Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zefaniya 3:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Ubwo naribwiye nti «Nibura wazanyubaha, wakire amabwiriza yanjye maze aho utuye hoye kurimbuka!» Ariko uko nje ngasanga barushijeho gukora nabi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Nibwira ko uzanyubaha, ukemera guhanwa kugira ngo ubuturo bwaho budasenyuka nk'uko nari nabibategekeye byose, ariko bazindukaga kare barushaho gukora ibizira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Naribwiye nti: ‘Abatuye uyu murwa bazanyubaha, bazemera kugirwa inama, bityo uyu murwa ntuzarimbuka.’ Erega sinabahannye nk'uko nari nabiteganyije, nyamara ntibatinze gukora ibibi!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Naribwiye nti: ‘Abatuye uyu murwa bazanyubaha, bazemera kugirwa inama, bityo uyu murwa ntuzarimbuka.’ Erega sinabahannye nk'uko nari nabiteganyije, nyamara ntibatinze gukora ibibi!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zefaniya 3:7
25 Iomraidhean Croise  

Imana irebye isi isanga yarandavuye, kubera ubugiranabi bwa buri muntu.


Uhoraho abateza abatware b’ingabo z’Umwami wa Ashuru: bafata Manase bamukuruza ingobe, bamubohesha umunyururu w’inyabubiri, bamujyana i Babiloni.


yazibuye amatwi yabo irababurira, kandi ibategeka kureka ikibi.


Maze ukambwira uti «Ngiye kukujijura, nkwereke inzira ukwiye gukurikira; nzaguhozaho ijisho, njye nkugira inama!


Jya wumva inama, wemere bakwigishe, bizatuma uhinduka umunyabuhanga.


Icyo nagombaga gukorera umuzabibu wanjye, nkaba ntaragikoze ni iki ? Ko nari nywizeyeho imbuto nziza, ni kuki weze imbuto mbi?


Yaravuze ati «Koko ni umuryango wanjye, abana batazantenguha!» maze yemera kubabera Umukiza,


Bo nyine banze kunyumva, ntibantega amatwi; banshinganye ijosi, banga kumva no kwakira inyigisho.


Uhoraho yarababwiye ati ’Nimwihane imyifatire yanyu mibi n’ibikorwa byanyu by’ubugome, bityo muzatura mu gihugu Uhoraho yabahaye kuva kera na kare, mwebwe n’abasekuruza banyu.


Ahari abo mu muryango wa Yuda, nibumva ibibi byose niyemeje kubagirira, bizabatera kugaruka, buri muntu areke imyifatire ye mibi; bityo nzashobore kubababarira ubugome bwabo n’ibyaha byabo.»


Yeremiya abwira Sedekiya, ati «Uhoraho Umugaba w’ingabo, Imana ya Israheli avuze atya: Nusohoka ku bwawe, ugasanga abatware b’ingabo z’umwami w’i Babiloni, uzarokora ubuzima bwawe, kandi uyu mugi ntuzatwikwa, ndetse uzabaho wowe n’abo mu muryango wawe.


Isubireho, Yeruzalemu! Naho ubundi nzitandukanya nawe, maze nguhindure ubutayu, igihugu kidatuwe.


Nimugenza mutyo, nzabona guturana namwe aha hantu, mu gihugu nahaye abasokuruza banyu kuva kera n’iteka ryose.


Naritonze ntega amatwi, nsanga amagambo yabo adafashije. Nta n’umwe ubabajwe n’ubugome bwe ngo agire ati «Ese ubu nakoze ibiki?» Buri wese ariruka akurikiye ubwomanzi bwe, mbese nk’ifarasi igiye ku rugamba.


Barihumanyije bikabije, nko mu gihe cy’i Gibeya, ariko Imana izibuka ibicumuro byabo, ibaryoze ibyaha bakoze.


Ntiwumvise ijwi riwuhamagara cyangwa ngo ukurikize amabwiriza; ntiwigeze wiringira Uhoraho, ntiwegera n’Imana yawo.


Muramenye ntimuzandavure mwiremera ikigirwamana, gikozwe mu ishusho iryo ari ryo ryose: ryaba iry’umugabo cyangwa iry’umugore,


Ibyo mbivugiye guteza imbere urukundo rukomoka ku mutima usukuye, ku mutimanama ukeye no ku kwemera kutaryarya.


None rero, Nyagasani ntatinze kurangiza isezerano rye, nk’uko bamwe biha kuvuga ko yatinze; mu by’ukuri ni mwebwe yihanganira, kuko adashaka ko hagira n’umwe worama, ahubwo ko bose bisubiraho, bakamugarukira.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan