Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zekariya 7:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 no gusiganuza abaherezabitambo bakorera Ingoro y’Uhoraho hamwe n’abahanuzi bagira bati «Mbese ngomba gukomeza kurira no gusiba kurya mu kwezi kwa gatanu, nk’uko nabigenjeje muri iyi myaka yose?»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 bari baje no kuvugana n'abatambyi bo mu nzu y'Uwiteka Nyiringabo n'abahanuzi bati “Mbese nkomeze njye ndira mu kwezi kwa gatanu, nitandukanye nk'uko nabigenzaga muri iyo myaka yose uko ingana?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 kandi zibaze abatambyi b'Ingoro y'Uhoraho Nyiringabo kimwe n'abahanuzi ziti: “Mbese mu kwezi kwa gatanu tuzakomeza kurira no kwigomwa kurya nk'uko tumaze imyaka myinshi tubikora?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 kandi zibaze abatambyi b'Ingoro y'Uhoraho Nyiringabo kimwe n'abahanuzi ziti: “Mbese mu kwezi kwa gatanu tuzakomeza kurira no kwigomwa kurya nk'uko tumaze imyaka myinshi tubikora?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zekariya 7:3
21 Iomraidhean Croise  

Nuko bubaka imfatiro z’Ingoro y’Uhoraho. Bakizubaka, abaherezabitambo barabegera; bari bambaye imyambaro yabo kandi bavuza impanda, bakaba bari kumwe n’abalevi bene Asafu bafite ibyuma byirangira, kugira ngo basingize Uhoraho, nk’uko Dawudi, umwami wa Israheli yari yarabitegetse.


hari igihe cyo kurira, n’igihe cyo guseka; hari igihe cyo kuganya, n’igihe cyo kubyina;


Umuryango wanjye urarimbutse kuko utamenye! None rero kubera ko wanze kumenya, ndaguhigitse ntuzongera kumbera umuherezabitambo; kuko wirengagije amategeko y’Imana yawe, nanjye nzirengagiza abana bawe.


Abaherezabitambo, ari bo bashinzwe imirimo y’Uhoraho, nibaririre hagati y’umuryango w’Ingoro n’urutambiro; nibatakambe bagira bati «Uhoraho, babarira imbaga yawe; wikoza isoni umurage wawe, ngo amahanga awuhindure urw’amenyo. Ni iki cyatuma mu mahanga bavuga ngo: Mbese Imana yabo iba he?»


«Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze atya: Sanga abaherezabitambo bagusobanurire iki kibazo gikurikira:


Nuko Uhoraho, Umugaba w’ingabo, arambwira ati


«Bwira rubanda rwose n’abaherezabitambo uti ’Igihe mwasibaga kurya, mubivanzemo n’amaganya, mu kwezi kwa gatanu n’ukwa karindwi, imyaka mirongo irindwi yose, uko gusiba se, ni jye mwakugiriraga?


«Avuze atya Uhoraho, Umugaba w’ingabo: Ugusiba kurya ko mu kwezi kwa kane, mu kwezi kwa gatanu, mu kwezi kwa karindwi no mu kwezi kwa cumi, inzu ya Yuda kuzayihindukiramo iminsi y’umunezero, y’ibyishimo n’ibirori bihimbaje. Nyamara ariko, nimukunde ukuri n’amahoro!»


Ni koko, iminwa y’umuherezabitambo ishinzwe kwita ku bumenyi, kandi n’inyigisho zigashakirwa mu kanwa ke, kuko ari we ntumwa y’Uhoraho, Umugaba w’ingabo.


Yezu arabasubiza ati «Birakwiye se ko abakwe bagira ishavu bakiri kumwe n’umukwe? Ariko hazaza igihe umukwe azabavanwamo, ni bwo bazasiba.


Ntihakagire uwiyima undi, keretse mubyumvikanyeho, na bwo by’igihe gito, kugira ngo muhugukire gusenga; hanyuma musubirane, ngo hato mutananirwa kwigomwa, Sekibi agakurizaho kubashuka.


bigisha bene Yakobo imigenzo yawe, batoza Abayisraheli amategeko yawe, bagutura imibavu, uranyurwa, bagashyira ku rutambiro rwawe ibitambo bitwikwa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan