Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zefaniya 3:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Mu mugi rwagati, Uhoraho ni we Ntungane, ntiyigera akora ikibi; uko bukeye atangaza ubutabera bwe, nta munsi n’umwe asiba. Nyamara abagome bo ntibakorwa n’ikimwaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Uwiteka uri muri wo arakiranuka ntazakora ibibi, uko bukeye agaragaza gukiranuka kwe mu mucyo ntabwo asiba, ariko ibigoryi nta soni bigira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Nyamara Uhoraho ari mu murwa rwagati, ni intungane ntiyigera akora ibibi. Uko bukeye ntasiba kwerekana ko ari intabera, nyamara inkozi z'ibibi ntizibura gukora ibiteye isoni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Nyamara Uhoraho ari mu murwa rwagati, ni intungane ntiyigera akora ibibi. Uko bukeye ntasiba kwerekana ko ari intabera, nyamara inkozi z'ibibi ntizibura gukora ibiteye isoni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zefaniya 3:5
41 Iomraidhean Croise  

Uramenye ntukabigenze utyo, ngo wice umunyabyaha hamwe n’intungane; intungane zaba zipfuye urw’abagome. Ntibikabeho! Ucira imanza isi yose ntakarenganye!»


None rero, bantu mushyira mu gaciro, nimuntege amatwi: Ubugome buri kure y’Imana, kandi akarengane ntikarangwa kuri Nyir’ububasha!


ngo umusuzume buri gitondo, ngo umugenzure buri kanya?


Imana se yakwirengagiza ukuri, cyangwa se yacisha ukubiri n’ubutabera?


Uhoraho ni umunyabutungane mu nzira ze zose, akarangwa n’urukundo mu bikorwa bye byose.


maze ubutungane bwawe abugaragaze nk’umuseke ukebye, n’ubutabera bwawe, bumere nk’amanywa y’ihangu.


No mu busaza bwe aba akera imbuto, aba acyuzuyemo ubuzima n’ubutohagire,


Rangurura ijwi uvuze impundu, wowe utuye i Siyoni, kuko Nyirubutagatifu wa Israheli, utuye iwawe rwagati, ari Igihangange.»


Buri gihe uko kije kizabageraho, kuko kizahita buri gitondo, ku manywa na nijoro, igihe muzacyumva muzagira ubwoba bukabije.


Uhoraho, tugirire impuhwe! Turakwiringiye. Utubere imbaraga buri gitondo, n’agakiza igihe cy’amage.


Ngaho nimuvuge ingingo zanyu, muzibonere na gihamya; ndetse tujye n’inama ! Ni nde wamenyekanyije ibyo ngibyo mu bihe byahise, akaba yarabitangaje kuva kera na kare ? Si jyewe Uhoraho? Kandi nta yindi mana ibaho uretse jye. Koko nta yindi mana y’ukuri kandi itanga umukiro ibaho, uretse jyewe jyenyine.


Nyagasani Uhoraho yampaye ururimi, ambwira icyo mvuga kugira ngo menye kuramira uwarushye. Buri gitondo arankangura, akanyigisha gutega amatwi nk’abigishwa.


Muryango wa Dawudi, Uhoraho avuze atya: Buri gitondo mujye muca imanza zitabera, uryamirwa mumukize ingoyi y’umurenganya! Naho ubundi uburakari bwanjye buzagurumana nk’umuriro, utwike ku buryo nta n’umwe ushobora kuwuzimya kubera ibikorwa byanyu byuzuye ubugome.


Ibyo byatumye imvura itagwa, ndetse n’iyo mu itumba irabura, ariko wowe wakomeye ku busambanyi bwawe, ntibwagutera isoni.


Bakozwe n’ikimwaro kubera amarorerwa bakora, nyamara nta mpungenge bibatera, ngo bazirikane ko bitesheje agaciro! Kubera iyo mpamvu, bazarimbuka nk’abandi bose, bakazatemba, igihe nzaba mbahagurukiye. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Mbese hari ikimwaro bagize kubera amarorerwa bakora? Oya, nta mpungenge bibatera, ngo bazirikane ko bitesheje agaciro! Kubera iyo mpamvu, bazarimbuka nk’abandi bose; bakazatemba, igihe nzaba mbibaryoza. Uwo ni Uhoraho ubivuze. (Uhoraho:)


ahubwo ineza ye ayivugurura uko bukeye, ubudahemuka bwe ntibugira urugero!


Muravuga kandi muti ’Imigenzereze ya Nyagasani ntitunganye.’ Tega amatwi rero, muryango wa Israheli: mbese koko imigenzereze yanjye yaba ari yo idatunganye? Cyangwa se imigenzereze yanyu ni yo idatunganye?


Umuzenguruko wose w’umugi ukazagira imikono ibihumbi cumi n’umunani. Kuva uwo munsi kandi, umugi ukazitwa ’Uhoraho arahibereye.’»


Efurayimu izavuga iti «Ndacyahuriye he n’ibigirwamana!» Ni koko ndayumva kandi nkayitaho, meze nk’umuzonobari utohagiye, ni jyewe ukesha umusaruro.


Ni cyo gitumye rero mbahanisha abahanuzi, nkabicisha amagambo avuye mu kanwa kanjye, kandi urubanza rwanjye rukazabagwa gitumo nk’urumuri;


Abatware bayo baraca imanza ari uko babonye ruswa, abaherezabitambo bayo barigishiriza kuronka inyungu, abahanuzi bayo barahanura ari uko bahawe feza. Kandi bagatinyuka kwishingikiriza Uhoraho, bavuga bati «Uhoraho ari muri twe, icyago ntikizatugwirira!»


Ngomba kwihanganira uburakari bw’Uhoraho, kuko ari we nacumuyeho, kugeza igihe azamburanira, akansubiza uburenganzira bwanjye. Azangarura mu rumuri, nzatangarire ubutabera bwe.


Ni kuki ungaragariza ubuhemu, waba se ushyigikiye ubushikamirwe? Nta kindi nkibona kitari ukurimbuka n’urugomo, ahantu hose hari impaka n’amahane!


Nimwisuganye, bantu mutagira isoni, ngaho nimwisuganye,


Abasigaye bo muri Israheli ntibazongera gucumura ukundi, cyangwa ngo bavuge ibinyoma; ururimi rubeshya ntiruzongera kumvikana ku kanwa kabo, ahubwo bazarya kandi baruhuke nta we ubatera intugunda.


Uhoraho yakuvanyeho imanza zari zigushikamiye, yirukanye abanzi bawe! Umwami wa Israheli, Uhoraho ubwe, akurimo rwagati; ntuzongera ukundi gutinya icyago.


Uhoraho Imana yawe akurimo rwagati, ni we Ntwari ikiza! Azishima cyane ku mpamvu yawe, mu rukundo rwe azakuvugurura; azabyina kandi azarangurure ijwi kubera wowe,


Ngo nubure amaso ndabonekerwa: mbona umuntu ufashe mu kiganza inago yo gupimisha.


Ishime unezerwe, mwari w’i Siyoni! Urangurure urwamo rw’ibyishimo, mwari w’i Yeruzalemu! Dore umwami wawe aragusanze, ni intungane n’umutsinzi, aroroshya kandi yicaye ku ndogobe, ku cyana cy’indogobe kikiri gitoya.


Arongera ati «Nta kintu gihishe kitazagaragara, nta n’igihishiriwe kitazamenyekana.


Noneho rero, kuko wanangiye umutima wawe ukanga kwicuza, urihunikira uburakari bwa wa munsi w’uburakari Imana izahishura ko ica imanza zitabera,


mu gihe yabyihanganiraga. Ubu ngubu rero igaragaza ubutungane bwayo kugira ngo ibe intungane, kandi ihe kuba intungane ugengwa no kwemera Yezu.


Namwe rero ntimugace imanza igihe kitaragera, mutegereze ko Nyagasani azaza, agashyira ahabona ibihishwe mu mwijima, akanatangaza ibyo umutima ubundikiye. Ubwo ni bwo Imana izaha buri wese ishimwe rimukwiye.


Mu bintu byawe, uzabe ufitemo n’igihosho, maze nujya hanze kwituma, ugicukuze umwobo, nyuma uze gutwikira imyanda yawe.


Ni urutare, ibyo akora biba bitunganye rwose, uburyo bwe bwose buraboneye. Ni Imana izira guhemuka, kandi itarenganya, ni intabera n’intagorama.


Niba mwiyambaza Imana nk’Umubyeyi wanyu, Yo itagira aho ibogamira, kandi igacira buri muntu urubanza ikurikije ibikorwa bye, nimugendere mu gitinyiro igihe cyose muri ku isi;


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan