Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zekariya 10:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Ni koko, ibigirwamana byatanze ibisubizo bya nta byo, n’ibyo abapfumu bahanuye biba ibinyoma. Barotora inzozi zibeshya, bakanatanga amahumure adafashe. Ni cyo cyatumye imbaga yigendera nk’ubushyo bumerewe nabi, kuko bwabuze umushumba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Kuko ibishushanyo bisengwa bivuga ubusa n'abapfumu bakaragura ibinyoma, abanyenzozi bakabeshya bagahumurisha abantu ubusa, ni cyo gituma abantu bazimira nk'intama, bakababara cyane kuko batagira umwungeri.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Nyamara ibishushanyo musenga birababeshya, ibyo abapfumu berekwa ni ibinyoma, inzozi zabo zivuga ibitabaho, bakizeza abantu ibidafite ishingiro. Ni cyo gituma abantu babuyera, bakamera nk'intama zikeneshejwe, kubera ko zidafite umushumba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Nyamara ibishushanyo musenga birababeshya, ibyo abapfumu berekwa ni ibinyoma, inzozi zabo zivuga ibitabaho, bakizeza abantu ibidafite ishingiro. Ni cyo gituma abantu babuyera, bakamera nk'intama zikeneshejwe, kubera ko zidafite umushumba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zekariya 10:2
44 Iomraidhean Croise  

Igihe Labani yari yagiye kogosha intama ze, Rasheli yiba ibishushanyo by’ibigirwamana bya se.


Mikayehu aramusubiza ati «Nabonye Israheli yose itataniye ku misozi, nk’intama zitagira umushumba; Uhoraho aravuga ati ’Bariya bantu ntibakigira ubategeka: buri muntu wese nasubire iwe mu mahoro!’»


Naho mwebwe, muri abanyamahomvu gusa, muri abavuzi ba magendu, mwese uko mungana!


Ni kuki mwiha kungira inama z’amahomvu? Ibisubizo mumpa, ni ukunkina ku mubyimba.»


Dore bose uko bangana ni imburaburyo. Ibikorwa byabo se byo? Ni impfabusa. Ibishushanyo byabo? Ni umuyaga, nta kamaro!


Noneho rero, ibinyoma by’abacunnyi mbihinduye ubusa, abapfumu mbateye kuvugishwa, abahanga mbashubije inyuma, n’ubuhanga bwabo mbuhinduye amanjwe.


Abakora ibigirwamana bose, nta cyo bari cyo, ibyo bashushanya na byo nta cyo bimaze; ababiramya na bo ntibagira icyo babona cyangwa ngo bumve, bigatuma bakorwa n’isoni.


Mbese ubu mwandeshyeshya na nde, mukaba mwanyitiranya na we ? Ni nde mwangereranya na we, mukaba mwavuga ko dusa ?


Bose, nta n’umwe usigaye, bihinduye ibicucu maze bata ubwenge. Inyigisho bahabwa muri ubwo bucucu, ni zo zatumye bamera batyo.


Nuko ndavuga nti «Ariko rero, Nyagasani Mana, dore uko abahanuzi bababwira: Ntimuzigera mubona inkota, kandi inzara ntizabatungura; kuko aha hantu nzahabahera amahoro y’umudendezo.»


Mu bigirwamana by’amahanga se, hari na kimwe kigusha imvura? Ijuru se ni ryo ubwaryo rigusha imvura y’umuvumbi? Si wowe se Uhoraho, Imana yacu? Turakwiringiye rero, kuko ari wowe ukora ibyo byose.


Batinyuka kubwira abasuzugura ijambo ry’Uhoraho, ngo «Mwebwe byose bizabahira!» Naho umuntu wese ukomeje kunangira umutima, bakamubwira ngo «Nta cyago kizagutera!»


Ngiye guhagurukira abahanuzi barota inzozi zoshya — uwo ni Uhoraho ubivuze — bakazirotora, maze ibinyoma byabo n’amahomvu yabo akayobya umuryango wanjye. Jyewe sinabohereje kandi sinigeze ngira icyo mbasaba, nta cyo bamariye uriya muryango. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Ibyo babahanurira ni ibinyoma, bizatuma muva mu gihugu cyanyu. Ni koko, nzabatatanya maze murimbuke.


Nimwime amatwi abahanuzi babemeza ko mutazigera mugaragira umwami w’i Babiloni. Ibyo babahanurira ni ibinyoma.


Naho mwebwe, nimwime amatwi abahanuzi banyu, abapfumu banyu, ababasobanurira inzozi, abacunnyi n’abanyamayeri banyu, kuko bababeshya babizeza ko mutazagaragira umwami w’i Babiloni.


Umuhanuzi Yeremiya ni ko kubwira Hananiya, ati «Hananiya, tega amatwi: Uhoraho ntiyakohereje; ni wowe utuma uyu muryango wiringira ibinyoma.


Nyamara Uhoraho, Umugaba w’ingabo, Imana ya Israheli, avuze atya: Ntimukemere ko abahanuzi n’abapfumu bari muri mwe bababeshya, ntimukite ku nzozi murota;


Ese ba bahanuzi banyu bari he, bamwe bababwiraga ko mwebwe n’igihugu cyanyu mutagomba kwikanga igitero cy’umwami w’i Babiloni?


Israheli yari intama iri ukwayo, intare ziyihiga. Umwami w’Ashuru ni we wayanjamye ubwa mbere; hakurikiraho Nebukadinetsari, umwami w’i Babiloni arayihenebereza.


Ni wowe najanjagurishije abashumba n’amashyo yabo, njanjagura abahinzi n’ibimasa byabo, abatware n’abategetsi.


Barazinzika ishyano ry’umuryango wanjye, bavuga ngo «Ni amahoro, byose bimeze neza!» Nyamara ariko nta mahoro ariho.


Bazinzika ishyano ry’umuryango wanjye, bavuga ngo «Ni amahoro, byose bimeze neza!» Nyamara ariko nta mahoro ariho.


Amabonekerwa abahanuzi bawe bakugejejeho, ni ibinyoma n’impfabusa! Ntibakugaragarije igicumuro cyawe, kugira ngo wirinde ibi byakugwiririye, ahubwo impanuro bakubwiye, zarakurindagije zirakuyobya.


Nigaragaze ko ityaye amugi yombi, ndetse yerekere no mu mpande zose.’


Ni cyo gitumye Nyagasani Uhoraho avuga ati ’Kubera ko mukomeza kunyibutsa ibyaha byanyu mumpemukira ku mugaragaro, mukagaragaza amafuti yanyu mu byo mukora byose, muzajyanwa bunyago kuko mutabinyibagije.’


Zaratatanye kuko nta mushumba, zihinduka umuhigo w’inyamaswa z’ishyamba kuko zatatanyijwe.


Mbirahiye ubugingo bwanjye — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — kubera ko amatungo yanjye yatejwe abashimusi, agahinduka umuhigo w’inyamaswa z’ishyamba kuko nta mushumba afite, abashumba banjye ntibite ku matungo yanjye, bakiragira ubwabo aho kuragira amatungo yanjye;


Koko rero, n’Abayisraheli bazamara igihe kirekire batagira umwami, nta mutware, nta n’igitambo, nta nkingi, nta n’uruhago cyangwa amabuye y’ubufindo.


Ngiye kugukorakoranya, wowe Yakobo, uko wakabaye; ngiye gushyira hamwe udusigisigi twa Israheli! Nzabakoranyiriza hamwe nk’intama mu kiraro, cyangwa nk’ishyo riri mu rwuri, maze bahinduke imbaga nyamwinshi y’abishimye.


Rimaze iki, ishusho ribajwe n’umunyabukorikori, cyangwa iricuzwe mu muringa, rigahanura ibinyoma? Uwayakoze yashobora ate kuyiringira, kandi ari ibigirwamana bitavuga?


Ariyimbire umushumba w’imburamumaro, utererana ubushyo! Inkota izamusature ukuboko, imunogoremo n’ijisho ry’iburyo. Ukuboko kwe kurakumirana rwose, ijisho rye ry’iburyo rihume burundu.»


akayirangaza imbere mu igenda no mu igaruka. Bityo imbaga y’Imana ntizaba nk’intama zitagira umushumba.»


Abonye iyo mbaga y’abantu, abagirira impuhwe, kuko bari barushye kandi bameze nk’intama zitagira umushumba.


Yezu amaze kwambuka abona iyo mbaga nyamwinshi y’abantu, abagirira impuhwe, kuko bari bameze nk’intama zitagira umushumba, atangira kubigisha byinshi.


Nihagira umuhanuzi cyangwa umubonekerwa waduka muri mwe n’aho yaguhanurira ikimenyetso cyangwa igitangaza kizaba,


Ba bantu batanu bari baragiye gutata igihugu cya Layishi bafata ijambo, babwira abavandimwe babo, bati «Ese muzi ko muri uru rugo, harimo uruhago rw’amabuye y’ubufindo n’udushushanyo tweguriwe Imana, hakaba n’ikindi kigirwamana n’ishusho ry’icyuma gishongeshejwe? None rero, mumenye hakiri kare icyo muri bukore.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan