Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Zefaniya 1:13 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

13 Nuko rero, ubukungu bwabo buzagabizwa abasahuzi, n’amazu yabo asenywe; bubatse amazu ariko ntibazayaturamo, bahinze imizabibu, ariko ntibazanywa divayi yayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

13 Kandi ubutunzi bwabo buzagenda ho iminyago, n'amazu yabo azaba imisaka. Ni ukuri bazubaka amazu ariko ntibazayabamo, kandi bazatera inzabibu na zo ntibazanywa vino yazo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

13 Umutungo wabo uzasahurwa, amazu yabo azasenyuka. Abazubaka amazu ntibazayaturamo, abazatera imizabibu ntibazanywa divayi yayo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

13 Umutungo wabo uzasahurwa, amazu yabo azasenyuka. Abazubaka amazu ntibazayaturamo, abazatera imizabibu ntibazanywa divayi yayo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Zefaniya 1:13
24 Iomraidhean Croise  

Nuko ndabaza nti «Ibyo se bizageza ryari Nyagasani ?» Aransubiza ati «Kugeza ubwo imigi izaba yatsembwe, nta bayituye, amazu atakirimo umuntu n’umwe, n’ubutaka bwarahindutse umushike.


Ubukungu bwawe n’umutungo wawe, Yuda, byose mbigabije ababisahura. Icyo ni cyo gihembo cy’ibyaha byawe wakwije mu gihugu cyawe.


Baturage ba Yuda mwe, ubukungahare bwanyu n’umutungo wanyu wose, nzabitegeza ababinyaga, kubera ibyaha mwakoreye mu masengero y’ahirengeye, aho ari hose, mu gihugu cyanyu.


Haravugwa ibyago by’inkurikirane! Ni koko, igihugu cyose kirarimbutse. Dore ingando yanjye yarimbutse, amahema yanjye yasenyutse mu kanya gato.


Intare yavumbutse mu kibira; umurimbuzi w’amahanga arahagurutse, avuye iwe azanywe no guhindura igihugu cyawe itongo. Imigi yawe izatwikwa, abayituye bayicikemo.»


Bazatsemba ibyawe byose: imisaruro yawe n’imigati yawe, abahungu n’abakobwa bawe, batsembe amatungo magufi n’amaremare, imizabibu yawe n’imitini yawe. Igihe bazaba baje n’inkota zabo, bazasenya imigi ikomeye, wari wiringiye ko nta cyayigutereramo.


Niba hari umuhanga uriho, niyumve, kandi yamamaze ijambo yabwiwe n’Uhoraho. Ni kuki igihugu cyayogojwe, kigakongoka nk’ubutayu butagendwa?


Bagore, nimwumve ijambo ry’Uhoraho! Amatwi yanyu niyakire ijambo rivuye mu kanwa ke! Nimutoze abakobwa banyu iyi ndirimbo y’amaganya, maze namwe muyigishe bagenzi banyu, mugira muti


Umurage wacu wigaruriwe n’abanyamahanga, amazu yacu agabizwa abantu tutazi.


Nuko bituma mbamariraho umujinya wanjye — uwo ni Nyagasani Imana ubivuze — mbatsembesha umuriro w’uburakari bwanjye mbahora iyo myifatire mibi yabo.’»


Feza yabo bazayinyanyagiza mu mihanda na zahabu yabo ihindane; ari zahabu cyangwa feza yabo, nta kizashobora kubakiza umunsi w’uburakari bw’Uhoraho. Ntibazongera guhaga cyangwa kurengwa ukundi, kuko ari byo byari imvano y’ugucumura kwabo.


Ngiye kuyigabiza abanyamahanga, bayisahure n’abajura bo mu gihugu bayitwareho iminyago, babanje kuyandavuza.


Nzazana abanyamahanga b’abagome bigarurire amazu yabo, ncubye ubwirasi bw’abanyamaboko n’ingoro zabo nzihumanye.


Ubwo rero muryamira umutindi mukamutwara umugabane we w’ingano, ayo mazu mwubakishije amabuye abaje, ntimuzayabamo; iyo mizabibu myiza mwateye ntimuzanywa divayi yayo.


Ni cyo gituma Siyoni izahingwa nk’umurima, Yeruzalemu igahinduka amatongo, bitewe namwe, umusozi wubatseho Ingoro ugapfukiranwa n’ibihuru.


Uzatera imbuto ariko ntuzasarura, uzakamura imizeti ariko ntuzisiga amavuta yayo, uzenga imizabibu ariko ntuzanywa divayi.


Uwo munsi nzahana abazamuka amadarajya (y’umwami), maze inzu y’umutegetsi wabo bakayuzuza ibivuye ku rugomo no ku buhendanyi.


Uzisabira umugeni, arongorwe n’undi; uziyubakira inzu, woye kuyitahamo; uziterera umuzabibu, woye kurya imbuto zawo zeze mbere.


Uzatera imizabibu uyihingire, ariko ntuzanywa divayi yayo; ndetse ari byo ntuziyumya ujya gusoroma imbuto zayo, kuko udusimba tuzarya byose.


Rizarya amatungo yawe, n’imyaka yo ku butaka bwawe, kugeza igihe uzarimbukira; nta cyo rizagusigira ku myaka yawe y’impeke cyangwa kuri divayi yawe nshya, cyangwa ku mavuta yawe y’imizeti, cyangwa ku nka zawe zihaka cyangwa ku ntama zawe zonsa, kugeza igihe rizakurimburira.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan