Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zekariya 4:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Arambaza ati «Urabona iki?» Ndasubiza nti «Ndabona ikinyarumuri gikozwe muri zahabu gusa, kiriho urwabya rw’amavuta, kikabaho n’amatara arindwi n’imiheha irindwi yo gushyira amavuta muri buri tara.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 arambaza ati “Ubonye iki?” Ndamusubiza nti “Ndarebye mbona igitereko cy'itabaza cy'izahabu cyose, kandi mbonye n'urwabya rwacyo ruteretse hejuru yacyo, mbona n'amatabaza arindwi yo kuri cyo. Kandi ayo matabaza ari hejuru yacyo yose, itabaza ryose ryari rifite imiheha irindwi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Arambaza ati: “Urabona iki?” Ndamusubiza nti: “Ndabona igitereko cy'amatara cy'izahabu, gifite umukondo w'amavuta ku mutwe wacyo. Ku rugara rw'uwo mukondo, hari amatara arindwi afite imiyoboro irindwi ijyana amavuta mu ntambi zayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Arambaza ati: “Urabona iki?” Ndamusubiza nti: “Ndabona igitereko cy'amatara cy'izahabu, gifite umukondo w'amavuta ku mutwe wacyo. Ku rugara rw'uwo mukondo, hari amatara arindwi afite imiyoboro irindwi ijyana amavuta mu ntambi zayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zekariya 4:2
19 Iomraidhean Croise  

Amusobanurira uburemere bwa zahabu n’ubwa feza bizagenerwa ibitereko n’amatara bya zahabu n’ibya feza,


Buri gitondo na nimugoroba batura Uhoraho ibitambo bitwikwa ndetse n’imibavu ihumura, bagashyira ku meza aboneye imigati y’umumuriko kandi buri mugoroba bacana amatara ari mu gitereko cyayo cya zahabu. Ni twebwe dukurikiza amategeko y’Uhoraho Imana yacu, naho mwebwe mwaramutereranye!


Abumba muri zahabu ibitereko cumi by’amatara nk’uko yari yabitegetswe, maze abishyira mu cyumba gitagatifu, bitanu iburyo, bindi bitanu ibumoso.


Ubwo ni mbere y’uko unogoka, ubwonko butarasandara, ngo igifu gitabuke, n’umutima uturike,


Nuko Uhoraho arambaza ati «Yeremiya, urabona iki?» Ndasubiza nti «Ndabona imbuto z’umutini. Inziza zirasa neza cyane, naho imbi zirasa nabi cyane ku buryo zidashobora kuribwa.»


Umutware w’abarinda umwami w’i Babiloni afata kandi amabesani, amasafuriya, inzuho zigenewe gutera icyuhagiro, ibyungo, ibinyarumuri, inkongoro n’indobo, byose bikozwe muri zahabu, no muri feza.


Nuko Uhoraho arambwira ati «Amosi we, urabona iki?» Maze ndamusubiza nti «Ni rujora mbona.» Nuko Nyagasani arambwira ati «Dore rero, ngiye gushinga rujora rwagati mu muryango wanjye Israheli, mbaringanize, kandi kuva ubu sinzongera kuyibabarira.


Umumalayika arambaza ati «Urabona iki?» Ndamusubiza nti «Ndabona umuzinge w’igitabo kiguruka, ufite uburebure bw’imikono makumyabiri, n’imikono icumi y’ubugari.»


Ubwo ndahindukira, kugira ngo ndebe iryo jwi ryamvugishaga, maze nkebutse mbona amatara arindwi ya zahabu,


Naho ku byerekeye inyenyeri ndwi wabonye mu kiganza cyanjye cy’iburyo, n’amatara arindwi ya zahabu, dore icyo bisobanura: inyenyeri ndwi ni abamalayika ba Kiliziya ndwi, naho amatara arindwi akaba nyine izo Kiliziya uko ari indwi.


Mu ntebe y’ubwami hasohokaga imirabyo, amajwi, n’inkuba. Amatara arindwi yakiranaga imbere y’intebe y’ubwami, ari zo roho ndwi z’Imana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan