Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 8:41 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

41 Mwe murakora ibyo so akora.» Baramubwira bati «Nta bwo turi ibibyarirano. Dufite Data umwe, ni Imana.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

41 Ibyo mukora ni nk'ibya so.” Baramubwira bati “Ntituri ibibyarwa, ahubwo dufite data umwe, ari we Mana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

41 Mwebwe murakora ibyo so akora.” Baramubwira bati: “Ntabwo turi ibinyendaro dufite Data umwe, ni Imana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

41 Mwebwe murakora ibyo so akora.” Baramubwira bati: “Ntabwo turi ibinyendaro dufite Data umwe, ni Imana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 8:41
17 Iomraidhean Croise  

Ubwo uzabwire Farawo, uti ‘Uhoraho aravuze ati: Umwana wanjye w’imfura ni Israheli. Ndakubwiye ngo


Nyamara ariko, ni wowe Data! Kuko Abrahamu atatumenye, Israheli na we akaba atatuzi; Uhoraho, ni wowe Data n’Umucunguzi wacu. Ng’iryo izina ryawe, kuva kera kose.


Uhoraho, wirakara birenze urugero, ntukomeze kwibuka ibibi twakoze, ahubwo utwitegereze, twese turi umuryango wawe.


Jyewe nahoze nibwira nti «Icyampa ngo nshobore kugutandukanya n’abandi bana, nguhe igihugu gitoshye, n’umurage uhebuje andi mahanga ubwiza.» Naribwiraga nti «Muzajya munyita ’Dawe’, kandi ntimuzongera kwitandukanya nanjye ukundi.»


— Ese Efurayimu ntakiri umwana wanjye nkunda, umwana rwose nihitiyemo? Buri gihe ntekereje kumuhana, numva anteye impuhwe. Mbega igishyika mufitiye! Ndamukunda, koko ndamukunda cyane, uwo ni Uhoraho ubivuze.


Intangiriro y’amagambo Uhoraho yabwiye Hozeya. Uhoraho abwira Hozeya, ati «Genda ushake umugore w’indaya, uzakubyarira abana bameze nka we, kuko iki gihugu kigize indaya, kikirengagiza Uhoraho.»


Umwana yubaha se, umugaragu akubaha shebuja. None se, niba ndi so, icyubahiro mumpa ni ikihe? Niba se ndi shobuja, igitinyiro kinkwiye kiri hehe? Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubibabwira, mwebwe baherezabitambo, musuzugura izina ryanjye. Murabaza muti «Izina ryawe twarisuzuguye dute?»


Yuda yishe isezerano, akorera amahano muri Israheli n’i Yeruzalemu. Ni koko, bene Yuda bandavuje ahantu hatagatifu hakundwa n’Uhoraho, barongora abakobwa basenga ibigirwamana by’amahanga.


Jye mvuga ibyo nabonye kwa Data, namwe mukora ibyo mwumvanye so.»


Ubabyara koko ni Sekibi, none murashaka gukora ibyo so yifuza. Kuva mu ntangiriro yamye ari umwicanyi, kandi ntiyigeze aba mu kuri, kuko atigeze atunga ukuri. Igihe avuga ibinyoma, aba avuga ibiri ibye, kuko yamye ari umubeshyi, ndetse akaba na Sekinyoma.


Muri abana b’Uhoraho Imana yanyu. Ntimuziraburire uwapfuye mwica indasago ku mubiri cyangwa mwitega ibiharanjongo ku mutwe w’imbere.


Mbe bwoko bw’ibipfapfa, mbe bwoko bw’abanyabwenge buke! Uko ni ko mwitura Uhoraho? Si we so wakubyaye, si we wakuremye, akagukomeza intege?


Ntitukagenze nka Kayini, we wakomokaga kuri Sekibi, agahotora umuvandimwe we. Yamuhotoye abitewe n’iki? Ni uko ibikorwa bye byari bibi, naho iby’umuvandimwe we bikaba bitunganye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan