Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zekariya 2:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Ngo nubure amaso ndabonekerwa: mbona umuntu ufashe mu kiganza inago yo gupimisha.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Nuko nubura amaso, ngiye kubona mbona umuntu ufite umugozi mu ntoki wo kugera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Nuko nongera kubonekerwa, mbona umugabo ufite mu ntoki umugozi wo gupimisha.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Nuko nongera kubonekerwa, mbona umugabo ufite mu ntoki umugozi wo gupimisha.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zekariya 2:5
28 Iomraidhean Croise  

Uko Yeruzalemu ikikijwe n’imisozi impande zose, ni ko Uhoraho abumbatiye umuryango we, kuva ubu n’iteka ryose.


ni benshi bamvugiraho ngo «Nta gakiza ateze ku Mana!» (guceceka akanya gato)


Ariko hari uruzi rwagabye amashami, agahimbaza umurwa w’Imana, n’Ingoro y’Umusumbabyose irusha izindi ubutagatifu.


umusozi wa Siyoni uranezerewe, n’imigi ya Yuda yose irasabagizwa n’ibyishimo, yishimiye uburyo uca imanza.


Umusozi we mutagatifu urajimije mu bwiza, ukanezeza isi yose! Umusozi wa Siyoni uri hariya mu majyaruguru, ni wo wubatseho umurwa w’umwami w’igihangange;


Ndashaka kumva icyo Uhoraho Imana avuze; aravuga iby’amahoro y’umuryango we n’abayoboke be, bapfa gusa kudasubira mu busazi bwabo.


Rangurura ijwi uvuze impundu, wowe utuye i Siyoni, kuko Nyirubutagatifu wa Israheli, utuye iwawe rwagati, ari Igihangange.»


Urutare rwayo ruzarimbuka, rushireho, abatware bayo bacike intege, batererane ibendera ryabo. Uwo ni Uhoraho ubivuze, we ucanye ikome ry’umuriro i Siyoni, n’itanura i Yeruzalemu.


Umuryango wanjye uzatura ahantu h’amahoro, mu mazu akomeye, ahantu hatuje kandi h’uburuhukiro.


Aho ni ho Uhoraho azatwerekera ikuzo rye, hakazaba akarere k’imigezi n’inzuzi ngari; ariko nta bwato bugashywa buzayanyuramo, nta n’amato manini azambuka ako karere.


ahantu hose ho ku musozi wa Siyoni no ku makoraniro yaho, azahatwikiriza igicu ku manywa, n’umwotsi utera ibishashi by’umuriro mu ijoro. Ikuzo ry’Uhoraho rizabitwikire byose,


Hanyuma umugozi wo kugeresha uzongere uramburwe neza kugera ku musozi wa Garebi, maze uzazenguruke ugana i Gowa.


Kubera iyo mpamvu rero, mwana w’umuntu, hanurira Gogi, umubwire uti ’Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze. Koko mu gihe umuryango wanjye Israheli uzaba uri mu mutekano, ni bwo uzashyira nzira.


Ubwo aba apimye impande enye zose z’iyo nkike, abona uburebure bw’imikono magana atanu ku mikono magana atanu y’ubugari, iyo nkike ikaba yari iyo gutandukanya aheguriwe Imana n’umwanya wagenewe rubanda.


Ubwo wa muntu agenda yerekeje mu burasirazuba, apima imikono igihumbi akoresheje umugozi yari afite mu ntoki; hanyuma aranjyana anyambutsa ya mazi yangeraga ku bugombambari.


Ni cyo gitumye Uhoraho avuze atya: Ngarukiye Yeruzalemu mbitewe n’impuhwe, hazubakwe bundi bushya Ingoro yanjye, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuze, n’inago izaramburirwa kuri Yeruzalemu.’


Ngaho, vuba na vuba! Nimuve mu gihugu cy’amajyaruguru — uwo ni Uhoraho ubivuze — kuko nari narabatatanyirije mu byerekezo bine by’ikirere! Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Siyoni, ngaho hunga, wowe utuye i Babiloni!


Uhoraho azabagwa gitumo, umwambi we ubatungure nk’umurabyo. Uhoraho Imana azavuza akarumbeti, aze agendera mu nkubi y’umuyaga wo mu majyepfo.


Nzashinga ingando imbere y’inzu yanjye nyirinde abagenda n’abagaruka; nta munyamaboko uzongera guhonyora umuryango wanjye, kuko ubu mbyirebera n’amaso yanjye.


Ni we rumuri ruboneshereza amahanga, akaba n’ikuzo ry’umuryango wawe Israheli !»


Uwo murwa ntukeneye izuba cyangwa ukwezi kugira ngo biwumurikire, kuko umurikirwa n’ikuzo ry’Imana kandi na Ntama akaba urumuri rwawo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan