Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 2:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Kandi Yezu n’abigishwa be bari babutumiwemo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Yesu bamutorana n'abigishwa be ngo batahe ubwo bukwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Yezu n'abigishwa be na bo bari babutumiwemo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Yezu n'abigishwa be na bo bari babutumiwemo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 2:2
30 Iomraidhean Croise  

Ntazatongana, ntazasakuza, nta n’uzumva ijwi rye mu makoraniro.


Nuko Umwami azabasubize, ati ’Ndababwira ukuri: ibyo mwagiriye umwe muri abo bavandimwe banjye baciye bugufi, ni jye mwabaga mubigiriye.’


Nuko azabasubize, ati ’Ndababwira ukuri: ibyo mutagiriye umwe muri abo baciye bugufi, ni jye mutabigiriye.’


Ibyo birangiye, Yezu amanuka ajya i Kafarinawumu ari kumwe na nyina n’abavandimwe be n’abigishwa be, nuko bahamara iminsi mikeya.


Nuko abigishwa be bibuka ko handitswe ngo «Ishyaka mfitiye Ingoro yawe riramparanya.»


Amaze kuzuka, ava mu bapfuye, abigishwa be bibutse ko yari yarabivuze, nuko bemera Ibyanditswe, bemera n’ijambo Yezu yari yaravuze.


Divayi imaze gushira, nyina wa Yezu aramubwira ati «Nta divayi bagifite.»


Ibyo birangiye, Yezu ajyana n’abigishwa be mu gihugu cya Yudeya, agumanayo na bo, kandi arabatiza.


— mu by’ukuri si Yezu wabatizaga, ahubwo ni abigishwa be —


Nuko abigishwa batangira kubazanya bati «Ese hari uwamuzaniye ibyo kurya?»


Icyo gihe abigishwa be bari bagiye mu mugi kugura ibyo kurya.


Bamaze guhaga, Yezu abwira abigishwa be, ati «Nimurundarunde ibimanyu bisigaye, ntihagire ibipfa ubusa.»


Bugorobye, abigishwa be baramanuka no ku nkombe y’inyanja.


Abenshi mu bigishwa be bamaze kumwumva, baravuga bati «Aya magambo arahambaye, ni nde washobora kuyatega amatwi?»


Kuva ubwo, benshi mu bigishwa be bavanamo akabo karenge, ntibongera kugendana na we ukundi.


Nuko Yezu abwira ba Cumi na babiri, ati «Namwe se murashaka kwigendera?»


Yezu arababwira ati «Si jye wabatoye uko muri Cumi na babiri? Nyamara umwe muri mwe ni uwa Sekibi.»


Uwo ni Yuda, mwene Simoni Isikariyoti, Yezu yavugaga. Kuko ari we wari ugiye kumugambanira, n’ubwo yari umwe muri ba Cumi na babiri.


Umwe mu bigishwa be witwaga Andereya, mwene nyina wa Simoni Petero, aramubwira ati


Abavandimwe be baramubwira bati «Haguruka, ujye mu Yudeya, abigishwa bawe na bo babone ibikorwa ukora.


ahamusanze amuzana i Antiyokiya. Bahamara umwaka wose bakorera iyo Kiliziya kandi bigisha inteko nyamwinshi y’abantu. Aho i Antiyokiya nyine, ni ho abigishwa bitiwe bwa mbere na mbere «Abakristu».


Abigishwa rero, biyemeza gufasha abavandimwe batuye muri Yudeya, bakurikije na none amikoro ya buri muntu.


Ari igihe rero murya, ari n’igihe munywa, icyo mukoze cyose, mujye mugikorera guhesha Nyagasani ikuzo.


Umugore ahambiriye ku mugabo we igihe cyose akiriho. Nyamara uwo mugabo aramutse apfuye, umugore afite uburenganzira bwo kwishakira undi mugabo yishimiye, ariko wo mu bemera gusa.


Ari ibyo muvuze, ari n’ibyo mukoze, byose mujye mubigira mu izina rya Nyagasani Yezu, abe ari we mwisunga mushimira Imana Data.


Ugushyingirwa nikubahwe na bose, n’uburiri bw’abashakanye buzire inenge, kuko Imana izacira urubanza abasambanyi n’inkozi z’ibibi.


Dore mpagaze ku muryango ndiho ndakomanga. Nihagira uwumva ijwi ryanjye, akankingurira, nzinjira iwe, nsangire na we, na we asangire nanjye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan