Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yoweli 3:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Koko muri iyo minsi, abagaragu n’abaja nzabasenderezamo Umwuka wanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Ndetse n'abagaragu banjye n'abaja banjye nzabasukira ku Mwuka wanjye muri iyo minsi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Icyo gihe nzasuka Mwuka wanjye no ku bagaragu no ku baja.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Icyo gihe nzasuka Mwuka wanjye no ku bagaragu no ku baja.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yoweli 3:2
30 Iomraidhean Croise  

Ku munsi wa kane bateranira mu kibaya kugira ngo bashimire Uhoraho; ni cyo cyatumye aho hantu bahita «ikibaya cy’Umugisha» kugeza n’ubu.


Uhoraho azitwaza umuriro n’inkota, kugira ngo acire abantu imanza: abenshi muri bo bakazicwa n’Uhoraho.


Naho jyewe, nzanywe no gukoranyiriza hamwe amahanga y’indimi zose, kugira ngo azarebe ikuzo ryanjye.


Uhoraho avuze atya: Abagome bose duturanye bigabiza umurage nahaye Israheli, umuryango wanjye, ngiye kubarimbura ku butaka bwabo; abantu ba Yuda na bo, nzabarandura, mbavangure na bo.


Urusaku rwageze no ku mpera z’isi; Uhoraho ashoje urubanza arega amahanga, araburanya icyitwa ikinyamubiri cyose, maze abanyabyaha abagabize inkota, uwo ni Uhoraho ubivuze!»


Uhoraho abwiye atya Abahamoni : Ese Israheli nta bahungu ifite? Ese nta bagenerwamurage ifite? None se ni kuki Milikomu yegukanye igihugu cya Gadi, n’umuryango we ugatura mu migi yaho?


Israheli yari intama iri ukwayo, intare ziyihiga. Umwami w’Ashuru ni we wayanjamye ubwa mbere; hakurikiraho Nebukadinetsari, umwami w’i Babiloni arayihenebereza.


Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze: Kubera ko abantu b’i Mowabu n’ab’i Seyiri bavuze bati «Umuryango wa Yuda wahindutse nk’andi mahanga yose’,


Dore amatungo yanjye arangara ku misozi yose n’ahantu hose hirengeye; yakwiriye imishwaro mu gihugu cyose, nta n’umwe uyitaho, nta n’uwaruhije ayashakashaka.


Kubera ko wavuze uti ’Amahanga yombi n’ibyo bihugu byombi ngiye kubyigarurira bizabe ibyanjye’ kandi Uhoraho ahibereye,


Nuko rero, mwana w’umuntu, hanurira imisozi ya Israheli, uyibwire uti «Misozi ya Israheli, nimutege amatwi iri jambo Uhoraho abagezaho:


Ni yo mpamvu, jyewe Nyagasani Uhoraho, mbirahijwe n’uburakari bungurumanamo, ko ngiye kwibasira ya mahanga yandi na Edomu yose uko yakabaye, bo bansuzuguye bakishimira kwigabiza igihugu cyanjye, ngo bakigarurire, banagisahure.


Nzamuhanisha ibyorezo no kumena amaraso, nzagusha imvura nyinshi n’urubura, umuriro n’umuyaga w’ishuheri bimugwe hejuru, bigwe no ku ngabo ze no ku mbaga itagira ingano izaba iri kumwe na we.


Uwo munsi nzaha Gogi aho azahambwa muri Israheli, ahantu hazwi cyane ho mu kibaya cy’Abagenzi mu burasirazuba bw’inyanja, bitume abagenzi batongera no kuhanyura. Bazahahamba Gogi n’imbaga ye yose, maze bazakurizeho kuhita: Ikibaya cya Hamoni‐Gogi.


Uhoraho avuze atya : Kabiri gatatu Edomu icumura ! Niyemeje kuyihana kandi sinzivuguruza ! Kubera ko yatoteje umuvandimwe we ashaka kumwicisha inkota kandi akamwima imbabazi, kuko uburakari bwe butigeze bugabanuka kandi akagumana inzika igihe cyose,


Ibyo babiterwa no kutamenya imigambi y’Uhoraho, ntibasobanukirwe n’ibitekerezo bye: yabakoranyirije hamwe nk’imiba y’ingano ku mbuga.


None rero, nimuntegereze — uwo ni Uhoraho ubivuze — ku munsi nzahagurukira kubashinja, kuko niyemeje guhuriza hamwe amahanga, no gukorakoranya ibihugu, kugira ngo mbacubanurireho umujinya wanjye, mbamarireho ubukana bwose bw’uburakari bwanjye, (kuko isi yose uko yakabaye izatsembwa n’umuriro w’ugufuha kwanjye.)


Amahanga yari yarakaye, ariko uburakari bwawe buba ari bwo bwigaragaza. Ubu ni igihe cyo gucira urubanza abapfuye, no guhemba abagaragu bawe b’abahanuzi, abatagatifu n’abatinya izina ryawe, abakuru n’abato, n’igihe cyo gutsemba abarimbuye isi.»


Izo roho mbi ni za Sekibi zikora ibintu bitangaje, maze zigasanga abami bo ku isi yose, kugira ngo zibakoranyirize kurwanya umunsi ukomeye w’Imana Mushoborabyose.


Nuko za roho mbi zikoranyiriza ba bami ahantu hitwa, mu gihebureyi, Harimagedoni.


maze ubwo bamennye amaraso y’abatagatifujwe n’ay’abahanuzi bawe, ukaba ubahaye na bo amaraso ngo bayanywe: bahawe rwose ikibakwiriye!


maze ajye kuyobya amahanga atuye mu mpande enye z’isi, ari yo Gogi na Magogi. Azabakoranyiriza hamwe kugira ngo bajye ku rugamba: umubare wabo ungana n’umusenyi wo ku nyanja.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan