Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yuda 1:15 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 kugira ngo acire abantu bose urubanza, maze ahane abagomeramana base abaziza ibikorwa byabo bibi, n’amagambo agayitse abanyabyaha batiyubaha bavuze, barwaya Imana.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 kugira ngo agirire bose ibihura n'amateka baciriwe ho, no kwemeza abatubaha Imana bose ukuri kw'imirimo yose yo kutubaha Imana bakoze batubaha Imana, n'amagambo yose akomeye abanyabyaha batubaha Imana bayitutse.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 aje gucira abantu bose urubanza no gushinja abatubaha Imana bose, ibyo bakoze byose byo kuyisuzugura n'ibitutsi abanyabyaha bayitutse!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 aje gucira abantu bose urubanza no gushinja abatubaha Imana bose, ibyo bakoze byose byo kuyisuzugura n'ibitutsi abanyabyaha bayitutse!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yuda 1:15
35 Iomraidhean Croise  

Dore abanzi bawe bitwaje izina ryawe bagamije kubeshya, bakarivuga bagambiriye kugira nabi.


maze babarangirizeho urubanza rwabaciriwe. Ngiryo ishema ry’abayoboke b’Imana! Alleluya!


Uhoraho, ntunkoze isoni kandi ari wowe niyambaje, ahubwo abagome abe ari bo bakorwa n’ikimwaro, baruce barumire nk’abagiye ikuzimu!


maze ubutungane bwawe abugaragaze nk’umuseke ukebye, n’ubutabera bwawe, bumere nk’amanywa y’ihangu.


imvugo yabo itera no mu ijuru, akarimi kabo kararitse ibyo ku isi.


Bihaye kuvuga bihandagaje, abo bagizi ba nabi, bafite uruvugiro.


imbere y’Uhoraho, kuko aje gutegeka isi; azacira isi urubanza rutabera, arucire n’imiryango mu butarenganya bwe.


Musa arongera ati «Iki kigoroba Uhoraho araza kubaha inyama zo kurya, n’ejo mu gitondo azabahe imigati ibahagije; kuko Uhoraho yumvise umwijujuto wanyu mumwijujutira! Naho se twebwe turi iki? Si twebwe mwijujutira, ahubwo ni Uhoraho ubwe.»


Wa musore we, ishime mu gihe ukibyiruka; maze umutima wawe uguhe ibyishimo mu minsi y’ubuto bwawe. Uzajye aho umutima wawe ukujyanye, n’aho amaso yawe akweretse, ariko umenye ko ibyo byose Imana izabiguciramo urubanza.


Koko rero, Imana izahamagaza ikiremwa cyose, igicire urubanza ku byihishe byose, ari ibyiza ari n’ibibi.


Agasuzuguro wanyeretse karakabije, n’amagambo atagira ingano mwamvuze byose narabyumvise.


Kandi amuha ububasha bwo guca imanza, kuko ari Umwana w’umuntu.


kuko yashyizeho umunsi igomba gucira isi urubanza rutabera, ikoresheje umuntu yabigeneye, nk’uko yahaye bose icyemezo, umunsi imuzura mu bapfuye.»


Wowe rero, ni iki gituma ucira umuvandimwe wawe urubanza ? Cyangwa ni iki gituma usuzugura umuvandimwe wawe ko twese tuzashyikirizwa urukiko rw’Imana ?


Nk’uko nabivuze mu Nkuru Nziza yanjye, bizagaragara umunsi Imana izakoresha Yezu Kristu, Imana igacira urubanza ibyo abantu bahishahisha bakora rwihishwa.


Noneho rero, kuko wanangiye umutima wawe ukanga kwicuza, urihunikira uburakari bwa wa munsi w’uburakari Imana izahishura ko ica imanza zitabera,


Namwe rero ntimugace imanza igihe kitaragera, mutegereze ko Nyagasani azaza, agashyira ahabona ibihishwe mu mwijima, akanatangaza ibyo umutima ubundikiye. Ubwo ni bwo Imana izaha buri wese ishimwe rimukwiye.


Abo hanze ni Imana izabacira urubanza. (Mugenze rero nk’uko byanditswe ngo) «Nimuvane inkozi z’ibibi muri mwe rwagati.»


umuntu akamenya ko Itegeko ritabereyeho intungane, ahubwo ko ryashyiriweho abantu b’ibigande n’ibyigomeke, abananira Imana n’abanyabyaha, inkorashyano n’inkozi z’ibibi, abica ba se cyangwa ba nyina, n’abandi bicanyi,


Ni abo ngaba rero! Ni abantu bijimye, bahora bijujuta; bakabaho bakurikije irari ryabo bwite, bakavuga amagambo y’ubwirasi kandi bagacacura abantu babigirira gusa kuronka inyungu yabo.


Nuko mbona nanone ikindi Gikoko kizamuka ku isi. Cyari gifite amahembe abiri nk’intama, ariko kikavuga nk’Ikiyoka.


Uhamya ibyo ngibyo aravuga ati «Koko, ngiye kuza bidatinze!» Amen, ngwino, Nyagasani Yezu!


Ntimukongere kuvuga amagambo menshi y’ubwirasi, ubutukanyi ntibugasohoke mu munwa wanyu, kuko Uhoraho ari Imana izi byose, kandi agacira imanza ibikorwa by’abantu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan