Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yonasi 2:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Aho yari aho mu nda y’ifi, asenga Uhoraho Imana ye, ati

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Maze Yona asengera Uwiteka Imana ye mu nda y'urufi ati

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Yonasi ari mu nda y'igifi, asenga Uhoraho Imana ye agira ati:

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Yonasi ari mu nda y'igifi, asenga Uhoraho Imana ye agira ati:

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yonasi 2:2
26 Iomraidhean Croise  

Ageze mu kaga, Manase yinginga Uhoraho Imana ye, yicisha bugufi cyane imbere y’Imana y’abasekuruza be.


Indirimbo y’amazamuko Igihe nari mu kaga natakambiye Uhoraho, maze na we aranyumva.


kuko utazantererana ngo mpere ikuzimu, kandi ukaba utazemera ko umuyoboke wawe agupfana.


nti «Yemwe, abubaha Uhoraho, nimumusingize! Yemwe, bene Yakobo mwese, nimumukuze! Yemwe, bene Israheli mwese, nimumutinye!»


Abamurangamira bahorana umucyo, mu maso habo ntiharangwa ikimwaro.


Igenewe umuririmbisha, ikajyana n’umurya w’inanga. Ni zaburi iri mu zo bitirira Dawudi.


Mana yanjye, umva ugutakamba kwanjye, uhugukire isengesho ryanjye.


Mana iri i Siyoni, abantu bakwiye kugusingiza, kandi bakarangiza imihigo bakugiriye.


kuko impuhwe ungirira ari nyinshi, ukaba warazahuye umutima wanjye mu kuzimu.


Ab’ikuzimu bakimenya ko uje, biteguye kukwakira. Bakanguye abapfuye bose ku mpamvu yawe, abigeze kuba ibikomerezwa ku isi, abari abami b’amahanga bahagurutswa ku ntebe zabo.


Uhoraho, natakambiye izina ryawe, ndi ikuzimu mu rwobo;


nguhirikire mu rwobo uhasange abagiyeyo mbere, nzagutuza ikuzimu mu matongo ya kera, ubane n’abapfuye, kugira ngo utazagaruka ukongera gutura mu gihugu cy’abazima.


Nuko rero, ntihazagire igiti na kimwe cyegereye amazi cyongera kureshya gityo, ntihazagire icyongera kugeza ubushorishori bwacyo mu bicu, cyangwa ngo igiti cyavomerewe cyongere kugira uburebure bureshya butyo; kuko byose byagenewe gupfa bikajya mu kuzimu, bigasanga abarambitswe mu rwobo.


Nk’uko Yonasi yamaze mu nda y’igifi iminsi itatu n’amajoro atatu, ni na ko Umwana w’umuntu azamara mu nda y’isi iminsi itatu n’amajoro atatu.


Kuko usaba wese ahabwa, ushakashaka akaronka, n’ukomanga agakingurirwa.


Asambishwa n’agahinda, nyamara arushaho gusenga, abira ibyuya by’amaraso byatonyangiraga hasi.


kuko utazatererana ubugingo bwanjye mu kuzimu, kandi ntuzatume intungane yawe imenyana n’ubushanguke.


Mu gihe cy’imibereho ye yo ku isi, ni We wasengaga atakamba mu miborogo n’amarira, abitura Uwashoboraga kumurokora urupfu, maze arumvirwa kuko yagororokeye Imana.


Wikwibwira ko umuja wawe ari umupfu; ahubwo ni ishavu n’agahinda byandenze bituma nivugisha kugeza magingo aya.»


Dawudi agira agahinda kenshi cyane, kuko abantu be bendaga kumutera amabuye: buri wese yari ababaye, atekereza abahungu be n’abakobwa be. Ariko Dawudi yishyiramo akanyabugabo ku bw’Uhoraho, Imana ye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan