Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 8:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Ibyo babivugiraga kumwinja, bagira ngo babone ibyo bamurega. Ariko Yezu ariyunamira atangira kwandikisha urutoki ku butaka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Ibyo babivugiye kumugerageza ngo babone uburyo bamurega. Ariko Yesu arunama yandikisha urutoki hasi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Ibyo babivugiraga kumutegera mu byo avuga, ngo babone ibyo bamurega. Ariko Yezu ariyunamira atangira kwandikisha urutoki hasi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Ibyo babivugiraga kumutegera mu byo avuga, ngo babone ibyo bamurega. Ariko Yezu ariyunamira atangira kwandikisha urutoki hasi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 8:6
27 Iomraidhean Croise  

Yuda, uri nk’icyana cy’intare, mwana wanjye, uzamutse uvuye ku rugamba! Yaciye bugufi, abunda nk’intare, kandi nk’intare y’ingore, ni nde wamutsimbura?


Igenewe umuririmbisha. Ni zaburi yahimbwe na Yedutuni, ikaba mu zo bitirira Dawudi.


Kwivanga mu ntonganya z’abandi, ni nko gukurura amatwi y’imbwa yigendera.


hari igihe cyo gutabura, n’igihe cyo kudoda; hari igihe cyo guceceka, n’igihe cyo kuvuga;


Uhoraho, mizero ya Israheli, abakwanga bazakorwa n’isoni, abakwihunza bazahanwa, kuko bihungije isoko y’amazi afutse, ari yo Uhoraho.


Banga uwibutsa ubutabera mu rukiko, uvuga ukuri bakamwanga urunuka.


Ni yo mpamvu umuntu uzi ubwenge yakwicecekera mu gihe nk’iki, kuko ari igihe cy’amakuba.


Bariya bantu babonye ikuzo ryanjye n’ibimenyetso nakoreye mu Misiri no mu butayu, hanyuma bakaba bamaze kungerageza incuro cumi zose banga kunyumvira,


Dore, mbohereje nk’intama mu birura; murabe rero inyaryenge nk’inzoka, mube n’intaryarya nk’inuma.


Ariko Yezu ntiyagira icyo amusubiza. Nuko abigishwa baramwegera, baramwinginga bati «Mwirukane, kuko adusakuza inyuma.»


Nuko Abafarizayi n’Abasaduseyi baramusanga, bagira ngo bamwinje, bamusaba ikimenyetso giturutse mu ijuru.


Nuko Abafarizayi baramwegera, bamubaza bamwinja, bati «Ese biremewe ko umugabo yasenda umugore we ku mpamvu ibonetse yose?»


Ariko Yezu wari uzi ubugome bwabo, arabasubiza ati «Mwa ndyarya mwe, igituma munyinja ni iki?


Maze umwe muri bo wari umwigishamategeko amubaza amwinja, ati


Ariko Yezu aricecekera. Umuherezabitambo mukuru aramubwira ati «Nkurahije Imana ihoraho, ngo utubwire niba uri Kristu, Umwana w’Imana.»


Abafarizayi baramwegera, maze bamubaza niba umugabo afite uruhushya rwo gusenda umugore we, ariko bamwinja.


Ariko Yezu kuko yari azi uburyarya bwabo, arababwira ati «Kuki muntega iyo mitego? Nimunzanire igiceri ndebe!»


Ubwo bagenzuraga Yezu ngo berebe ko amukiza ku munsi w’isabato, bagira ngo babone icyo bamurega.


Abafarizayi baraza, maze batangira kumwiyenzaho bamusaba ikimenyetso giturutse mu ijuru, byo kumwinja.


Nuko umwigishamategeko arahaguruka, amubaza amwinja ati «Mwigisha, ngomba gukora iki kugira ngo ndonke ubugingo bw’iteka?»


Naho abandi bamusaba ikimenyetso kivuye mu ijuru bamwinja.


Bugicya, agaruka mu Ngoro y'Imana, rubanda rwose baza bamugana, maze aricara arabigisha.


Twirinde no kwinja Nyagasani, nk’uko bamwe muri bo bamugerageje, maze batsembwa n’inzoka z’ubumara.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan