Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zekariya 3:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Umumalayika w’Uhoraho abwira Sekibi, ati «Uhoraho agucecekeshe, wowe Sekibi! Ni koko, Uhoraho, we wihitiyemo Yeruzalemu, nagucecekeshe! Naho uriya muntu se, si igishirira cyaruwe mu ziko?»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Uwiteka abwira Satani ati “Uwiteka aguhane, yewe Satani. Ni koko Uwiteka watoranyije i Yerusalemu aguhane. Mbese uwo si umushimu ukuwe mu muriro?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Uwo mumarayika w'Uhoraho abwira Satani ati: “Uhoraho nagukangare Satani we, koko Uhoraho witoranyirije Yeruzalemu nagukangare. Mbese Yeshuwa uyu si nk'agati karokotse inkongi y'umuriro?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Uwo mumarayika w'Uhoraho abwira Satani ati: “Uhoraho nagukangare Satani we, koko Uhoraho witoranyirije Yeruzalemu nagukangare. Mbese Yeshuwa uyu si nk'agati karokotse inkongi y'umuriro?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zekariya 3:2
22 Iomraidhean Croise  

’Kuva umunsi navaniye umuryango wanjye mu Misiri, nta wundi mugi nahisemo mu miryango yose ya Israheli kugira ngo nubakemo Ingoro ikwiriye izina ryanjye, kandi nta muntu n’umwe nahisemo kugira ngo abe igikomangoma muri Israheli, umuryango wanjye;


ariko nahisemo Yeruzalemu kugira ngo izina ryanjye riyibemo kandi nahisemo Dawudi kugira ngo abe umutware w’umuryango wanjye Israheli.’


kuko ahagarara iburyo bw’umutindahare, kugira ngo amukize abamucira urubanza.


maze umubwire uti ’Humura ! Witinya kandi ntugire ubwoba. Wihagarika umutima kubera buriya busabusa bw’amafumba abiri acumbeka, cyangwa se kubera uburakari bukaze bwa Rasoni, umwami wa Aramu, na mwene Remaliyahu.


Nabazambije nk’uko nazambije Sodoma na Gomora, maze mumera nk’igiti cyafashwe cyaruwe mu nkongi y’umuriro, ariko ntimwangarukira! Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Ongera utangaze uti ’Avuze atya Uhoraho, Umugaba w’ingabo: Imigi yanjye iracyabura amahirwe, ariko Uhoraho agiye kongera guhoza Siyoni, kandi yongere yitorere Yeruzalemu.’»


Uhoraho, Umugaba w’ingabo, we wanyohereje n’ububasha, abwiye atya amahanga yabanyaze: Ni koko, ubakozeho ni jyewe ubwanjye aba akoze mu jisho.


Yezu ayibwira ayikangara, ati «Ceceka, kandi uve muri uwo muntu!»


Yezu abonye abantu baza banigana, akabukira roho mbi avuga ati «Wowe roho mbi, umubuza kuvuga no kumva, ndagutegetse: va muri uwo mwana, kandi ntukamugarukemo ukundi.»


ariko nagusabiye kugira ngo ukwemera kwawe kudatezuka. Nawe rero, numara kwisubiraho, uzakomeze abavandimwe bawe.»


Yezu ayibwira ayikangara, ati «Ceceka, kandi uve muri uwo muntu!» Nuko roho mbi imutura hasi imbere ya bose, imuvamo nta cyo imutwaye.


Igihe umwana ariho yegera Yezu, roho mbi imutura hasi, iramuhotagura. Nuko Yezu akangara roho mbi, akiza umwana, amusubiza se.


Simvuze mwese: abo natoye ndabazi, ariko Ibyanditswe bigomba kuzuzwa ngo ’Uwo dusangira umugati ni we wanteye umugeri.’


Imana, Yo soko y’amahoro, izajanjagurira Sekibi mu nsi y’ibirenge byanyu vuba. Ineza y’Umwami wacu Yezu Kristu ibane namwe!


Ni nde wagira icyo ashinja intore z’Imana? Ko Imana iziha kuba intungane.


Naho ukora icyaha, aba ari uwa Sekibi, kuko Sekibi ari umunyabyaha kuva mu ntangiriro. Ngicyo icyatumye Umwana w’Imana yigaragaza: ni ukugira ngo arimbure ibikorwa bya Sekibi.


mubakize mubakura mu muriro; abandi na bo mubagirire impuhwe ariko zivanze n’ubwoba, mwange n’imyambaro yandujwe n’imibiri yabo.


Nyamara n’igihe Mikayeli, umumalayika mukuru, agiye impaka na Sekibi, basigana ku byerekeye umurambo wa Musa, ntiyatinyutse no guhingutsa igitutsi ngo atuke Sekibi, ahubwo yaravuze ati «Imana izaguhane.»


Bazarwanya Ntama, nyamara abaganze, kuko ari we Mutegetsi w’abategetsi n’Umwami w’abami, kandi hamwe na we, abahamagawe, n’abatowe n’abayoboke be, na bo bazatsinda.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan