Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 2:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Yezu aramusubiza ati «Mubyeyi, ari jye ari nawe, ibyo tubigenzemo dute? Byongeye igihe cyanjye ntikiragera.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Yesu aramubwira ati “Mubyeyi, tubigendanyemo dute? Igihe cyanjye ntikiragera.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Yezu aramusubiza ati: “Mubyeyi, ibyo ubinzanyemo ute? Igihe cyanjye ntikiragera.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Yezu aramusubiza ati: “Mubyeyi, ibyo ubinzanyemo ute? Igihe cyanjye ntikiragera.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 2:4
20 Iomraidhean Croise  

Umwami aravuga ati «Mpuriye he namwe, bene Seruya? Niba amvuma kandi akaba ari Uhoraho wamubwiye ati ’Genda uvume Dawudi’, ni nde wakubahuka kumubwira ati ’Kuki ukora ibyo ngibyo?’»


Abishayi mwene Seruya arahaguruka maze aravuga ati «Iyo se yaba impamvu yatuma batica Shimeyi, kandi yaravumye uwo Uhoraho yasize amavuta?»


Umugore abwira Eliya, ati «Mpfa iki nawe, muntu w’Imana? Ese wazanywe iwanjye no kwibutsa Imana icyaha cyanjye, ngo wicishe umwana wanjye?»


Ku isi, buri kintu kigira umwanya wacyo n’igihe cyacyo:


Nuko Yezu aramusubiza ati «Wa mugore we, ukwemera kwawe kurakomeye; nibikumerere uko ubishaka!» Ako kanya umukobwa we arakira.


Nuko barasakuza bati «Uradushakaho iki, Mwana w’Imana? Wazanywe no kuduturumbanya igihe kitaragera?»


Arabasubiza ati «Mwanshakiraga iki? Muyobewe ko ngomba kuba mu Nzu ya Data?»


Yezu abasubiza avuga ati «Koko igihe kirageze, cyo kugira ngo Umwana w’umuntu akuzwe.


Mbere y’umunsi mukuru wa Pasika, Yezu amenye ko igihe cye cyageze cyo kuva kuri iyi si agasanga Se, uko yagakunze abe bari mu nsi, abakunda byimazeyo.


Divayi imaze gushira, nyina wa Yezu aramubwira ati «Nta divayi bagifite.»


Baramubwira bati «Mugore, urarizwa n’iki?» Arabasubiza ati «Nyagasani bamutwaye, none nayobewe aho bamushyize.»


Yezu aramubwira ati «Mugore urarizwa n’iki? Urashaka nde?» Mariya akeka ko ari umunyabusitani, aramubwira ati «Nyakubahwa, niba ari wowe wamutwaye, mbwira aho wamushyize, maze mujyane.»


Ni bwo bashatse kumufata, ariko ntihagira n’umwe umukozaho n’urutoki, kuko igihe cye cyari kitaragera.


Nuko Yezu arababwira ati «Igihe cyanjye ntikiragera, igihe cyanyu cyo gihora kiboneye.


Mwe nimugende, mujye mu munsi mukuru; jye sinjya muri uwo munsi mukuru, kuko igihe cyanjye kitaruzuzwa.»


Ayo magambo Yezu yayavugiye iruhande rw’ububiko, aho yigishirizaga mu Ngoro y'Imana. Ntihagira umufata, kuko igihe cye cyari kitaragera.


Ni cyo gituma kuva ubu nta muntu n’umwe tukimenya ku buryo busanzwe; ndetse na Kristu, niba twarigeze kumumenya ku buryo bw’abantu, ubu ntitukimumenya dutyo.


ari na we wavuze kuri se na nyina ati ’Nta bwo nigeze mbabona!’ Akanga kwemera bene se, kandi ntanamenye abahungu be. Koko bene Levi bitaye ku ijambo ryawe, bakomera ku Isezerano ryawe,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan