Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zefaniya 3:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 None rero, nimuntegereze — uwo ni Uhoraho ubivuze — ku munsi nzahagurukira kubashinja, kuko niyemeje guhuriza hamwe amahanga, no gukorakoranya ibihugu, kugira ngo mbacubanurireho umujinya wanjye, mbamarireho ubukana bwose bw’uburakari bwanjye, (kuko isi yose uko yakabaye izatsembwa n’umuriro w’ugufuha kwanjye.)

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Ni cyo gituma Uwiteka avuga ati “Nimuntegereze mugeze ku munsi nzahagurutswa no kubanyaga, kuko nagambiriye guteraniriza amahanga hamwe, ibihugu byose binteranireho, mbasukeho uburakari bwanjye n'umujinya wanjye ukaze, kuko isi yose izatsembwaho n'umuriro wo gufuha kwanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Uhoraho arongera ati: “Noneho muzambona, umunsi uzaza mpagurutswe no kubashinja. Niyemeje gukoranya amahanga, nzahuriza hamwe abatuye ibihugu, na bo nzabarakarira bikomeye, nzabatura umujinya wanjye ukaze. Umujinya wanjye ugurumana uzakongora isi yose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Uhoraho arongera ati: “Noneho muzambona, umunsi uzaza mpagurutswe no kubashinja. Niyemeje gukoranya amahanga, nzahuriza hamwe abatuye ibihugu, na bo nzabarakarira bikomeye, nzabatura umujinya wanjye ukaze. Umujinya wanjye ugurumana uzakongora isi yose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zefaniya 3:8
39 Iomraidhean Croise  

bavuga ngo «Ijambo ni ryo ntwaro yacu, tuzi kwivugira, ni nde waduhangara?»


Nk’uko abagaragu bahanga amaso ibiganza bya shebuja, nk’uko umuja adakura amaso ku kiganza cya nyirabuja, ni na ko natwe amaso twayahanze Uhoraho Imana yacu, dutegereje ko ari butugirire impuhwe.


Ihangane, wizigire Uhoraho, ukomeze umutima, ube intwari! Rwose, wiringire Uhoraho!


Iringire Uhoraho kandi ukomeze ukurikire inzira ye, azagushyira ejuru kugeza ubwo utunga igihugu, maze uzibonere ukuntu abagiranabi batsiratsizwa.


Gumana ituze imbere y’Uhoraho, umwiringire, ntugahangayikishwe n’uwahiriwe na byose, n’utunzwe n’amayeri ntakakubabaze.


Igenewe umuririmbisha. Yahimbwe bakurikije Yedutuni. Ni zaburi iri mu zo bitirira Dawudi.


Imigambi yabo ni iyo kumuziza umwanya arimo, bagahimbazwa no kumubeshyera gusa; ku rurimi ugasanga bavuga amagambo y’umugisha, nyamara mu mitima yabo haganje imivumo. (guceceka akanya gato)


Mbese Uhoraho, uzarakara na ryari? ishyari ryawe se rizakomeza rigurumane nk’umuriro?


Ahubwo curira uburakari bwawe kuri ariya mahanga atakuzi, no kuri biriya bihugu bitakwiyambaza,


Ntuzavuge ngo «Nzitura inabi!» iyumanganye, Uhoraho azagukiza.


Nshyira mu mutima wawe, mbe nk’ikimenyetso kidasibangana, mbe nk’icyapa giteye no ku kuboko kwawe, kuko urukundo rufite amaboko nk’urupfu; umutima ukunda ukagundira nka rwo, ugurumana nk’ikibatsi cy’umuriro, nk’umuriro w’Uhoraho.


Uwo ni umugambi Uhoraho yafatiye isi yose, ni igihano yageneye amahanga yose.


Nyamara, Uhoraho ategereje ko igihe kigera akabibuka, agiye guhaguruka, kugira ngo abagaragarize impuhwe ze, kuko Uhoraho ari Imana itabera: barahirwa abamwiringira bose !


Uhoraho yarakariye amahanga yose, yagiriye umujinya ingabo zayo zose. Yagambiriye kubarimbura, yarabatanze ngo bicwe.


Mu burakari bwanjye najanjaguye amahanga, mu mujinya wanjye ndabasindisha, amaraso yabo nyasesa hasi.


Homborera umujinya wawe ku mahanga adashaka kukumenya, ku bihugu bitiyambaza izina ryawe; kuko baconcomeye inzu ya Yakobo, barayiconcomera, bayitsembaho, igihugu cye barakiyogoza.


«Uhoraho, Umugaba w’ingabo», ni ryo zina ryayo!


Koko muri iyo minsi, abagaragu n’abaja nzabasenderezamo Umwuka wanjye.


Naho jyewe, Uhoraho ni we mpanze amaso, niringiye Imana, Umukiza wanjye; koko rero, Imana yanjye izanyumva.


Gusa iby’iri bonekerwa bizaza mu gihe cyagenwe, ni bwo byose bizuzuzwa nta kabuza; n’aho ryatinda kandi uzaritegereze, kuko rizaza ku gihe cyaryo nta gihindutse!


Ari feza, ari na zahabu yabo, nta kizashobora kubagobotora. Ku munsi w’uburakari bw’Uhoraho, isi yose izakongorwa n’umuriro w’ugufuha kwe! Koko, agiye gutsemba anarimbure burundu abatuye isi bose.


Ngiye kubirindura intebe z’abami kandi ntsembe ububasha bw’ibihugu by’amahanga; nzabirindura amagare y’intambara n’abayagenderaho; amafarasi n’abayagenderaho bazitura hasi, buri muntu yicwe n’inkota y’umuvandimwe we.


Ibihugu byose bizakoranyirizwe imbere ye, maze azatandukanye abantu nk’uko umushumba asobanura intama n’ihene.


Umunsi wa Nyagasani uzaza nk’umujura; uwo munsi ijuru rizazimirana n’urusaku rukaze, ibiririmo byose bizakongokeshwe n’umuriro; maze isi n’ibiyiriho byose bizagurumane.


Nuko numva ijwi riranguruye rituruka mu Ngoro, ribwira ba bamalayika barindwi, riti «Nimugende, maze mucubanurire ku isi izo nkongoro ndwi zuzuye uburakari bw’Imana.»


Izo roho mbi ni za Sekibi zikora ibintu bitangaje, maze zigasanga abami bo ku isi yose, kugira ngo zibakoranyirize kurwanya umunsi ukomeye w’Imana Mushoborabyose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan