Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 9:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Bamwe mu Bafarizayi baravuga bati «Uwo muntu ntakomoka ku Mana, kuko atubahiriza isabato.» Ariko abandi bati «Bishoboka bite ko umunyabyaha yakora ibitangaza nk’ibi?» Ni bwo biciyemo ibice.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 Bamwe mu Bafarisayo baravuga bati “Uwo muntu si uw'Imana kuko ataziririza isabato.” Abandi bati “Umunyabyaha yabasha ate gukora ibimenyetso bingana bityo?” Baramupfa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Bamwe mu Bafarizayi baravugaga bati: “Uwo muntu agomba kuba adaturuka ku Mana kuko atubahiriza isabato.” Abandi bakavuga bati: “Ariko se yaba ari umunyabyaha akabasha ate gukora igitangaza nka kiriya?” Bituma bicamo ibice.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Bamwe mu Bafarizayi baravugaga bati: “Uwo muntu agomba kuba adaturuka ku Mana kuko atubahiriza isabato.” Abandi bakavuga bati: “Ariko se yaba ari umunyabyaha akabasha ate gukora igitangaza nka kiriya?” Bituma bicamo ibice.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 9:16
18 Iomraidhean Croise  

Maze ubwo hakaba umuntu ufite ikiganza cyumiranye. Nuko baramubaza bati «Ese biremewe gukiza umuntu ku munsi w’isabato?», bagira ngo babone icyo bamurega.


Abafarizayi babibonye baramubwira bati «Dore re, abigishwa bawe barakora ibyabujijwe ku isabato!»


Nuko umukuru w’isengero arakazwa n’uko Yezu yakijije umuntu ku isabato. Atangira kubwira rubanda ati «Hari iminsi itandatu yo gukoraho imirimo, mujye muza kwivuza kuri iyo minsi, atari ku isabato.»


Abayahudi bongera kwicamo ibice babitewe n’ayo magambo.


Nimwemere ko ndi muri Data, na Data akaba muri jye. Byibuze nimwemezwe n’ibyo nkora.


Iyo ntagaragariza muri bo ibikorwa bitigeze gukorwa n’undi wundi, nta cyaha bajyaga kugira; ubu rero barabibonye, bararenga baranyanga hamwe na Data.


Aho i Kana mu Galileya ni ho Yezu yatangiye ikimenyetso cye cya mbere, maze agaragaza ikuzo rye, nuko abigishwa be baramwemera.


Nuko aza nijoro asanga Yezu, aramubwira ati «Rabbi, tuzi ko uri umwigisha waturutse ku Mana; kuko nta muntu washobora gutanga ibimenyetso nk’ibyo werekana, atari kumwe n’Imana.»


Uwo munsi hari ku isabato. Abayahudi babwira uwakijijwe bati «None ni umunsi w’isabato: nta burenganzira ufite bwo kwikorera ingobyi yawe.»


Jye mfite icyemezo kiruta icya Yohani, kuko ibikorwa Data yampaye gukora, ari byo nkora; kubirangiza akaba ari byo bihamya ko Data yantumye.


Ni bwo Abayahudi batangiye kujya impaka ubwabo, bati «Ashobora ate kuduha umubiri we ngo uribwe?»


Rubanda bahwihwisaga byinshi bimwerekeyeho, bamwe bati «Ni umuntu mwiza», abandi bati «Oya, ahubwo arayobya rubanda.»


Niba umuntu agenywa ku munsi w’isabato, ntibyice itegeko rya Musa, mutewe n’iki kundakarira kuko nakijije umuntu ku munsi w’isabato?


Ibyo bituma rubanda bicamo ibice kubera we.


Abayahudi bongera guhamagara ubwa kabiri uwo muntu wahoze ari impumyi, baramubwira bati «Singiza Imana, twe tuzi ko uwo muntu ari umunyabyaha.»


Abatuye uwo mugi rero bicamo ibice: bamwe bajya ku ruhande rw’Abayahudi, abandi ku rw’Intumwa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan