Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yuda 1:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Abo ni bo banduz isangira ryanyu rya kivandimwe, igihe bakora iminsi mikuru kandi bauzuza inda zabo nta soni bafite. Ni nk’ibicu bitagira amazi bihuherwa n’umuyaga, bakamera nk’ibiti bitagira imbuto kandi ari igihe cy’umwero, ibiti byarandutse kandi byumiranye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Abo ni intaza mu isangira ryanyu ryo gukundana bagisangira namwe ibyiza bigaburira badatinya, ni ibicu bitagira amazi bijyanwa hose n'umuyaga, ni ibiti bikokotse bidafite imbuto, byapfuye kabiri byaranduwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Ni bo baza kwangiza ugusangira kwa kivandimwe mugira, basangira namwe nta cyo bishisha. Ni abashumba birwanaho ubwabo. Ni ibicu bihuherwa n'umuyaga ntibigushe imvura. Ni ibiti bitera imbuto no mu gihe cy'isarura bikumirana, bikanaranduka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Ni bo baza kwangiza ugusangira kwa kivandimwe mugira, basangira namwe nta cyo bishisha. Ni abashumba birwanaho ubwabo. Ni ibicu bihuherwa n'umuyaga ntibigushe imvura. Ni ibiti bitera imbuto no mu gihe cy'isarura bikumirana, bikanaranduka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yuda 1:12
35 Iomraidhean Croise  

ubwo nzabavana mu gihugu nabahaye kandi iyi Ngoro neguriye izina ryanjye nzayijugunya kure imve mu maso, maze izabe iciro ry’imigani n’agashinyaguro mu mahanga yose.


kigashora imizi mu rutare, ndetse no mu mabuye rwagati.


Ameze nk’igiti cyatewe iruhande rw’umugezi, kikera imbuto uko igihe kigeze, kandi amababi yacyo ntagire ubwo arabirana; uwo muntu ibyo akora byose biramuhira.


kuko bagwangara bwangu nk’ibyatsi, bakuma nk’igisambu cyari gitohagiye.


Umuntu uhora asezerana ntagire icyo atanga, asa n’ibicu n’umuyaga bitavamo imvura.


Babwire uti ’Nyagasani Uhoraho aravuze ngo: Mbese aho uwo muzabibu uzakura ube mwiza? Aho iyo kagoma ntizarandura imizi yawo, ikawushikuzaho n’imbuto, ku buryo amashami yose yameraga yuma, ntihabe hagikenewe umunyamaboko, cyangwa imbaga y’abantu, kugira ngo bawurandurane n’imizi?


Nyagasani Uhoraho aravuze ngo: Dore ngiye kwibasira abo bashumba, nzabanyaga amatungo yanjye kandi kuva ubu mbabuze kundagirira, bityo na bo baherukire aho kongera kwiragira ubwabo. Nzavana intama zanjye mu kanwa kabo, ntibazongera kuzirya ukundi.»


Bite se? Ntimwanyuzwe no kurisha mu rwuri rutoshye, ahubwo munyukanyuka ubwatsi busigaye! Ntimwanyuzwe no kunywa amazi y’urubogobogo, ahubwo n’asigaye muyatobesha ibinono byanyu!


«Mwana w’umuntu, hanurira abashumba ba Israheli ibiberekeyeho. Bahanurire ubabwira uti ’Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze: Bariyimbire abo bashumba ba Israheli biragira ubwabo! Mbese ye, ubundi abashumba ntibagomba gukenura ubushyo?


Mbirahiye ubugingo bwanjye — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — kubera ko amatungo yanjye yatejwe abashimusi, agahinduka umuhigo w’inyamaswa z’ishyamba kuko nta mushumba afite, abashumba banjye ntibite ku matungo yanjye, bakiragira ubwabo aho kuragira amatungo yanjye;


— Yewe Efurayimu, nkugenze nte koko? Nawe Yuda, rwose nkugire nte? Urukundo rwanyu ni nk’igihu cya mu gitondo, cyangwa ikime cyumuka ako kanya.


Hari ubwo bakomora ya mabuye, bagaharura icyondo, ndetse bakongera guhoma bundi bushya, ariko bya bibara bikanga bikagaruka kuri ya nzu.


izuba rivuye zirashya, ziruma, kuko zitari zifite imizi.


Yezu ati «Agati kose kadateretswe na Data wo mu ijuru, kazarandurwa.


izuba rivuye zirashya, ziruma kuko zitari zifite imizi.


Naho, uwo mugaragu niyibwira ati ’Databuja aratinze’, maze agatangira gukubita abagaragu n’abaja, akarya, akanywa agasinda,


Habayeho umugabo w’umukungu wambaraga imyambaro myiza y’umuhemba n’iy’imyeru, buri munsi akarya by’agatangaza.


Mwitonde rero, hato imitima yanyu itazatwarwa n’ubusambo, n’isindwe, n’uducogocogo tw’ubuzima, maze uwo munsi ukazabagwa gitumo.


Izindi zigwa mu mabuye; zimaze kumera ziruma, kuko zabuze amazi.


Ubwo rero ntituzaba tukiri abana basabayangwa, maze ngo twangaranwe n’umuyaga ubonetse wose w’inyigisho ziturutse ku buhendanyi bw’abantu no ku buriganya bwabo bubayobya.


Amaherezo yabo ni ukorama; kuko inda yabo bayigize Imana yabo, maze bakikuriza mu byagombaga kubatera isoni, bo baharanira iby’isi gusa.


Naho rero uwikurikiraniye iby’amaraha, we abarirwa mu bapfuye n’ubwo aba agihagaze.


Ntimugatwarwe n’inyigisho z’amoko menshi kandi zitandukira, kuko ikiruta ari uko umutima wakomezwa n’ingabire z’Imana, aho gukomezwa n’ibyo kurya bitagiriye n’akamaro ababiha agaciro.


Kuri iyi si mwibereyeho mu murengwe no mu byishimo, kandi ku munsi batotezaga intungane, ntimwaretse kugwa ivutu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan