iyi myaka yose?»


Nuko Uhoraho, Umugaba w’ingabo, arambwira ati


Igihe se mwiriraga kandi mukanywa, si mwe ubwanyu mwiriraga kandi mukinywera?


«Avuze atya Uhoraho, Umugaba w’ingabo: Ugusiba kurya ko mu kwezi kwa kane, mu kwezi kwa gatanu, mu kwezi kwa karindwi no mu kwezi kwa cumi, inzu ya Yuda kuzayihindukiramo iminsi y’umunezero, y’ibyishimo n’ibirori bihimbaje. Nyamara ariko, nimukunde ukuri n’amahoro!»


Muri byose bakorera kugira ngo abantu bababone. Ni cyo gituma barushanwa gutwara ku kuboko no ku gahanga udupapuro twanditseho Amategeko, n’incunda z’imyambaro yabo bakazigira ndende.


Igihe musiba kurya, ntimukijime mu maso nk’uko indyarya zibigira: zikambya agahanga kugira ngo babone ko zisiba. Ndababwira ukuri: ziba zashyikiriye ingororano yazo.


Igihe rero utanga imfashanyo, ntukavugishe ihembe imbere yawe, nk’uko indyarya zibigira mu masengero no mu mayira, kugira ngo baratwe n’abantu. Ndababwira ukuri: baba bashyikiriye ingororano yabo.


Igihe musenga, ntimukagenze nk’ indyarya zikunda gusenga zihagaze mu masengero no mu mayirabiri, ngo zibonwe n’abantu. Ndababwira ukuri: baba bashyikiriye ingororano yabo.


Ari igihe rero murya, ari n’igihe munywa, icyo mukoze cyose, mujye mugikorera guhesha Nyagasani ikuzo.


Kandi koko yapfiriye bose, kugira ngo abariho bataberaho bo ubwabo, ahubwo babereho uwabapfiriye kandi akazukira kubakiza.


Icyo mukoze cyose, mujye mugikora mwimazeyo nk’abakorera Nyagasani, atari ugukorera abantu,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan