Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zekariya 1:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Ntimugakurikize abasekuruza banyu, bo abahanuzi ba kera babwiye bati ’Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze atya: Nimuhinduke, muzinukwe imyifatire yanyu mibi n’ibikorwa byanyu bibi’. Ariko bo ntibanyumva kandi ntibanyitaho, uwo ni Uhoraho ubivuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Mwe gusa na ba sogokuruza banyu abahanuzi ba kera babwiraga baranguruye bati: Uwiteka Nyiringabo aravuga ati ‘Nimuhindukire muve mu ngeso zanyu mbi no mu byo mukora bibi’, maze ntibumve kandi nanjye ntibantege amatwi. Ni ko Uwiteka avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Ntimugakurikize imigenzereze ya ba sokuruza. Nabatumagaho abahanuzi ba kera, bakababwira kureka ingeso zabo mbi n'imigenzereze yabo mibi, ariko ntibabyiteho bakanga kunyumvira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Ntimugakurikize imigenzereze ya ba sokuruza. Nabatumagaho abahanuzi ba kera, bakababwira kureka ingeso zabo mbi n'imigenzereze yabo mibi, ariko ntibabyiteho bakanga kunyumvira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zekariya 1:4
55 Iomraidhean Croise  

Nuko intumwa zijyana muri Israheli yose no muri Yuda amabaruwa yanditswe n’umwami n’abanyacyubahiro be, nuko zikagenda zivuga hose, nk’uko Umwami yategetse, ziti «Bayisraheli, nimugarukire Uhoraho, Imana ya Abrahamu, n’iya Izaki n’iya Israheli, na yo izabagarukira, mwebwe abavuye mu nzara z’abami b’Abanyashuru.


Mwikurikiza abasokuruza banyu n’abavandimwe banyu bacumuye kuri Uhoraho, Imana y’abasekuruza babo, bigatuma abarimbura nk’uko mubibona.


«Nimugende mumbarize Uhoraho, jye n’Abayisraheli n’Abayuda basigaye, ibyerekeye amagambo yo muri iki gitabo cyatahuwe; kuko uburakari Uhoraho adufitiye ari bwinshi, bitewe n’abasekuruza bacu batakurikije amagambo y’Uhoraho, ntibite ku byanditswe muri iki gitabo byose.»


Kuva igihe cy’abasokuruza bacu kugeza ubu twaracumuye bikabije, kandi kubera ibyaha byacu twebwe ubwacu, hamwe n’abami n’abaherezabitambo bacu, twagabijwe abami b’amahanga, tugabizwa inkota, ukujyanwa bunyago, gusahurwa no gukozwa isoni, mbese nk’uko bimeze uyu munsi.


Ariko abasokuruza bacu bo, bakwishongoyeho, bagushingana ijosi, banga kubahiriza amategeko yawe.


Nyamara bo barakwivumburiye, bakwivumbagatanyaho, amategeko yawe bayahigikira kure, bica abahanuzi bawe bababwirizaga kukugarukira, kandi bakora n’ibindi bibi byinshi, birakubabaza.


Warabihanije, imyaka ishira ari myinshi, ubamanuriraho umwuka wawe, urabihanangiriza, ndetse uboherereza n’abahanuzi, ariko bo banga kumva, maze worohera indi miryango yo mu bihugu, irabigabiza.


bityo ntibazabe nk’ababyeyi babo, igisekuruza kitagira umutima ushyitse, ntikigire imigambi ihuje n’iy'Imana.


Bayisraheli, nimugarukire Uwo mwagomeye!


Noneho rero, ubwire abantu ba Yuda n’abaturage ba Yeruzalemu, uti ’Uhoraho avuze atya: Ndiho ndabategurira amakuba, kandi hari n’undi mugambi mbafitiye. Nimwihane rero imyifatire yanyu mibi, maze muvugurure imyifatire n’imigenzereze yanyu!


Iyo baba mu nama yanjye, bari kugeza ku muryango wanjye amagambo nivugiye, bakabatoza kuzibukira imyifatire yabo mibi n’ibikorwa byabo by’ubugome!


None rero, Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze atya: Kubera ko mutumvise amagambo yanjye,


kandi ngo mutege amatwi abagaragu banjye b’abahanuzi ndahwema kubatumaho, nyamara ntimubumve,


Genda rero ugana mu majyaruguru, maze urangurure ijwi, ugira uti ’Israheli wanyihakanye, ngarukira, sinzongera kukurakarira. Uwo ni Uhoraho ubivuze. Jyewe ndi umudahemuka; kandi inzika yanjye ntimara igihe. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Uhoraho avuze atya: Nimungarukire, mwa nyoko y’abahakanyi mwe, kuko ari jye mutware wanyu. Nzagenda mpabavana, umwe mu mugi, abandi babiri mu muryango, maze mwese mbajyane i Siyoni.


Sinahwemye kubatumaho abagaragu banjye b’abahanuzi, ngira nti ’Buri wese nareke imyifatire ye mibi, muvugurure imikorere yanyu, maze mwoye kwiruka inyuma y’izindi mana ngo muzikorere, bityo muzaramba ku butaka nabahaye, mwebwe n’abasokuruza banyu!’ Ariko, ntimwanteze amatwi, ntimwanyumvise.


Israheli, nuramuka ushatse kugaruka, ni jyewe ugomba gusanga. Nuvana ibigirwamana byawe mu maso yanjye, ntuzongera kubungera ukundi.


«N’ubwo utubwira ibyo mu izina ry’Uhoraho, nta bwo tukumva.


Kubera iyo mpamvu, ubwire umuryango wa Israheli, uti ’Nyagasani Uhoraho aravuze ngo: Nimungarukire, nimuhinduke muzinukwe ibigirwamana byanyu, mwirengagize ayo mahano yose.


Nuko abana babo bari mu butayu ndababwira nti 'Muramenye ntimuzitware nk'abakurambere banyu cyangwa se ngo mugenze nka bo, ntimukiyandavuze n'ibigirwamana byabo;


Babwire ko mbirahiye ubugingo bwanjye — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuzenta bwo njya nishimira urupfu rw’umugome, ahubwo nishimira ko yahinduka akazibukira imyifatire ye mibi, kugira ngo abone kubaho. Nimuhinduke rero muzibukire iyo nzira mbi yanyu! Ni kuki se mwarinda gupfa, muryango wa Israheli?»


Nihagira uwumva iryo hembe ariko ntaryiteho hanyuma inkota ikaza ikamwica, amaraso y’uwo muntu ni we ubwe azabarwaho.


Samariya igomba guhanwa kuko yigometse ku Mana yayo. Bazarimburwa n’inkota, abana babo b’ibitambambuga bazicwe, abagore babo batwite babakuremo inda.


Ahubwo uburenganzira nibudendeze nk’amazi, n’ubutabera butembe nk’umugezi udakama!


Bamwe baravuga bati «Rekera aho kubara izo nkuru, kuko ari ubusazi kwemeza ko tuzakorwa n’ikimwaro.


Uzababwire uti ’Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze atya: Nimungarukire — uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga — nanjye nzabagarukira! Nguko uko Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze.’


Mbese ye, aho ntibyaba ari byo Uhoraho yavugishije abahanuzi ba kera; igihe Yeruzalemu yari mu mahoro no mu ituze, ikikijwe n’imigi yayo, Negevu n’ibihugu by’imirambi bigituwe?’»


Mpera ko mbanziriza ku bantu b’i Damasi, ngera i Yeruzalemu no mu karere kose ka Yudeya no mu mahanga yose, menyesha abo bose ngo bisubireho kandi bagarukire Imana, babeho ku buryo bukwiriye abicujije.


Nimwisubireho rero kandi mugarukire Imana, kugira ngo ibyaha byanyu bihanagurwe;


kuko muzi y’uko atari ibintu bishanguka nka zahabu cyangwa feza byabarokoye mu migenzereze mibi mwarazwe n’abakurambere banyu;


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan