Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yuda 1:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Ni abo ngaba rero! Ni abantu bijimye, bahora bijujuta; bakabaho bakurikije irari ryabo bwite, bakavuga amagambo y’ubwirasi kandi bagacacura abantu babigirira gusa kuronka inyungu yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 Abo ni abitotomba n'ababubura bagenda bakurikiza irari ryabo, akanwa kabo kavuga amagambo atumbyemo agasuzuguro, bubahira abantu kubakuraho indamu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Abo bantu bahora bijujuta kandi binuba, bagengwa n'irari ryabo. Bahora mu magambo y'ubwirasi, kandi bakaryoshyaryoshya abo bashakaho inyungu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Abo bantu bahora bijujuta kandi binuba, bagengwa n'irari ryabo. Bahora mu magambo y'ubwirasi, kandi bakaryoshyaryoshya abo bashakaho inyungu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yuda 1:16
38 Iomraidhean Croise  

Kandi rero, nta we ndi bubere, cyangwa ngo muhakirizweho,


Nta bwo arengera abatware, ntabera umukire ngo arenganye umukene, kuko bose ari we wabaremye.


bijujutira mu mahema yabo, ntibumvira ijwi ry’Uhoraho.


Uwo muntu arebana agasuzuguro uwigize ruvumwa, maze akubaha abatinya Uhoraho; icyo yarahiriye, n’aho cyamugwa nabi, nta bwo yivuguruza.


Umutima wabo wapfukiranywe n’ibinure, umunwa wabo ukavugana agasuzuguro.


Barannyegana, bakavugana ububisha, bigamba uko bari buhemuke;


Nta bwo ari byiza kubera umuntu mu rubanza, ariko hari abacumura batyo kubera igisate cy’umugati.


Imitima yahabye izahabuka, n’abatavaga ku izima bemere kwigishwa.


Nimuca imanza ntimukaziyobye, ngo mubere umukene cyangwa umukire, ahubwo mujye mukiranura bagenzi banyu mukurikije ubutabera.


Ba bagabo Musa yari yohereje gutata cya gihugu, bagahindukira bagisebya, bakanamuteza imbaga yose,


Ubwo ni icyo cyatumye, wowe n’abantu bawe, mwishyira hamwe mukiterura kuri Uhoraho! Aroni se we ni muntu ki kugira ngo mumwijujuteho?»


Abafarizayi n’abigishamategeko batangira kwijujuta, bavuga bati «Uyu muntu ko yakira abanyabyaha akanasangira na bo!»


Ababibonye bose barijujuta, baravuga bati «Yagiye gucumbika ku munyabyaha!»


Abafarizayi n’abigishamategeko babo bijujutira abigishwa be bababwira bati «Kuki murya kandi mukanywera hamwe n’abasoresha n’abanyabyaha?»


Nuko Abayahudi barijujuta, bitewe n’uko yari yavuze ati «Ndi umugati wamanutse mu ijuru.»


Yezu amenya ko abigishwa be bijujutiye ayo magambo, arababwira ati «Mbese ibyo birabatsitaje?


Ntimukitotombe, nk’uko bamwe muri bo binubye, maze Umunyacyorezo akaboreka.


Mureke mbabwire: Roho nabayobore, ni bwo mutazakora ibyo umubiri urarikira.


Aba Kristu Yezu babambye ku musaraba umubiri wabo n’ingeso mbi ndetse n’irari.


mwitotombera mu mahema yanyu muvuga, ngo «Kuba Uhoraho atwanga ni cyo cyatumye atuvana mu gihugu cya Misiri! Ngo kwari ukugira ngo atugabize Abahemori maze baturimbure!


Mukore byose mutinuba kandi mutagingimiranya,


yange gutwarwa n’irari nk’abanyamahanga batazi Imana.


n’impaka z’urudaca ziterwa n’abantu bararutse umutima, batakimenya ukuri, kandi bakibwira ko ubusabaniramana ari uburyo bwo kwishakira inyungu.


Kuko hazaza igihe abantu batazihanganira inyigisho ziboneye, ahubwo bakurikije irari ryabo, n’ubukirigitwa bw’amatwi yabo, bakazikoranyirizaho umukumbi w’abigisha,


Nimube nk’abana bumvira, mureke gukurikiza irari mwari mufite kera, mukiri mu bujiji;


Nkoramutima zanjye, mwebwe muri nk’abagenzi n’abanyamahanga, ndabasaba ngo mwirinde irari ry’umubiri rirwanya umutimanama.


kugira ngo abeho adakurikije irari ry’abantu, ahubwo agakora icyo Imana ishaka, igihe cyose ashigaje kubaho mu mubiri.


abo aheraho mbere na mbere, ni abatwarwa n’irari ribi ry’umubiri, maze bagahinyura ubutegetsi bw’Imana. Abo biyemera, bagashira isoni, ntibatinya no gutuka Abakujijwe;


Koko rero, bungikanya ibigambo bitagira shinge na rugero, maze ibyifuzo bibi by’umubiri bigatuma bashukashuka abari bakimara kwitandukanya n’abantu bakiri mu mafuti.


Mbere na mbere, mumenye ko mu minsi ya nyuma hazaduka abaneguranyi batagira icyo bemera, bakurikira gusa irari ryabo bwite,


kugira ngo acire abantu bose urubanza, maze ahane abagomeramana base abaziza ibikorwa byabo bibi, n’amagambo agayitse abanyabyaha batiyubaha bavuze, barwaya Imana.»


Barababwiye bati «Mu bihe bya nyuma hazaduka abantu b’abaneguranyi bazabaho bakurikije ingeso mbi z’ubugomeramana.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan