Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zekariya 3:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Umumalayika abwira abari bahagaze imbere ye, ati «Nimumwambure iyo myambaro yahindanye.» Hanyuma abwira Yozuwe, ati «Dore nagukijije icyaha cyawe kandi bakwambike imyambaro y’umunsi mukuru.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Marayika abwira abari bamuri imbere ati “Nimumwambure iyo myenda y'ibizinga.” Maze abwira Yosuwa ati “Ngukuyeho gukiranirwa kwawe, kandi ndakwambika imyambaro myiza cyane.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Nuko uwo mumarayika abwira abari aho ati: “Nimumwambure iyo myambaro yanduye.” Hanyuma abwira Yeshuwa ati: “Dore nguhanaguyeho ibicumuro byawe, nkwambitse imyambaro y'agaciro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Nuko uwo mumarayika abwira abari aho ati: “Nimumwambure iyo myambaro yanduye.” Hanyuma abwira Yeshuwa ati: “Dore nguhanaguyeho ibicumuro byawe, nkwambitse imyambaro y'agaciro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zekariya 3:4
34 Iomraidhean Croise  

Dawudi abwira Natani, ati «Ni koko, nacumuye kuri Uhoraho.» Natani abwira Dawudi, ati «Uhoraho yaguhanaguyeho icyaha cyawe, nta bwo uri bupfe.


Mikayehu aravuga ati «Noneho, umva ijambo ry’Uhoraho. Nabonye Uhoraho atetse ijabiro ku ntebe ye, ingabo zose zo mu ijuru zimuhagaze iburyo n’ibumoso.


Ntera icyuhagiro, nkire ubwandu bwose, unyuhagire, maze nererane kurusha amasimbi.


Nyamara jye ni ko meze; ku bw’izina ryanjye, nkubabariye ibyaha byawe, sinzibuka amakosa yawe.


Nahanaguye ubugome bwawe nk’igicu, ibyaha byawe mbimaraho nk’igihu; ngarukira kuko nakwicunguriye.


Kanguka, kanguka, Siyoni, usubirane ishema ryawe! Yeruzalemu, murwa mutagatifu, ambara imyambaro yawe y’ikuzo, kuko guhera ubu, utagenywe n’uwahumanye batazongera kukwinjiramo ukundi.


Ndasabagizwa n’ibyishimo muri Uhoraho, umutima wanjye uhimbajwe n’Imana yanjye, kuko yanyambitse umwambaro w’umukiro, akansesuraho umwitero w’ubutungane. Nishimye nk’umukwe utamirije ikamba rye, cyangwa umugeni witatse imirimbo ye.


kwambika ikamba abashavuye b’i Siyoni. Bazambikwa ikamba mu kigwi cy’ivu, umwambaro w’umurimbo mu cyimbo cy’ibigunira, basigwe amavuta y’ibyishimo mu mwanya w’umubabaro. Bityo bazabite «Imishishi y’ubutabera, ibihingwa by’Uhoraho, bigenewe kumenyekanyisha ikuzo rye.»


Yoyakini yiyambura imyambaro ye ya kinyururu, maze agasangira n’umwami ku meza ye, mu gihe cyose yari akiriho;


Nzabuhagiza amazi asukuye maze mube abasukure; mbahanagureho ubwandure bwanyu bwose muce ukubiri n’ibigirwamana byanyu byose.


Igihe abaherezabitambo bazaba bahinjiye, ntibazasohoka ahantu hatagatifu ngo bajye mu gikari cyo hanze, batabanje kuhasiga imyambaro y’ubuherezabitambo kuko ari imyambaro mitagatifu. Bazabanza bambare indi myambaro, kugira ngo babone kujya hanze, ahagenewe rubanda.»


Mbese wagereranywa n’iyihe Mana, wowe wihanganira icyaha, ukirengagiza ubugome? Urukundo ugirira udusigisigi tw’umuryango wawe rutuma udakomeza kuwurakarira, ahubwo ugashimishwa no kutugirira impuhwe.


Tugaragarize bundi bushya impuhwe zawe, unyukanyuke ibicumuro byacu, kandi ibyaha byacu byose ubirohe mu nyanja!


Hanyuma Uhoraho anyereka Yozuwe, umuherezabitambo mukuru, wari uhagaze imbere y’umumalayika w’Uhoraho, ariko Sekibi akaba ahagaze iburyo bwe kugira ngo amurege.


«Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze atya: Nugendera mu nzira zanjye, ugakurikiza amategeko yanjye, uzategeka Ingoro yanjye kandi urinde n’ibikari byanjye; nzaguha n’umwanya mu bahagaze hano.»


Koko rero, dore ibuye nshinze imbere ya Yozuwe. Iryo buye rimwe rukumbi rifite amaso arindwi. Jyewe ubwanjye ngiye kuryandikaho, maze mu munsi umwe mpanagure icyaha cy’iki gihugu, uwo ni Uhoraho, umugaba w’ingabo ubivuze.


Nuko umwami arinjira ngo arebe abari ku meza, maze ahabona umuntu utambaye iby’ubukwe.


Malayika aramusubiza ati «Ndi Gaburiyeli uhora imbere y’Imana; natumwe kukubwira no kukugezaho iyo nkuru nziza.


Naho se abwira abagaragu be ati ’Vuba, muzane ikanzu nziza cyane muyimwambike, mumwambike n’impeta mu rutoki n’inkweto mu birenge.


Bukeye, Yohani abona Yezu aje amusanga, aravuga ati «Dore Ntama w’Imana ugiye gukuraho icyaha cy’isi.


Ni ubutungane bw’Imana butangwa no kwemera Yezu Kristu, bukaba bugenewe abemera bose nta vangura.


Nuko rero ingaruka y’icyaha ni urupfu, naho ingabire y’Imana ni ubugingo bw’iteka muri Kristu Yezu Umwami wacu.


Nguko uko bamwe muri mwe bari bameze. None, mwarasukuwe, mwaratagatifujwe muba intungane ku bw’izina rya Nyagasani Yezu Kristu, no ku bwa Roho w’Imana yacu.


Kristu utarigeze akora icyaha, Imana yamubazeho ibyaha bya muntu, kugira ngo muri We tubarweho ubutungane bw'Imana.


mugahinduka muntu mushya, uwo Umuremyi ahora avugurura amwishushanya, agira ngo amugeze ku bumenyi nyakuri.


Kuko nzabababarira ubuhemu bwabo bwose, maze ibicumuro byabo sinongere kubyibuka.»


Nuko ngo ndebe, numva ijwi ry’abamalayika batabarika, bakikije intebe y’ubwami na bya Binyabuzima n’Abakambwe. Bari ibihumbi n’ibihumbi; amagana n’amagana,


Ndamusubiza nti «Shobuja, ni wowe wabimenya!» Na we arambwira ati «Aba bavuye mu magorwa akaze, bameshe amakanzu yabo, bayezereza mu maraso ya Ntama.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan