Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yonasi 1:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 «Haguruka ujye i Ninivi, umugi mugari, maze uyimenyeshe ko ubukozi bw’ibibi bwabo bwangezeho!»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 “Haguruka ujye i Nineve wa murwa munini, uwuburire kuko ibyaha byabo birundanije bikagera imbere yanjye.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 “Haguruka ujye i Ninive wa murwa munini, maze uburire abawutuyemo kuko mbonye ubugome bwabo bukabije.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 “Haguruka ujye i Ninive wa murwa munini, maze uburire abawutuyemo kuko mbonye ubugome bwabo bukabije.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yonasi 1:2
24 Iomraidhean Croise  

Yavuye muri icyo gihugu ajya mu cya Ashuru, yubaka Ninivi, Rehoboti na Kalahi.


Senakeribu, umwami w’Abanyashuru, arataha asubira mu murwa we i Ninivi agumayo.


Aho hari umuhanuzi w’Uhoraho witwaga Odedi. Nuko arasohoka asanganira ingabo zari zigeze i Samariya, araziburira ati «Dore Uhoraho, Imana y’abasokuruza banyu, yarakariye Abayuda bituma ababagabiza, kandi mwabishemo benshi, murabarakarira cyane, bigera mu ijuru!


Nuko ndavuga nti «Mana yanjye, ubu mfite isoni n’ikimwaro ku buryo ntatinyuka kubura amaso, ngo nkwerekezeho uruhanga rwanjye. Mu by’ukuri, Mana yanjye, ibicumuro byacu byariyongereye bisumba imitwe yacu, n’ibyaha byacu birarundana bigera ku ijuru.


Senakeribu, umwami w’Abanyashuru, arataha asubira mu murwa we i Ninivi, agumayo.


Shyira ejuru, uhamagare ubutizigama, urangurure ijwi nk’iry’akarumbeti, umenyeshe umuryango wanjye ibicumuro byawo, n’inzu ya Yakobo, amakosa yayo.


Ubwo nkibwira nti «Sinzongera kumucisha mu ijwi kandi sinzasubira kuvuga mu izina rye», ariko mu mutima wanjye risa n’umuriro utwika uvumbitse mu magufa yanjye; nkagerageza kwipfukirana, ariko simbishobore.


Uzabagezeho amagambo yanjye, bakumva batakumva, kuko nyine ari inyoko y’ibirara.


Ntibajya batekereza na rimwe ko nibuka ubugome bwabo! None ibikorwa byabo birabagose, kandi biri imbere yanjye.


«Haguruka ujye i Ninivi, umugi mugari, maze ubamenyeshe icyo nzakubwira.»


Yonasi arahaguruka maze ajya i Ninivi akurikije ijambo ry’Uhoraho. Ninivi rero ikaba umugi mugari bihebuje, kuwugenda byari iminsi itatu.


Naho jyewe, mbese sinkwiriye kubabazwa na Ninivi, umugi mugari, utuwe n’abantu ibihumbi ijana na makumyabiri batazi gutandukanya indyo n’imoso, hamwe n’amatungo atabarika?»


Ariko jyewe, mbikesheje umwuka w’Uhoraho, nuzuyemo imbaraga, ubutabera n’ubutwari, kugira ngo ngaragarize Yakobo ubuhemu bwe, na Israheli icyaha cye.


Ibyahanuwe kuri Ninivi. Ngiki igitabo cy’ibyahishuriwe Nahumu w’i Elikoshi.


Amakuba yawe ntagira igaruriro, ibikomere byawe ntibishobora gukira. Uwumvise akaga urimo wese aravuza impundu, ariko kandi ni mu gihe: none se ni nde utigeze ugirira nabi?


Bazabajyana imbere y’abatware n’abami, ari jye muzira, kugira ngo mumbere abagabo mu maso yabo, n’imbere y’abanyamahanga.


Ku munsi w’urubanza, Abanyaninivi bazahagurukira ab’iyi ngoma, maze babatsinde, kuko bo bumvise inyigisho za Yonasi maze bakisubiraho, kandi hano hari uruta Yonasi!


Umushahara w’abakozi basaruye imyaka mu mirima yanyu mwarawubahuguje, none ngaha uravuza induru kandi n’imiborogo y’abo bakozi yageze mu matwi ya Nyagasani Umutegetsi w’ingabo.


kuko ibyaha byawo byirundanyije kugera ku ijuru, maze Imana ikibuka ibikorwa bibi byawo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan