Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yoweli 2:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Ni umunsi w’umwijima n’icuraburindi, umunsi w’ibicu n’ibihu bibuditse! Dore, ya mbaga y’indatsimburwa kandi itabarika yadutse, uboshye umuseke umurikiye ku mpinga z’imisozi. Ni inyoko itigeze iboneka na rimwe, nta n’iyindi izaboneka nka yo, kugeza kera cyane, mu bisekuruza bizaza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 umunsi w'umwijima w'icuraburindi, umunsi w'ibicu bya rukokoma n'ibihu. Uko umuseke utambikira mu mpinga z'imisozi, ni ko ubwoko bukomeye kandi bufite imbaraga bwadutse. Nta bwigeze kuboneka bumeze nka bwo, kandi hanyuma yabwo nta buzaboneka, ndetse no kugeza mu bihe byinshi bizakurikiraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Ni umunsi w'umwijima n'icuraburindi, ni umunsi urimo ikibunda n'ibihu. Dore igitero cy'inzige kiraje, ni nyinshi cyane kandi ziteye ubwoba, zije zimeze nk'umuseke weya mu mpinga z'imisozi. Kuva kera ibyo ntibyigeze bibaho, nta n'ubwo bizongera kubaho ukundi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Ni umunsi w'umwijima n'icuraburindi, ni umunsi urimo ikibunda n'ibihu. Dore igitero cy'inzige kiraje, ni nyinshi cyane kandi ziteye ubwoba, zije zimeze nk'umuseke weya mu mpinga z'imisozi. Kuva kera ibyo ntibyigeze bibaho, nta n'ubwo bizongera kubaho ukundi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yoweli 2:2
34 Iomraidhean Croise  

Akunda kwibwira ngo «Ndi indatsimburwa, no mu bihe bizaza nta cyago kizankoraho.»


Igicu cy’urwijiji kiramukikije, ubutabera n’ubutarenganya ni ikibanza cy’intebe ye.


Inzige ziroha mu gihugu cyose cya Misiri, maze zizimagiza ubutaka bwose bwa Misiri. Zari nyinshi cyane, zirenze umubare utigeze uboneka kandi utazongera kuboneka ukundi.


Zizuzura mu mazu yawe, no mu mazu y’abagaragu bawe bose, no mu mazu y’Abanyamisiri bose; ibyo kandi ababyeyi bawe n’abakurambere bawe ntibigeze babibona kuva aho babereyeho ku isi kugera uyu munsi.» Musa arikubura, asiga Farawo aho ngaho.


Nuko Imbaga iguma ahitaruye, naho Musa yegera umwijima ubuditse, aho Imana yari iri.


Uwo munsi, umworomo ukaze nk’umuhengeri wo mu nyanja, uzugariza iyi mbaga, nibareba imisozi babone umwijima n’umubabaro, urumuri rwijime kubera ibicu byinshi bicucitse.


hanyuma buname barebe hasi, babone ububabare n’umwijima, n’ubwire buteye inkeke. Ni iryo joro bazaba bajugunywemo.


Nimukuze Uhoraho Imana yanyu, mbere y’uko aboherereza umwijima, mbere y’uko ibirenge byanyu bitsikira mu misozi yaguweho n’ijoro. Mutegereje urumuri, ariko yaruhinduyemo umwijima, arugira igicu cyijimye.


Hashize iminsi myinshi, Uhoraho arambwira ati «Haguruka ujye i Perati uvaneyo wa mukandara nari nagutegetse guhishayo.»


«Yemwe, bahisi n’abagenzi mwese, nimurebe, mwitegereze, niba hari akababaro kamera nk’aka kanjye, ari na ko natejwe n’Uhoraho, ku munsi w’uburakari bwe bukaze.


Igihe uzaba umaze kuzima, nzatwikira ijuru nzimye n’inyenyeri, izuba nzaritwikiriza ibicu, n’ukwezi koye kuzongera kumurika ukundi.


Uko umushumba yita ku matungo ye igihe aba ari hagati y’intama zibyagiye, nanjye ni ko nzita ku ntama zanjye, nzivane ahantu hose zatatanirijwe ku munsi w’ibihu n’umwijima.


Ubwo rero uzazamukana n’ingabo zawe zose, hamwe ndetse n’abanyamahanga batagira ingano bazaba bagushyigikiye, uze nk’umuhengeri, cyangwa se uzamere nk’igihu kibuditse hejuru y’igihugu.


Dore ingabo ziteye igihugu cyanjye, ni imbaga y’indatsimburwa kandi itabarika; amenyo yazo ni nk’ay’intare, zifite n’inzasaya nk’iz’intare y’ingore.


«Nzabariha ibyariwe n’insanane muri ya myaka yose, bikaribwa n’inzige, n’indahaga, n’ibihore, ari byo cya gitero cyanjye nabateje.


Urwamu rwayo ni nk’urw’amagare y’intambara asimbuka mu mpinga z’imisozi, cyangwa umuriri w’ibikenyeri bigurumana. Mbega ingabo z’intwari, ngo zirakera urugamba!


Izuba rizijima, ukwezi guhinduke amaraso, mbere y’uko haza Umunsi w’Uhoraho, umunsi ukomeye kandi uteye ubwoba!


Nguwo Uwabumbabumbye imisozi, akarema umuyaga, agahishurira umuntu imigambi ye, we ugenga umwijima n’umucyo, agatambagira ibitwa byo ku isi. Izina rye ni Uhoraho, Imana umugaba w’ingabo.


Nimuceceke imbere ya Nyagasani Uhoraho, kuko umunsi w’Uhoraho wegereje! Ni koko, Uhoraho yateguye igitambo, anatagatifuza abatumirwa be.


Uwo munsi, nta rumuri, nta bukonje cyangwa ikibunda bizabaho;


Nuko rero hazaba amagorwa akomeye atigeze aboneka kuva aho isi yatangiriye kugeza kuri uyu munsi, kandi adateze kuzaboneka ukundi.


Kuko muri iyo minsi hazaba amakuba atigeze abaho, kuva mu ntangiriro Imana irema isi kugeza ubu ngubu, kandi nta n’ubwo azongera kubaho.


Ibuka ibihe bya kera, uzirikane imyaka yagiye isimburana, kuva mu gisekuru ukagera mu kindi. Baza so, azabigutekerereza, baza abakuru bo muri mwe, bazabikubwira:


Ntimwaje mugana ibintu bigaragara, nk’umuriro uhinda cyangwa igicu kibuditse, umwijima cyangwa inkubi y’umuyaga,


Bameze nk’imihengeri gica yo mu nyanja, ivundereza ifuro ry’ibikorwa byabo biteye isoni; bameze nk’inyenyeri zangara, zateganyirijwe iteka ryose umwanya wazo mu mwijima w’icuraburindi.


Iyo nyenyeri ikinguye inyenga, hacucumukamo umwotsi umeze nk’uwo mu itanura rinini, maze izuba n’ikirere birijima.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan