Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zekariya 2:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Ndamubaza nti «Uragana he?» Aransubiza ati «Ngiye gupima Yeruzalemu, kugira ngo menye ubugari n’uburebure bwayo.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Ndamubaza nti “Urajya he?” Ati “Ndajya kugera i Yerusalemu ngo ndebe ubugari n'uburebure bwaho uko bureshya.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Ndamubaza nti: “Urajya he?” Na we aransubiza ati: “Ngiye gupima ubugari n'uburebure bw'umujyi wa Yeruzalemu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Ndamubaza nti: “Urajya he?” Na we aransubiza ati: “Ngiye gupima ubugari n'uburebure bw'umujyi wa Yeruzalemu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zekariya 2:6
30 Iomraidhean Croise  

Babagejeje hanze, baramubwira bati «Kiza amagara yawe! Nturebe inyuma, ntugire aho uhagarara muri iki kibaya cyose. Uhungire mu misozi, udapfa.»


Mana yacu, twarabyiyumviye n’amatwi yacu, ba sogokuru barabitubwiye, badutekerereza ibyo wakoze kera mu gihe cyabo.


Nimusohoke muri Babiloni! Nimuhunge Abakalideya ! Nimurangurure amajwi mubitangaze, nimubimenyekanishe, mubyamamaze kugera ku mpera z’isi, muvuga muti «Uhoraho yacunguye Yakobo, umugaragu we !»


Yemwe, abafite inyota, nimugane ku mazi, n’iyo mwaba mudafite feza, nimuze mwese! Nimusabe ingano zo kurya ku buntu; nimuze kandi munywe amata na divayi nta feza, nta n’ubwishyu!


Uhoraho arambwira ati «Koko mu majyaruguru ni ho haturuka ibyago bikayogoza abaturage bose bo mu gihugu.


Nzabatangaho urugero ruzakangaranya ibihugu byose byo ku isi kubera ibyo Manase mwene Hezekiya, umwami wa Yuda, yakoreye muri Yeruzalemu byose.»


Muri iyo minsi, inzu ya Yuda izasanga iya Israheli, maze zombi zituruke mu majyaruguru, zitahe mu gihugu nahaye abasekuruza babo ho umurage. (Uhoraho:)


Mahanga yose, nimwumve ijambo ry’Uhoraho, muryamamaze mu ntara za kure, mugira muti «Uwatatanirije Israheli impande zose arayikoranije, azayirinda nk’uko umushumba arinda ubushyo bwe.»


Dore igihe kiregereje — uwo ni Uhoraho ubivuze — maze umugi wongere wubakirwe Uhoraho, guhera ku munara wa Hananeli kugeza ku irembo ry’Iguni.


Nzabavana mu gihugu cyo mu majyaruguru, mbakoranye mbakuye mu mpera z’isi. Muri bo hari impumyi, ibirema, abagore batwite n’abaramutswe, bose bagarutse hano ari imbaga nyamwinshi.


Nimuhunge Babiloni n’igihugu cy’Abakalideya! Nimusohoke, mumere nka za ruhaya zirangaje imbere y’umukumbi w’ihene.


Mwebwe abo mu muryango wanjye, nimuyivemo, buri wese arwane ku magara ye, muhunge umuriro w’uburakari bw’Uhoraho.


Mwebwe abarokotse inkota nimufate inzira, ntimuhagarare. Nimutakambire Uhoraho mukiri kure, kandi mujye mwibuka Yeruzalemu!


Nimuhunge Babiloni, buri wese akize amagara ye, naho ubundi muzarimbuka igihe izaryozwa ubugome bwayo. Ni igihe cy’Uhoraho cyo kwihorera akayigenera icyo ikwiye.


Ni yo mpamvu itumye Nyagasani Uhoraho avuga atya: Ni koko nabigije kure yanjye mu mahanga, mbatatanyiriza mu bindi bihugu; ariko no muri ibyo bihugu sinaretse gutura muri mwe nk’igihe nari mu Ngoro yanjye.


Ab’ingenzi mu ngabo ze bose bazicwa n’inkota, abacitse ku icumu bakwirwe imishwaro; maze muzamenye ko ari jyewe Uhoraho wabivuze.’


Ababyeyi bazarya abana babo n’abana barye ababyeyi babo ku mugaragaro mu maso yawe. Nzagucira urugukwiye, nzatatanyirize imihanda yose uzaba arokotse wese mu bagukomokaho.


Icya gatatu cy’abaturage bawe kizicwa n’ibyorezo maze barimburwe n’inzara ku mugaragaro mu maso yawe, ikindi gice cya gatatu gitsemberwe n’inkota iruhande rwawe, hanyuma icya gatatu gisigaye ngitatanyirize imihanda yose ngikurikiranye n’inkota.


Ni koko, ngiye gutanga amategeko : mu mahanga yose ngiye kujegeza inzu ya Israheli, nk’uko bazunguza urutaro bagosora, ntihagire imbuto nzima n’imwe igwa hasi.


Ni cyo gitumye Uhoraho avuze atya: Ngarukiye Yeruzalemu mbitewe n’impuhwe, hazubakwe bundi bushya Ingoro yanjye, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuze, n’inago izaramburirwa kuri Yeruzalemu.’


Nuko wa mumalayika twavuganaga aratambuka, undi mumalayika aza amusanganiye.


Nuko azatume abamalayika be bavuze ihembe riranguruye, bakoranye abo yatoye mu byerekezo bine by’isi, kuva aho ijuru ritangirira kugeza aho riherera.


Ubwo rero azohereza abamalayika mu mpande enye z’isi, aho isi iherera kugeza ku mpera y’ijuru, maze akoranye intore ze.


Uhoraho azagutatanyiriza mu mahanga yose, uhereye ku mpera y’isi ukageza ku yindi; kandi nugerayo, uzayoboka imana zindi wowe n’abasokuruza bawe mutigeze mumenya: imana zikozwe mu biti cyangwa amabuye!


Nuko numva irindi jwi ryavugiraga mu ijuru, riti «Nimusohoke muri uwo murwa, muryango wanjye, hato mutaza kugira uruhare ku byaha byawo, bityo mugasangira na wo ibyorezo byawugenewe;


Bowozi ajya mu marembo y’umugi, aho inama yajyaga iteranira, maze arahicara. Wa mugabo wagombaga kugaruza iby’umuryango, umwe Bowozi yavugaga, aba arahanyuze. Bowozi aramuhamagara ati «Yewe mugenzi! Enda hano; ba wicaye aha.» Undi araza aricara.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan