Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zekariya 2:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Ubwo nanjye nzaba nywurwanaho, uwo ni Uhoraho ubivuze, nzawubere inkike y’umuriro kandi mbe n’ikuzo ryawo muri wo nyirizina.’»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Ni jye uzababera inkike y'umuriro ihakikije, kandi ni jye uzahabera icyubahiro imbere muri wo.’ Ni ko Uwiteka avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Jyewe ubwanjye nzayibera nk'urukuta rw'umuriro ruyizengurutse, kandi nzaba muri yo rwagati nyiheshe ikuzo.’ ” Uko ni ko Uhoraho avuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Jyewe ubwanjye nzayibera nk'urukuta rw'umuriro ruyizengurutse, kandi nzaba muri yo rwagati nyiheshe ikuzo.’ ” Uko ni ko Uhoraho avuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zekariya 2:9
30 Iomraidhean Croise  

Uwo munsi nyine ahagarara i Nobu, abangura ukuboko kwe, akangaranya umusozi w’umwari w’i Siyoni, n’umurenge wa Yeruzalemu.


Uhoraho azakamya ikigobe cy’inyanja yo mu Misiri, abangure ukuboko akwerekeje kuri Efurati, ku bw’imbaraga z’umwuka we, ayigabanyemo amashami arindwi, ku buryo bazashobora kuyambuka n’ibirenge.


Rangurura ijwi uvuze impundu, wowe utuye i Siyoni, kuko Nyirubutagatifu wa Israheli, utuye iwawe rwagati, ari Igihangange.»


Nimushinge ikimenyetso ku musozi w’agasi, murangurure amajwi, mubarembuze, binjire mu marembo y’abanyacyubahiro.


Abo mu bihugu bya kure bazajyana n’Abayisraheli, babasubize mu gihugu cyabo; nuko nibamara kugera ku butaka bw’Uhoraho, Israheli ibagire abacakara n’abaja bayo, itegeke abayishikamiraga, inabashyire ku ngoyi bari barashyizweho.


Uwo munsi, Abanyamisiri bazamera nk’abagore, bazahahamuka kandi batengurwe, nibabona Uhoraho Umugaba w’ingabo, abanguye ukuboko kugira ngo abatsembe.


Uwo munsi, mu gihugu cyose cya Yuda, bazatera iyi ndirimbo, bagira bati «Dufite umurwa ukomeye; Uhoraho, kugira ngo aturengere, yawuzengurukijeho inkike icinyiye.


Uragowe! Wowe urimbura kandi utarabigiriwe; wowe ugwa abandi gitumo, kandi utarabikorewe. Igihe uzahosha kurimbura, nawe uzaherako urimburwa; igihe uzareka kugwa gitumo, nawe uzatungurwa.


Aho ni ho Uhoraho azatwerekera ikuzo rye, hakazaba akarere k’imigezi n’inzuzi ngari; ariko nta bwato bugashywa buzayanyuramo, nta n’amato manini azambuka ako karere.


Imigozi yawe iradohotse, ntigifashe ku giti, bituma batagishobora ukundi kuzamura ibendera. Nuko bazagabane iminyago itagira ingano, ndetse n’abacumbagira bazayigireho umugabane.


ahantu hose ho ku musozi wa Siyoni no ku makoraniro yaho, azahatwikiriza igicu ku manywa, n’umwotsi utera ibishashi by’umuriro mu ijoro. Ikuzo ry’Uhoraho rizabitwikire byose,


Nimunyegere kandi muntege amatwi : kuva mu ntangiriro, sinigeze mvugira mu bwihisho; kandi kuva aho ibyo bibereye, nari ndiho. Ubu rero ni Nyagasani Imana wanyohereje, ampa n’umwuka we.


Nta we uzongera kumva havugwa iterabwoba mu gihugu cyawe, ubwangizi n’amatongo ntibizarangwa mu mipaka yawe; ahubwo inkike zawe uzazita «Agakiza», amarembo yawe yitwe «Ibisingizo».


Ntuzongera kumurikirwa n’izuba ku manywa, ukwezi ntikuzakumurikira ukundi nijoro: Uhoraho ni we uzakubera urumuri ruhoraho, Imana yawe ikubere ikuzo.


(Amahanga yose azamuyoboka, umuhungu we, n’umwuzukuru we, ariko igihe cyagenwe nikimara kugera, amahanga akomeye n’abami b’ibihangange bazamutsinda.)


Ariko niba umuhanuzi mu guhanura kwe amenyesha amahoro, azemerwa ko yoherejwe n’Uhoraho koko igihe ibyo yavuze bizagaragara!»


Induru ibabaje y’umuryango wanjye irumvikana iturutse mu gihugu cya kure: «Muri Siyoni se Uhoraho ntakibaho? Umwami wayo se ntakiyibamo?» (Uhoraho:) Ni kuki banshavuza n’ibigirwamana byabo, n’ariya manjwe yavuye ahandi? (Yeremiya:)


Ntibazasubira gutashya ukundi inkwi mu gasozi cyangwa se gutema ibiti mu mashyamba, kuko bazacana intwaro zabo. Bazasahura na bo ababasahuraga, na bo banyage ababatwaye ibyabo. Uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze.


Ubwo muzamenya ko ndi rwagati muri Israheli, nkaba ndi Uhoraho, Imana yanyu, kandi ko nta yindi ibaho! Umuryango wanjye ntuzongera gukorwa n’isoni bibaho.»


Ni ukuri koko, urugomo wagiriye Libani ruzakugaruka, no kuba wararimbuye inyamaswa zayo, uzabiryozwe, bitewe n’uko wamennye amaraso y’abantu, ugahungabanya igihugu, umurwa n’abawutuye bose.


Nk’uko wasahuye amahanga atagira ingano, abasigaye bose b’iyo miryango bazagusahura; kuko wamennye amaraso y’abantu, ugahungabanya igihugu, umurwa n’abawutuye bose.


Ni yo mpamvu mbirahije ubugingo bwanjye, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, Imana ya Israheli, ubivuze: Mowabu izahinduka nka Sodoma, bene Hamoni bamere nka Gomora; hazaba ahantu h’ibihuru by’amahwa, igisimu cy’umunyu n’amatongo y’iteka ryose. Abasigaye bo mu muryango wanjye bazahasahura, abacitse ku icumu b’ubwoko bwanjye bahahabweho umurage.


Uhoraho yakuvanyeho imanza zari zigushikamiye, yirukanye abanzi bawe! Umwami wa Israheli, Uhoraho ubwe, akurimo rwagati; ntuzongera ukundi gutinya icyago.


Siyoni, ngaho hunga, wowe utuye i Babiloni!


Aramubwira ati «Irukanka ubwire uriya musore uri hariya, uti ’Yeruzalemu igomba kuba umugi utagira inkike, kubera ubwinshi bw’abantu n’amatungo bizawubamo.


«Ibiganza bya Zorobabeli ni byo byashinze ifatizo y’iyi Ngoro, kandi ni na byo bizayuzuza; bityo muzamenye ko ari Uhoraho, Umugaba w’ingabo wantumye.


Bityo rero, n’abari kure bazaza gufasha kubaka Ingoro y’Uhoraho, kandi muzamenya ko Uhoraho, Umugaba w’ingabo, yabantumyeho. Ibyo ariko bizaba nimwumvira uko bikwiye Uhoraho, Imana yanyu.»


Uhoraho, Umugaba w’ingabo, azabarinda: amabuye y’umuhumetso azatsemba kandi ajanjagure abanzi, anywe amaraso nk’aho ari divayi, asendere nk’urwabya rw’icyuhagiro rwuzuye amaraso y’ibitambo, cyangwa nk’amahembe yo ku rutambiro.


Mbaburiye hakiri kare bitaraba, ngira ngo umunsi ibyo byabaye, muzemere ko ndi Uriho.


Ibyo mbibabwiye ngira ngo igihe cyabyo nikigera, muzibuke ko nababuriye. Sinabibabwiye ngitangira, kuko twari kumwe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan