Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 8:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Yezu yunamutse aramubaza ati «Mugore, ba bandi bari he? Nta n’umwe waguciriye urubanza?» Umugore arasubiza ati «Nta n’umwe, Mwigisha.» Yezu aramubwira ati «Nanjye rero singuciriye urubanza; genda ariko uherukire aho gucumura ukundi.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Ati “Nta we Databuja.” Yesu aramubwira ati “Nanjye singuciraho iteka, genda ntukongere gukora icyaha.”]

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Na we aramusubiza ati: “Nta we Mwigisha.” Nuko Yezu aramubwira ati: “Nanjye nta teka nguciriyeho genda, uhereye ubu ntuzongere gukora icyaha.”]

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Na we aramusubiza ati: “Nta we Mwigisha.” Nuko Yezu aramubwira ati: “Nanjye nta teka nguciriyeho genda, uhereye ubu ntuzongere gukora icyaha.”]

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 8:11
27 Iomraidhean Croise  

Ariko, hagize ubwira Imana ati ’Narashutswe, sinzongera gukora icyaha,


Uhisha ibyaha bye, ntakizamuhira, ariko ubyanga akabyicuza, azababarirwa.


Nimushakashake Uhoraho igihe agishobora kubonwa, nimumwiyambaze igihe akiri hafi.


Oya! Ahubwo reka mbabwire: nimuticuza, mwese muzapfa kimwe na bo.


Oya! Ahubwo reka mbabwire: nimuticuza, mwese muzapfa kimwe na bo.»


Ndabibabwiye: nguko uko abamalayika b’Imana bazishima kubera umunyabyaha umwe wisubiyeho.»


Ariko byari ngombwa rwose ko dukora umunsi mukuru, tukishima, kuko uriya muvandimwe wawe ureba yari yarapfuye none yazutse, yari yarazimiye none yatahutse!’»


Ndabibabwiye: nguko uko umunyabyaha umwe wisubiraho azatera ibyishimo mu ijuru, birenze iby’intungane mirongo urwenda n’icyenda zidakeneye kwisubiraho.


Erega sinazanywe no guhamagara intungane, ahubwo nazanywe n’abanyabyaha, kugira ngo bisubireho.»


Nuko baboneza bajya mu rundi rusisiro.


Yezu arasubiza ati «Ingoma yanjye si iyo kuri iyi si; iyo ingoma yanjye iza kuba iyo kuri iyi si, abantu banjye baba bandwanyeho, kugira ngo ntagabizwa Abayahudi. None rero, Ingoma yanjye si iy’ino aha.»


Icyakora, Imana ntiyohereje Umwana wayo ku isi ngo ayicire urubanza, ahubwo yagira ngo akize isi.


Hanyuma, Yezu amusanga mu Ngoro y'Imana, aramubwira ati «Dore wakize, ntuzongere gucumura ukundi, ejo utazagubwaho n’icyago kiruta icya mbere.»


Mwe muca urubanza mukurikije umubiri, jye nta we ncira urubanza.


Cyangwa se waba usuzugura impuhwe zayo zitabarika, ubwihangane n’ubugwaneza bwayo, ukirengagiza ko ubuntu bwayo bukureshya ngo wicuze?


Mpuriye he no gucira imanza abo tudafitanye isano? Mwebwe se abo mukemanga si ababarimo rwagati?


Mu miryango yawe yose uzishyirireho abacamanza n’abashinzwe kubahiriza amategeko yose Uhoraho Imana yawe aguhaye, bazajye bacira rubanda imanza zitabera.


maze usange abaherezabitambo b’Abalevi hamwe n’umucamanza uzaba ariho icyo gihe, ubasobanuze: na bo bazakumenyesha uko baciye urubanza rwawe.


Kandi mumenye ko Nyagasani akomeza kubihanganira agira ngo abakize, nk’uko na Pawulo, umuvandimwe wacu dukunda, yabibandikiye akurikije ubushishozi yahawe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan