Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zefaniya 3:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Uwo munsi ntuzaba ukimwazwa n’ibikorwa bibi byose wankoreye, kuko icyo gihe nzaba nakuvanyemo abirasi bikuza, bityo ukazarekera aho kwiyemera ku musozi wanjye mutagatifu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Uwo munsi Isirayeli we, imirimo yawe yose wankoreye ukancumuraho ntizagukoza isoni, kuko ubwo nzaba nkuvanyemo abibone bīrātaga, kandi ntuzongera kwishyira hejuru ku musozi wanjye wera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 “Bwoko bwanjye, uwo munsi nzabamaramo abuzuye ubwirasi, ntimuzongera kungomera i Siyoni, wa musozi nitoranyirije, bityo ntimuzaterwa isoni n'ibyo mwancumuyeho byose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 “Bwoko bwanjye, uwo munsi nzabamaramo abuzuye ubwirasi, ntimuzongera kungomera i Siyoni, wa musozi nitoranyirije, bityo ntimuzaterwa isoni n'ibyo mwancumuyeho byose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zefaniya 3:11
29 Iomraidhean Croise  

Indirimbo y’amazamuko. Iri mu zo bitirira Dawudi. Uhoraho, umutima wanjye nta cyo wakwiratana, n’amaso yanjye nta cyo arangamiye; nta bwo ndarikiye ubukuru, cyangwa ibintu by’agatangaza bindenze.


Amatwi yanjye ahugukiye kumva umugani, igiteye inkeke ngisobanuze umurya w’inanga.


Wihutiraho ngo ubice, ejo umuryango wanjye utava aho ubyibagirwa, ahubwo imbaraga zawe nizibatigise, zibacishe bugufi, Nyagasani, ngabo yacu nikingira!


Nta we uzaba akigira nabi, cyangwa ngo akore amahano ku musozi wanjye mutagatifu, kuko igihugu kizasakarwamo n’ubumenyi bw’Uhoraho, nk’uko amazi yuzura inyanja!


Kuko hazabaho umunsi, Uhoraho, Umugaba w’ingabo, yigeneye, wo gucira imanza umuntu wese w’umwirasi, umwibone n’uwikuza, maze bagacishwa bugufi.


Israheli izakizwa n’Uhoraho, kandi azaba ayikijije burundu; mwebwe rero, ntimuteze kuzakorwa n’isoni, ntimuzanagira ikimwaro bibaho.


Abantu bazagomba kwiyoroshya, muntu acishwe bugufi, abikuza bubike amaso.


Wigira ubwoba, kuko utazakorwa n’ikimwaro, wimanjirwa, kuko utazongera gukozwa isoni, ukazibagirwa ikimwaro cyo mu bukumi bwawe, n’umugayo wo mu bupfakazi bwawe ntuwibuke ukundi.


nzabazana ku musozi wanjye mutagatifu, nzatuma bishimira mu Ngoro yanjye bansengeramo. Ibitambo byabo bitwikwa n’andi maturo, bizakirwa ku rutambiro rwanjye, kuko Ingoro yanjye izitwa «Ingoro yo gusengerwamo n’amahanga yose.»


Mwebwe, mwakozwe n’isoni inkubwe ebyiri, mu kigwi cy’ikimwaro, ibyishimo bizababera umugabane; muzabona umunani wikubye kabiri mu gihugu cyanyu, kandi musubirane ibyishimo mwahoranye.


«Uhoraho avuze atya: Nguko uko nzahindanya ubwirasi bwa Yuda, n’ubwirasi bukabije bwa Yeruzalemu:


Nimusigeho kwibeshyeshya amagambo atagira aho ashingiye, muvuga ngo: Ingoro y’Uhoraho! Ingoro y’Uhoraho! Uhoraho ari hano!


Koko rero, umuryango wa Israheli wose uko wakabaye, uko bangana mu gihugu, uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze, bazankorera bari ku musozi mutagatifu, ku musozi muremure wa Israheli; ni ho inzu ya Israheli yose izaba ituye mu gihugu izankorera. Aho ni ho nzongera kubakira kandi nkemera n'ibitambo byanyu, iby'ingenzi mu maturo yanyu n'ibintu mushaka kunyegurira byose.


’Nyagasani Uhoraho aravuze ngo: Dore ngiye guhindanya Ingoro yanjye, yo yabateraga kwiratana imbaraga zanyu, ikaba ibyishimo by’amaso yanyu n’amizero y’imitima yanyu; maze abahungu banyu n’abakobwa banyu mwatereranye bazicishwe inkota.


Abatware bayo baraca imanza ari uko babonye ruswa, abaherezabitambo bayo barigishiriza kuronka inyungu, abahanuzi bayo barahanura ari uko bahawe feza. Kandi bagatinyuka kwishingikiriza Uhoraho, bavuga bati «Uhoraho ari muri twe, icyago ntikizatugwirira!»


Nuko rero biterura kuri Musa na Aroni bavuga bati «Twabarambiwe! Abagize ikoraniro bose ni abatagatifu kandi Uhoraho ari hagati yabo; mwakuye he ububasha bwo kwigira abategetsi b’ikoraniro ry’Uhoraho?»


Kandi ntimwitwaze ngo ’Abrahamu ni we mubyeyi wacu!’ Ndanabiberuriye, ndetse aya mabuye muruzi, Imana ishobora kuyabyutsamo abana ba Abrahamu.


Wowe rero witwa Umuyahudi, ukitwaza amategeko, ukiratana Imana,


nk’uko byanditswe ngo «Dore nshyize muri Siyoni ibuye ry’ubutsikire n’urutare rugusha, ariko uzemera akarushingaho ibirindiro ntazakorwa n’isoni.»


Koko Ibyanditswe bivuga ngo «Dore nshyize muri Siyoni ibuye ry’insanganyarukuta, ibuye ry’indobanure kandi rifite agaciro gakomeye, maze uzaryishingikirizaho wese, ntazakorwe n’ikimwaro.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan