Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 6:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 «Hano hari agahungu gafite imigati itanu y’ingano za bushoki n’amafi abiri, ariko se byamarira iki abantu bangana batya?»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 “Hano hari umuhungu ufite imitsima itanu y'ingano, n'ifi ebyiri. Ariko ibyo byamarira iki abantu bangana batya?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 “Hano hari umuhungu ufite utugati dutanu n'udufi tubiri, ariko se abantu bangana batya byabamarira iki?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 “Hano hari umuhungu ufite utugati dutanu n'udufi tubiri, ariko se abantu bangana batya byabamarira iki?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 6:9
24 Iomraidhean Croise  

Elisha arasubiza ati «Nimwumve ijambo ry’Uhoraho. Aravuze ngo: Ejo nk’iki gihe, ku irembo rya Samariya incuro imwe y’ifu izagura sikeli imwe, incuro ebyiri z’ingano na zo zigure sikeli imwe.»


Bitotombeye Imana, bavuga bati «Mbese Imana yashobora kuduterera ameza mu butayu?


Bongeye kwinja Imana, no gushavuza Nyir’ubutagatifu wa Israheli,


abanga Uhoraho bagatangira kumukeza, bagahora bakangaranye ubuziraherezo!


Yuda n’igihugu cya Israheli na bo mwarahahiranaga, bakakuzanira ingurane y’ingano z’i Miniti, uburo n’ubuki, amavuta n’imibavu.


Baramusubiza bati «Dufite hano imigati itanu n’amafi abiri gusa.»


Ntimurasobanukirwa? Ntimwibuka se ya migati itanu yahagije abantu ibihumbi bitanu, n’umubare w’inkangara mwahavanye?


Arabasubiza ati «Mufite imigati ingahe? Nimujye kureba.» Babimenye baravuga bati «Dufite itanu, n’amafi abiri.»


igihe manyuriye imigati itanu abantu ibihumbi bitanu, mwahakuye inkangara zingahe zuzuye ibisate?» Baramusubiza bati «Ni cumi n’ebyiri.»


Maze arababwira ati «Mwebwe ubwanyu nimubahe ibyo kurya.» Baramusubiza bati «Nta kindi dufite kitari imigati itanu n’amafi abiri gusa; keretse ahari twebwe ubwacu twajya kubagurira icyo barya . . . »


Marita abwira Yezu, ati «Mwigisha, iyo uba hano musaza wanjye ntaba yarapfuye.


Mariya ageze aho Yezu yari ari, ngo amukubite amaso aramupfukamira, ati «Nyagasani, iyo uba hano, musaza wanjye ntaba yarapfuye.»


Yezu arababwira ati «Nimuzane kuri ayo mafi mumaze kuroba.»


Nuko Yezu araza, afata umugati arawubaha, n’amafi ni uko.


Bageze ku butaka, babona umuriro ucanye utazeho ifi, n’umugati.


Maze Yezu afata imigati, arashimira, ayigaburira abari bicaye aho, abaha n’ifi, uko bazishakaga.


Filipo aramusubiza ati «N’uwagura imigati y’amadenari magana abiri, umuntu ntiyabonaho na kanzinya.»


Musanzwe muzi ubugiraneza bw’Umwami wacu Yezu Kristu, We mukire wemeye kwigira umukene, ari mwe abigirira, ngo abakungaharishe ubukene bwe.


Awuha kandi ikivuguto n’amatamatama, n’ikinure cy’abana b’intama n’icy’amapfizi y’intama y’i Bashani, n’icy’amasekurume y’ihene, hamwe n’inkongote y’impeke z’ingano; umutobe w’umutuku uturutse mu mbuto z’imizabibu uwunywa ubanje kuba inzoga ihiye.


igihugu cy’ingano na za bushoki, cy’imizabibu, cy’imitini n’amakomamanga, cy’amavuta y’imizeti n’ubuki;


Nuko numva rwagati muri bya Binyabuzima bine, ikintu kimeze nk’ijwi ryavugaga riti «Idenari imwe ku ndengo y’ingano, n’indengo eshatu z’ingano za bushoki ku idenari imwe. Naho amavuta na divayi byo ntubikoreho.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan