Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zefaniya 1:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Nzatsemba aburira hejuru y’amazu kugira ngo bapfukamire ingabo zo mu ijuru, kimwe n’abapfukamira Uhoraho, bakirahira imana yabo Milikomu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 n'abasenga ingabo zo mu ijuru bari hejuru y'amazu yabo, n'abasenga barahira Uwiteka bakagerekaho na Milikomu,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Nzatsemba abajya hejuru y'inzu bagasenga inyenyeri, nzatsemba n'abansenga bakanyirahira bambangikanyije na Milikomu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Nzatsemba abajya hejuru y'inzu bagasenga inyenyeri, nzatsemba n'abansenga bakanyirahira bambangikanyije na Milikomu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zefaniya 1:5
30 Iomraidhean Croise  

Kuko bantaye bakajya kuramya Ashitoreti, ikigirwamanakazi cy’Abasidoni, na Kemoshi, ikigirwamana cya Mowabu, na Milikomu, ikigirwamana cya bene Hamoni, kandi bakaba bataragendeye mu nzira zanjye, ngo bakore ibitunganiye amaso yanjye, bitondere amategeko n’imico yanjye nk’uko se Dawudi yabigenzaga.


Salomoni ayoboka Ashitoreti, imanakazi y’Abasidoni, na Milikomu, ishyano ry’Abahamoni.


Eliya yegera rubanda rwose maze aravuga ati «Muzahereza he gucumbagirira ku maguru yombi? Niba Uhoraho ari we Mana, nimumukurikire; niba kandi ari Behali, abe ari we mukurikira!» Ariko abantu ntibagira ijambo na rimwe bamusubiza.


Ubundi kandi ntibibagiwe gusenga Uhoraho, bituma bafata bamwe muri bo babagira abaherezabitambo b’ahirengeye, kugira ngo bajye bahaturira ibitambo mu kigwi cyabo.


Ariko, n’ubwo basengaga Uhoraho, ntibyababujije gukomeza gukorera imana zabo nk’uko amahanga bari bimuwemo yabigenzaga.


Bityo rero, ayo mahanga yatinyaga Uhoraho atanirengagije gukorera ibigirwamana byayo. Uko abasekuruza babo bakoze, ni ko abana n’abuzukuru babo bagikora kugeza na n’ubu.


Umwami asenya intambiro abami ba Yuda bari barubatse hejuru y’inzu ya Akabu, asenya n’intambiro Manase yari yarubatse mu bikari byombi by’Ingoro y’Uhoraho; umuyonga wazo awukurayo, ajya kuwujugunya mu mugezi wa Sedironi.


Iteka ryaciriwe ku kibaya cy’ibonekerwa. Ubaye ute se, wa mugi we? Ni iki gitumye abagutuye bose bazamuka ahitaruye hejuru y’amazu?


Umwe azavuga ati «Neguriwe Uhoraho», undi azitwe izina rya Yakobo, undi na we yandike ku kiganza cye, ati «Ndi uw’Uhoraho», kandi yihimbe izina rya Israheli.


Jyewe ubwanjye, narabirahiriye, n’ibiturutse mu kanwa kanjye ni ukuri, ijambo ryanjye ntirivuguruzwa: icyitwa ivi cyose kizamfukamira, n’icyitwa ururimi cyose kinyirahire kiti


Nzu ya Yakobo, nimutege amatwi ibi ngibi, mwebwe abitwa izina rya Israheli, mukaba mukomoka ku rubyaro rwa Yuda, mwebwe abarahirisha izina ry’Uhoraho, mukanitabaza Imana ya Israheli, ariko mu bitari ukuri no mu bidatunganye.


Nibitoza kwitwara neza nk’umuryango wanjye, bakageza aho barahira izina ryanjye bati «Mu izina ry’Uhoraho muzima», mbese bakagenza nk’uko bigishije umuryango wanjye kurahira mu izina rya Behali, bityo bazashobora gutura mu muryango wanjye rwagati.


Bazahumanya amazu y’i Yeruzalemu n’ay’abami ba Yuda, ahinduke nka Tofeti; ni koko ayo mazu yose batwikiraho ibitambo basenga ibinyarumuri byo mu kirere, bakanayamishaho ibitambo biseswa baramya izindi mana, azahumana uko angana.’»


Abakalideya bagose uyu mugi bazawinjiramo bawutwike; ukongokane n’ibisenge by’amazu batwikiragaho amaturo ya Behali, n’ibyo baturiragaho ibitambo biseswa basenga ibigirwamana kugira ngo banshavuze.


Niba kandi urahiye mu izina ry’Uhoraho muzima, ukabikora mu kuri, mu buryo butunganye no mu butabera, ubwo amahanga yose azamperwamo umugisha kandi azakurizwa muri jye.


Uhoraho abwiye atya Abahamoni : Ese Israheli nta bahungu ifite? Ese nta bagenerwamurage ifite? None se ni kuki Milikomu yegukanye igihugu cya Gadi, n’umuryango we ugatura mu migi yaho?


Iyo barahira baravuga ngo «Turahiye Uhoraho muzima!», kandi indahiro zabo ari ibinyoma.


Ubwo se ibyo byose nabirengaho nkakubabarira? Abahungu bawe barantaye, ahubwo bakarahira mu izina ry’ibigirwamana. Narabagaburiye barahaga, nyamara bo bohoka mu busambanyi, bakabyiganira ku nzu y’indaya.


nimurangiza munze imbere muri iyi Ngoro yitiriwe izina ryanjye, muvuga ngo «Turakijijwe!», maze nyuma mwongere mwikorere ayo marorerwa yose?


Ubwo se muziba, mwice, musambane, murahire mu binyoma, mutwikire Behali ibitambo, mwiruke inyuma y’ibigirwamana bitigeze bibitaho,


Bazayadendeza imbere y’izuba, y’ukwezi n’imbere y’ibindi binyarumuri byo mu kirere, byo bacuditse na byo, bakabigaragira, bakabikurikira, bakabigisha inama ndetse bakanabipfukama imbere. Ayo magufa, ntazarundarundwa ngo ahambwe; azahama aho afumbire ubutaka.


Umutima wabo ni ibinyoma bisa, none bagiye kubiryozwa. Uhoraho ubwe agiye gusenya intambiro zabo no guhirika inkingi zabo.


Israheli rero, nuramuka wigize indaya, Yuda ntakagenze nkawe! Ntimukajye i Giligali cyangwa ngo muzamuke i Betaveni, kandi ntimukavuge ngo «Nkurahije Uhoraho Muzima!»


Ahubwo muzaheka Sakuti umwami wanyu, n’inyenyeri ya Kewani, ikigirwamana cyanyu, ayo mashusho mwikoreye ubwanyu.


Nta wushobora gukorera ba shebuja babiri: azanga umwe akunde undi, cyangwa azibanda kuri umwe, asuzugure undi. Ntimushobora gukorera Imana na Bintu.


Bukeye bw’uwo munsi, ba bantu bakiri mu nzira ahajya kwegera umugi, ubwo na Petero akaba yazamutse ajya ahitaruye hejuru y’igisenge cy’inzu gusenga; hari nka saa sita.


Kuko byanditswe ngo «Ndahiye ubuzima bwanjye— uwo ari Nyagasani ubivuga — icyitwa ivi cyose kizampfukamira, n’icyitwa ururimi cyose kizamamaze Imana.»


Uzatinye Uhoraho Imana yawe kandi umukorere, abe ari we wihambiraho, izina rye abe ari ryo urahira.


Uramenye ntuzararame ureba ku ijuru, ngo witegereze izuba, ukwezi cyangwa inyenyeri, n’ibindi byose bitatse ijuru, maze ngo utwarwe, ubipfukamire ubiramya. Koko rero, ibyo ni ibintu Uhoraho Imana yawe yahaye abantu bose bari mu nsi y’ijuru;


Ntimukagendererane n’abo banyamahanga basigaye muri mwe, ntimukagire icyo musaba imana zabo, ntimukarahire mu izina ryazo, ntimukazikorere kandi ntimukazipfukamire.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan