Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zefaniya 2:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Ahubwo, nimushakashake Uhoraho, mwebwe, abiyoroshya bo ku isi mwese, mugakurikiza amategeko ye! Ngaho, nimuharanire ubutungane n’ubwiyoroshye; ahari byazabaviramo kubona aho mwikinga, ku munsi w’uburakari bw’Uhoraho!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Mushake Uwiteka mwa bagwaneza bo mu isi mwese mwe, bakomeza amategeko ye. Mushake gukiranuka, mushake no kugwa neza, ahari muzahishwa ku munsi w'uburakari bw'Uwiteka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Yemwe abicisha bugufi bo mu gihugu mwe, mwebwe mukurikiza ibyemezo Uhoraho yafashe, nimumutakambire. Nimuharanire ubutungane no kwicisha bugufi, ahari Uhoraho azabarokora ku munsi w'uburakari bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Yemwe abicisha bugufi bo mu gihugu mwe, mwebwe mukurikiza ibyemezo Uhoraho yafashe, nimumutakambire. Nimuharanire ubutungane no kwicisha bugufi, ahari Uhoraho azabarokora ku munsi w'uburakari bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zefaniya 2:3
44 Iomraidhean Croise  

Arabasubiza ati «Igihe umwana yari akiri muzima, nasibye kurya kandi ndamuririra, kuko nibwiraga nti ’Ntawabimenya! Wenda Uhoraho yangirira impuhwe, maze umwana akabaho.’


Nimugarukire Uhoraho Nyir’ububasha, mushakashake uruhanga rwe ubudahwema.


Kuko Uhoraho ashimishwa n’umuryango we, ab’intamenyekana akabahaza umukiro.


Nyagasani, ni wowe nzaharira ibisingizo byanjye mu ikoraniro rigari; imbere y’abagutinya, nzubahiriza amasezerano nakugiriye.


Mbega ukuntu ibyiza wageneye abagutinya ari byinshi! Ubiha abo ubereye ubuhungiro bose, kandi ukabibagwizaho rubanda rwose rubyirebera.


Ambara inkota yawe ku itako, wa ntwari we, maze ugendane ishema n’ubukaka!


Igenewe umuririmbisha, ikaririmbwa nk’iyitwa «Witsemba». Iri mu zo bitirira Dawudi, bakayiririmba banihiriza ijwi. Yayihimbiye mu buvumo, igihe yahungaga Sawuli.


Itangazo ryawe ryumvikanira mu ijuru, isi igahindagana maze igatuza,


Umuntu utuye aho Usumbabyose yibera, yikinga mu gacucu k’Ushoborabyose.


muzabasubize muti ’Ni igitambo cya Pasika dutuye Uhoraho; kuko yahise imbere y’ingo z’Abayisraheli igihe bari mu Misiri, akica Abanyamisiri, nyamara akarokora ingo zacu.’» Nuko imbaga irapfukama, barasenga.


Izina ry’Uhoraho ni nk’umunara ukomeye, intungane iwirukiramo ikaba ikize icyago.


Nimwige gukora ikiri icyiza, muharanire ubutabera, murenganure urengana, murwane ku mpfubyi, mutabare umupfakazi.


Intamenyekana azazicira imanza zitabera, azarenganure abakene bo mu gihugu. Umugome azamukubitisha inkoni y’ijambo rye, umwuka wo mu munwa we awicishe umugiranabi.


Umwuka w’Uhoraho urantwikiriye, kuko Uhoraho yantoye akansiga amavuta; yanyohereje gushyira abakene inkuru nziza, komora abafite umutima wamenaguritse, gutangariza imbohe ko zibohowe, n’abapfukiranwaga ko bafunguwe,


Nzagukiza, ntuzicishwa inkota: nunyiringira uzashimishwa n’uko ubuzima bwawe burokotse — uwo ni Uhoraho ubivuze!’»


None wowe ugamije imishinga ihambaye? Ntiwongere no kubirota! Ngiye guterereza amakuba icyitwa ikinyamubiri cyose, ariko wowe nta cyo uzaba aho uzajya hose.’»


Ntimurakazamuka ngo muzibe ibyuho, cyangwa se ngo mwubake inkike y’urugo rw’umuryango wa Israheli, kugira ngo nibura uzabe ukomeye igihe cy’intambara y’umunsi w’Uhoraho.


Nimubiba mukurikije ubutungane, muzasarura imyaka myiza. Nimwitongorere imirima ikiri mishyashya; kuko ari cyo gihe cyo gushakashaka Uhoraho, kugeza ubwo azaza akadusesekazaho ubutungane.


Ubwibone bwa Israheli burayishinja, nyamara ntibagarukira Uhoraho, Imana yabo, n’ubwo babona ibyo byose, nta bwo bamushakashaka!


Ni nde wamenya niba Imana itahindura imigambi, umujinya ugashira mu mutima, maze ntitube tugipfuye?»


«Avuze atya Uhoraho, Umugaba w’ingabo: Ugusiba kurya ko mu kwezi kwa kane, mu kwezi kwa gatanu, mu kwezi kwa karindwi no mu kwezi kwa cumi, inzu ya Yuda kuzayihindukiramo iminsi y’umunezero, y’ibyishimo n’ibirori bihimbaje. Nyamara ariko, nimukunde ukuri n’amahoro!»


Hahirwa abababaye, kuko bazahozwa.


Ikindi kandi, bavandimwe, turabasaba tubinginga muri Nyagasani Yezu ngo mwifate ku buryo bushimisha Imana, nk’uko twabibigishije; ni ko musanzwe mubigenza, ariko noneho nimurusheho.


kandi ni na ko mubikorera abavandimwe bose bo muri Masedoniya yose. Bavandimwe, turabasaba gukomeza kujya mbere;


Mwasukuwe imitima yanyu mwumvira ukuri, kugira ngo mugire urukundo rwa kivandimwe ruzira uburyarya. Nimukundane ubudatezuka n’umutima wanyu wose,


ahubwo imirimbire yanyu ibe iy’imbere mu mutima, imirimbire idashanguka y’umutima utuje kandi ukagwa neza, ufite agaciro kanini mu maso y’Imana.


Ahubwo nimukomeze kujya mbere mu ngabire n’ubumenyi by’Umwami wacu n’Umukiza wacu Yezu Kristu. Nahabwe ikuzo ubu ngubu n’iteka ryose. Amen!


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan