Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 4:23 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

23 Igihe kiregereje, ndetse ngiki cyageze, maze abasenga by’ukuri bakazasengana Imana Data umutima utaryarya, kuko abayisenga batyo ari bo Imana Data yikundira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

23 Ariko igihe kiraje ndetse kirasohoye, ubwo abasenga by'ukuri basengera Data mu Mwuka no mu kuri, kuko Data ashaka ko bene abo ari bo bamusenga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

23 Igihe kigiye kuza ndetse ubu kirageze, maze abasenga by'ukuri bazasenge Data mu kuri bayobowe na Mwuka, kuko abasenga batyo ari bo Data ashaka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

23 Igihe kigiye kuza ndetse ubu kirageze, maze abasenga by'ukuri bazasenge Data mu kuri bayobowe na Mwuka, kuko abasenga batyo ari bo Data ashaka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 4:23
39 Iomraidhean Croise  

Uhoraho Mana yacu, nzi ko usuzuma imitima kandi ugashimishwa n’ubutabera n’ubutungane. Nanjye ubwanjye ngutuye ibi byose, mbigiranye umutima utunganye; kandi n’umuryango wawe uri hano, nshimishijwe no kuwubona uguhereza amaturo yawo ubikuye ku mutima.


Isengesho, riri mu yo bitirira Dawudi. Uhoraho, ndenganura! Nyumva, wite ku maganya yanjye; tega amatwi isengesho ryanjye, ridaturutse mu munwa ubeshya.


Hahirwa umuntu Uhoraho adahamya icyaha yakoze, n’umutima we ntugire uburiganya.


Uwo nacumuyeho ni wowe wenyine, maze ikibi wanga, mba ari cyo nkora! None rero, nubintonganyiriza ntuzaba undenganya, n’urubanza uzancira ntirugira amakemwa.


Igitambo cy’abagiranabi gitera Uhoraho ishozi, ariko amasengesho y’intabera akamushimisha.


Kanuma kanjye kibera mu mitutu y’urutare, mu bwihisho bw’imanga, reka nirebere mu maso yawe, niyumvire n’akajwi kawe, kuko ijwi ryawe rishimishije n’uburanga bwawe bugatera ubwuzu!»


Uwo munsi, udusigisigi twa Israheli, n’abazaba barokotse bo mu nzu ya Yakobo, bazaherukire aho kwisunga uwabakandamizaga, ahubwo bisunge by’ukuri Uhoraho, Nyirubutagatifu wa Israheli.


Uhoraho aravuga ati «Uyu muryango unyubahisha ururimi gusa, bakampesha ikuzo iminwa misa, ariko umutima wabo ukaba kure yanjye. Icyubahiro bampa ni icyahimbwe n’abantu, kimeze nk’isomo bigishijwe.


umuryango nihangiye, kandi uzahora uvuga ibisingizo byanjye.


Ni jye bashakashaka uko bukeye, bifuza kumenya inzira zanjye. Bameze nk’abantu bakurikiza ubutabera, ntibirengagize ubutungane bw’Imana yabo. Baransaba kubacira imanza zitabera, bishimira kubana n’Imana.


Ibyo byose Yuda w’umugambanyi yabirenzeho, ntiyangarukira n’umutima we wose, ahubwo ibyaha bye abyicuzanya uburyarya. Uwo ni Uhoraho ubivuze.»


Niba kandi urahiye mu izina ry’Uhoraho muzima, ukabikora mu kuri, mu buryo butunganye no mu butabera, ubwo amahanga yose azamperwamo umugisha kandi azakurizwa muri jye.


Nashatse umuntu n’umwe muri bo wasana inkike ngo ahagarare imbere yanjye mu cyuho, maze arwane ku gihugu cye ambuze kukirimbura, ariko naramubuze.


Uko Amategeko yatanzwe anyuze kuri Musa, ni na ko ubuntu n’ukuri byatugejejweho binyujijwe kuri Yezu Kristu.


Yezu abasubiza avuga ati «Koko igihe kirageze, cyo kugira ngo Umwana w’umuntu akuzwe.


Bazabaca mu masengero; ndetse n’igihe kirageze, maze uzabica wese azibwire ko yubashye Imana.


Dore igihe kiregereje, ndetse cyageze, maze mugatatana, umwe ukwe undi ukwe; mukansiga jyenyine. Mumenye ariko ko ntari jyenyine, kuko Data ari kumwe nanjye.


Yezu aramubwira ati «Mugore, nyemera: dore igihe kiregereje ntimube mugisengera Imana Data kuri uyu musozi, cyangwa se i Yeruzalemu.


Ndababwira ukuri koko: igihe kiregereje ndetse tukirimo, maze abapfuye bakazumva ijwi ry’Umwana w’Imana, kandi abaryumvise bakazabaho.


Ibyo ntibibatangaze, kuko igihe cyegereje, maze abari mu mva bose, bazumve ijwi rye.


Imana nyitanzeho umugabo, Yo nkeza mu mutima wanjye namamaza Inkuru Nziza y’Umwana wayo: sinsiba kubibuka,


Kandi rero ntimwahawe roho y’ubucakara ibasubiza nanone mu bwoba, ahubwo mwahawe roho ibagira abana bishingiwe kibyeyi, igatuma dutera hejuru tuti «Abba! Data!»


Bityo, ni ko na Roho atabara intege nke zacu, kuko tutazi icyo twasaba uko bikwiye, maze Roho ubwe akadutakambira mu miniho irenze imivugirwe.


Kandi koko muri abana b’Imana, yo yohereje Roho w’Umwana wayo mu mitima yanyu ngo arangurure ijwi agira ati «Abba, Data.»


Igihe cyose muhore musenga kandi mwambaza ku buryo bwose mubwirijwe na Roho; mubyitondere kandi musabire ubutitsa abatagatifujwe bose.


Burya ni twe twagenywe by’ukuri, twe dusenga Imana ku bwa Roho wayo, twe dufite ikuzo ryacu muri Yezu Kristu, aho kwiringira umubiri.


Ubu rero, nimutinye kandi mukorere Uhoraho mu butabera n’ubudahemuka. Nimwigizeyo ibigirwamana ba so bayobotse hakurya y’Uruzi no mu Misiri, maze mukorere Uhoraho.


Naho mwebwe muri ubwoko bwatoranyijwe, imbaga y’abaherezabitambo ba cyami, ihanga ritagatifu, umuryango Imana yironkeye, kugira ngo mujye mwamamaza ibigwi by’Uwabahamagaye, abavana mu mwijima, akabinjiza mu rumuri rwe rw’agatangaza,


Nyamara, mujye mutinya Uhoraho kandi mumukorere n’umutima wanyu wose, murebe ibyiza bikomeye yabagiriye!


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan