Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zekariya 13:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nuko nihagira ukomeza guhanura, se na nyina bamubyaye bazamubwire bati «Ntugomba kubaho, kuko ibyo utangaza mu izina ry’Uhoraho ari ibinyoma.» Nuko igihe azaba ariho ahanura, se na nyina bamubyaye bazamusogote.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Maze niharamuka habonetse uhanura, se na nyina bamwibyariye bazamubwira bati ‘Ntuzabaho kuko uhanura ibinyoma mu izina ry'Uwiteka’, nuko nahanura, se na nyina bamwibyariye bazamusogota.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Nihagira uwongera kwiha guhanura, se na nyina ubwabo bazamubwira bati: ‘Ugomba gupfa kuko uvuga ibinyoma, ubeshya ngo watumwe n'Uhoraho.’ Se na nyina bazamutsinda aho agihanura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Nihagira uwongera kwiha guhanura, se na nyina ubwabo bazamubwira bati: ‘Ugomba gupfa kuko uvuga ibinyoma, ubeshya ngo watumwe n'Uhoraho.’ Se na nyina bazamutsinda aho agihanura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zekariya 13:3
13 Iomraidhean Croise  

Numvise uburyo abahanuzi bahanura ibinyoma mu izina ryanjye, bavuga ngo «Nabonekewe mu nzozi! Nabonekewe mu nzozi!»


Kandi nihagira umuhanuzi, umuherezabitambo, cyangwa undi wo mu muryango uvuga ngo «Mbega umuzigo uremereye Uhoraho yatugeretseho!» uwo muntu nzamwikoma hamwe n’urugo rwe.


Umuhanuzi Yeremiya ni ko kubwira Hananiya, ati «Hananiya, tega amatwi: Uhoraho ntiyakohereje; ni wowe utuma uyu muryango wiringira ibinyoma.


ntimuzongera kubona ukundi ayo mabonekerwa y’amafuti cyangwa ngo mwongere kwigisha ibinyoma. Nzavana umuryango wanjye mu biganza byanyu, maze muzamenye ko ndi Uhoraho.»


Niba kandi umuhanuzi yemeye gushukwa akagira ijambo avuga, ni jye Uhoraho uzaba mbimuteye. Nzamwibasira n’ikiganza cyanjye, murimbure ave mu muryango wa Israheli.


Uhoraho arambwira, ati «Mwana w’umuntu, aha ni ho hagenewe intebe yanjye y’ubwami, ni na ko kabaho nzajya nkandagizaho ibirenge byanjye. Nzatura mu Bayisraheli rwagati iteka ryose; kandi umuryango wa Israheli, bo ubwabo n’abami babo, ntibazongera kwandavuza ukundi izina ryanjye ritagatifu, nk’uko babigenje mbere. Mu by’ukuri ntibahwemye kuryandavurisha uburaya bwabo n’imva z’abami babo;


Ukunda se cyangwa nyina kunduta, ntakwiriye kuba uwanjye. Ukunda umuhungu cyangwa umukobwa we kunduta, ntakwiriye kuba uwanjye.


«Umuntu waza ansanga, atabanje guhara se na nyina, umugore n’abana be, abavandimwe na bashiki be, ndetse n’ubuzima bwe bwite, uwo nguwo ntashobora kuba umwigishwa wanjye.


Ni cyo gituma kuva ubu nta muntu n’umwe tukimenya ku buryo busanzwe; ndetse na Kristu, niba twarigeze kumumenya ku buryo bw’abantu, ubu ntitukimumenya dutyo.


Ariko uwo muhanuzi nahangara kuvuga mu izina ryanjye ijambo ntamubwirije kuvuga, cyangwa akavuga mu izina ry’imana zindi, icyo gihe uwo muhanuzi azapfa.»


ari na we wavuze kuri se na nyina ati ’Nta bwo nigeze mbabona!’ Akanga kwemera bene se, kandi ntanamenye abahungu be. Koko bene Levi bitaye ku ijambo ryawe, bakomera ku Isezerano ryawe,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan