Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 3:21 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

21 Naho rero ukora iby’ukuri, ajya ahabona, agira ngo agaragaze ko ibyo akora biba bikorewe Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

21 ariko ukora iby'ukuri ni we uza mu mucyo, ngo ibyo akora bigaragare ko byakorewe mu Mana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

21 Nyamara ukora iby'ukuri ajya ahabona, kugira ngo ibyo yakoze bigaragare ko byakozwe uko Imana ishaka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

21 Nyamara ukora iby'ukuri ajya ahabona, kugira ngo ibyo yakoze bigaragare ko byakozwe uko Imana ishaka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 3:21
31 Iomraidhean Croise  

Ijambo ryawe rimurikira intambwe zanjye, rikaboneshereza inzira yanjye.


Umutima wanjye nuberwe no gukora icyo ushaka, bityo sinzakorwa n’ikimwaro.


Ni wowe uduha amahoro, Uhoraho; ukadusohoreza ibyo dukora byose.


Nibababaza batyo, muzabasubize muti «Amategeko n’amabwiriza y’Uhoraho, ni byo mugomba gukurikiza.» Baragowe abatazakurikiza iryo jambo, kuko batazongera kubona umuseke weya!


Bazagaruka bature mu gicucu cyanjye, bongere bashibuke nk’ingano, barabye indabyo nk’umuzabibu, kandi ube ikirangirire nka divayi yo muri Libani.


Yezu abonye Natanayeli aje amugana, aravuga ati «Dore Umuyisraheli w’ukuri utarangwaho uburyarya.»


Koko rero ukora ibibi wese, yanga urumuri kandi ntarwegere, agira ngo ibyo akora bitagaragara.


Mushakashakira mu Byanditswe, mwibwira ko ari ho musanga ubugingo bw’iteka, nyamara ni byo bihamya ibinyerekeyeho.


Ukereye gukora icyo Imana ishaka, amenyeraho ko inyigisho mvuga ari iz’Imana, cyangwa se ko ari izo nihimbira ubwanjye.


Ariko uko ndi kose, mbikesha ingabire y’Imana, kandi iyo ngabire ntiyambayemo impfabusa. Ahubwo ndetse nakoreye kubarusha bose; nyamara si ku bwanjye, ni ku bw’ingabire y’Imana indimo.


Dore ishema ryacu aho rishingiye: ni uko umutimanama wacu utwizeza ko twabayeho kuri iyi si, cyane cyane muri mwe, mu bwiyoroshye no mu butaryarya biva ku Mana, tudakurikije ubwenge bw’abantu, ahubwo tuyobowe n’ineza y’Imana.


Ubibira umubiri, azawusaruraho urupfu. Naho ubibira roho, azayisaruraho ubugingo bw’iteka.


Imbuto kandi y’urumuri ni icyitwa ubugiraneza cyose, n’ubutungane n’ukuri.


maze muzere imbuto z’ubutungane zituruka kuri Kristu, zigahesha Imana ikuzo n’ishimwe.


kuko Imana ari yo ibatera gushaka no gukora ikiyishimisha.


Ngicyo icyo nduhira nkakirwanirira nkoresheje imbaraga zose mpora nterwa na We.


Yo ubwayo ibahe gukora icyiza cyose gihuje n’ugushaka kwayo, kandi iturangirizemo ikiboneye mu maso yayo ku bwa Yezu Kristu, Nyaguharirwa ikuzo uko ibihe bisimburana iteka. Amen!


Mwasukuwe imitima yanyu mwumvira ukuri, kugira ngo mugire urukundo rwa kivandimwe ruzira uburyarya. Nimukundane ubudatezuka n’umutima wanyu wose,


Niba tuvuze tuti «Twunze ubumwe na Yo», nyamara tukagendera mu mwijima, tuba tubeshye, nta bwo tuba dukora ibihuje n’ukuri.


Nkoramutima yanjye, ntukigane ikibi, ahubwo wigane ikiri cyiza. Ukora icyiza aba akomoka ku Mana, naho ukora ikibi ntiyabonye Imana.


’Nzi neza ibikorwa byawe: ntukonje kandi ntunashyushye. Iyaba nibura wari ukonje cyangwa se ushyushye!


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan