Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yuda 1:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Ni kuri ubwo buryo abo bantu na bo, mu busazi bwabo, bahindanya umubiri wabo, bagasuzugura Ubutegetsi bw’Imana kandi bagatuka Abakujijwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Uko ni ko na ba bandi b'abarosi bonona imibiri yabo, bagasuzugura gutegekwa bagatuka abanyacyubahiro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Na ba bandi ni ko babigenza: bagira inzozi zituma bangiza imibiri yabo, bagasuzugura ubutegetsi ubwo ari bwo bwose, ndetse bagatuka ibyitwa Ibinyakuzo byo mu ijuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Na ba bandi ni ko babigenza: bagira inzozi zituma bangiza imibiri yabo, bagasuzugura ubutegetsi ubwo ari bwo bwose, ndetse bagatuka ibyitwa Ibinyakuzo byo mu ijuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yuda 1:8
23 Iomraidhean Croise  

Ahubwo Imana izi ko umunsi mwaziriyeho, amaso yanyu azahumuka, maze mukamera nk’Imana, mukamenya icyiza n’ikibi.»


Uzaze kuntura bidatinze ibingenewe mu musaruro wawe n’umutobe w’imizabibu yawe. Uzanture imfura mu bahungu bawe;


Hari ubwoko bw’abantu buvuma se, batigeze kwifuriza nyina umugisha;


Ijisho ry’umuntu useka se, akannyega ubukecuru bwa nyina, ibikona byo mu gasozi bizaritobagura, maze ibyana bya kagoma biriyongobeze.


Ntuzigere uvuma umwami, haba no mu bitekerezo; nuba unaryamye mu nzu yawe ntuzavume umukire, kuko n’akanyoni ko mu kirere kagutwara ijambo, rigatangira kuguruka nta mababa.


Nuko rero biterura kuri Musa na Aroni bavuga bati «Twabarambiwe! Abagize ikoraniro bose ni abatagatifu kandi Uhoraho ari hagati yabo; mwakuye he ububasha bwo kwigira abategetsi b’ikoraniro ry’Uhoraho?»


Yahagera igasanga ikubuye, iteguye.


Mu gihe bazabajyana mu masengero imbere y’abacamanza n’abategetsi, ntimuzibaze uko muziburanira, n’amagambo muzavuga,


Ariko abaturage be baramwangaga, maze bamukurikiza intumwa zo kuvuga ngo ’Ntidushaka ko uriya atubera umwami!’


Pawulo arabasubiza ati «Bavandimwe, nta bwo nari nzi ko ari umuherezabitambo mukuru, kuko byanditswe ngo ’Ntugatuke umutware w’umuryango wawe.’»


Ariko uwarenganyaga mugenzi we asunika Musa, avuga ati ’Ni nde wakugize umutware n’umucamanza wacu?


Ariko abasekuruza bacu banga kumwumvira, baramuhigika maze bifuza kwisubirira mu Misiri!


Nihagira rero usenya ingoro y’Imana, Imana na we izamusenya. Kuko ingoro y’Imana ari ntagatifu, kandi iyo ngoro ni mwebwe.


Ni na yo mpamvu usuzugura aya mategeko, atari umuntu aba asuzuguye, ahubwo aba asuzuguye Imana yabashyizemo Roho Mutagatifu wayo.


ibyomanzi, abiyandarika, abacuruza abantu, ababeshyi n’abarahirabinyoma, n’abandi bose bakora ibitambamiye inyigisho zitunganye,


Nimwumvire abayobozi banyu kandi mubashobokere, kuko ari bo bashinzwe roho zanyu kandi bakazazibazwa. Bityo bazashobora kubikorana ibyishimo, aho kubikora binuba, kuko ibyo nta kamaro byabagirira.


Nimwubahe abantu bose, mukunde abavandimwe banyu, mutinye Imana kandi muhe umwami icyubahiro.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan