Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yuda 1:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Koko, mwasesewemo n’abantu banditsweho ubucibwe kuva kera kose; ni abagomeramana bahindanya ineza y’Imana, bakigira ibyomanzi, kandi bakihakana Umutegetsi wacu umwe rukumbi, Umwami wacu Yezu Kristu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Kuko hariho bamwe baseseye muri mwe rwihishwa bagenewe kera gucirwa ho iteka: ni abantu batubaha Imana, bahindura ubuntu bw'Imana yacu isoni nke, bakihakana Yesu Kristo ari we wenyine Databuja n'Umwami wacu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Hari abantu basuzuguye Imana baseseye muri mwe rwihishwa. Ibyerekeye ubuntu tugirirwa n'Imana yacu babihindura ukundi, kugira ngo bishyigikire ubwomanzi bwabo kandi bagahinyura Umwami wacu Yezu Kristo, ari we databuja umwe rukumbi. Iteka bazacirwa ryanditswe kuva kera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Hari abantu basuzuguye Imana baseseye muri mwe rwihishwa. Ibyerekeye ubuntu tugirirwa n'Imana yacu babihindura ukundi, kugira ngo bishyigikire ubwomanzi bwabo kandi bagahinyura Umwami wacu Yezu Kristo, ari we databuja umwe rukumbi. Iteka bazacirwa ryanditswe kuva kera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yuda 1:4
32 Iomraidhean Croise  

Imyuzure y’urupfu yarantangatanze, n’ibidendezi bya Beliyali birangota.


Hahirwa umuntu udakurikiza inama y’abagiranabi, akirinda inzira y’abanyabyaha, kandi ntiyicarane n’abaneguranyi,


Imbere y’Imana yonyine, umutima wanjye ni ho ugubwa neza; agakiza kanjye, ni yo gakomokaho.


Ariko igihe abantu basinziriye, umwanzi we araza, abiba urumamfu hagati y’ingano, nuko arigendera.


Ubwo bugingo bw’iteka ni ukukumenya, wowe Mana imwe y’ukuri, no kumenya uwo watumye Yezu Kristu.


Ngo agereyo, abona ineza Imana yari yabagiriye, biramushimisha. Nuko arabihanangiriza ngo bizirike kuri Nyagasani babikuye ku mutima.


Twumvise ko bamwe muri twe bababwiye amagambo yo kubakangaranya no kubakura umutima, kandi tutigeze tubatuma.


nyamara ariko hari indyarya ziyita abavandimwe zitwihishamo ngo zitubuze ubwigenge bwacu twifitiye muri Kristu Yezu, bityo ngo zidusubize mu bucakara.


Mwebweho, bavandimwe, mwahamagariwe ubwigenge. Gusa rero ubwigenge ntibukabere umubiri urwitwazo, ahubwo umwe abere undi umugaragu mugirirana urukundo.


Ubwo rero ntituzaba tukiri abana basabayangwa, maze ngo twangaranwe n’umuyaga ubonetse wose w’inyigisho ziturutse ku buhendanyi bw’abantu no ku buriganya bwabo bubayobya.


Niba umuntu atita kuri bene wabo, cyane cyane ku bo babana mu rugo, uwo aba yarihakanye ukwemera; arutwa n’utemera na gato.


nituba intwari hamwe na We, tuzima ingoma hamwe na We; nitumwihakana, na We azatwihakana;


Ndetse n’ubu, bene abo babarimo; navuga nk’abacengera mu ngo, bagashuka abagore b’abapfayongo baheranywe n’ibyaha, bagatwarwa n’ingeso mbi zose,


Nimubeho nk’abantu bigenga, ariko ntimukoreshe ubwo bwigenge muhishira ubugome bwanyu, ahubwo mubeho nk’abagaragu b’Imana.


ariko kandi ribabera ibuye basitaraho n’urutare batembaho.» Barisitaraho kuko banze kwemera ijambo ry’Imana, kandi ni na cyo bagenewe.


Niba se byaranditswe ngo «Intungane ikizwa biruhanyije», hazacura iki ku mugome n’umunyabyaha?


abo aheraho mbere na mbere, ni abatwarwa n’irari ribi ry’umubiri, maze bagahinyura ubutegetsi bw’Imana. Abo biyemera, bagashira isoni, ntibatinya no gutuka Abakujijwe;


Irongera irokora intungane Loti, wari washavujwe n’imibereho y’abo bagome b’ibyomanzi;


Naho ku byerekeye ijuru n’isi biriho ubu ngubu, iryo Jambo nyine ribizigamiye umuriro, bikaba birindiriye umunsi w’urubanza n’uw’ukurimbuka kw’abagomeramana.


Ni nde mubeshyi, atari uhakana ko Yezu ari Kristu? Nguwo Nyamurwanyakristu, uhakana Imana Data, na Mwana.


kugira ngo acire abantu bose urubanza, maze ahane abagomeramana base abaziza ibikorwa byabo bibi, n’amagambo agayitse abanyabyaha batiyubaha bavuze, barwaya Imana.»


Barababwiye bati «Mu bihe bya nyuma hazaduka abantu b’abaneguranyi bazabaho bakurikije ingeso mbi z’ubugomeramana.»


Ni nde utagutinya, Nyagasani, kandi ngo asingize izina ryawe ? Kuko ari wowe wenyine Nyirubutagatifu; amahanga yose azaza, maze apfukame imbere yawe, kubera ko ubucamanza bwawe bwigaragaje.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan