Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 18:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Yezu amaze kuvuga ibyo, ajyana n’abigishwa be, yambuka umugezi wa Sedironi. Hakaba ubusitani, we n’abigishwa babwinjiramo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Yesu amaze kuvuga ayo magambo asohokana n'abigishwa be, yambuka umugezi witwa Kidironi, hariho agashyamba akajyanamo n'abigishwa be.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Yezu amaze gusenga atyo, ajyana n'abigishwa be bambuka umugezi wa Kedironi. Hakurya yaho hari ubusitani, maze Yezu n'abigishwa be babujyamo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Yezu amaze gusenga atyo, ajyana n'abigishwa be bambuka umugezi wa Kedironi. Hakurya yaho hari ubusitani, maze Yezu n'abigishwa be babujyamo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 18:1
25 Iomraidhean Croise  

Uhoraho Imana ashyira Muntu mu busitani bwa Edeni, ngo abuhinge kandi aburinde.


Uhoraho Imana amwirukana mu busitani bwa Edeni, ngo ajye guhinga ubutaka yari yarakuwemo.


Ubwo ni ko bose bariraga bahogoye, maze imbaga yose irahita. Umwami yambuka ikidendezi cya Sedironi n’abantu be bose, bamanuka berekeje mu nzira igana mu butayu.


Ndetse yavanye na nyirakuru Mahaka ku rwego rw’ubugabekazi kuko yari yikoreshereje ishusho ry’ikigirwamana Ashera; Asa yatemye icyo kigirwamana agitwikira mu kibaya cya Sedironi.


Nuramuka uyivuyemo ukambuka umugezi wa Sedironi, uzamenye ko uzapfa nta kabuza kandi amaraso yawe ni wowe azabarwaho!»


Umwami asenya intambiro abami ba Yuda bari barubatse hejuru y’inzu ya Akabu, asenya n’intambiro Manase yari yarubatse mu bikari byombi by’Ingoro y’Uhoraho; umuyonga wazo awukurayo, ajya kuwujugunya mu mugezi wa Sedironi.


Nuko umuherezabitambo mukuru Hilikiyahu, umuherezabitambo umwungirije, n’abarinzi b’irembo, umwami abategeka gusohora mu Ngoro y’Uhoraho ibintu byose byakorewe kubahiriza Behali, na Ashera, n’ibinyarumuri byose by’ibigirwamana byo mu kirere. Babivanamo byose bajya kubitwikira kure ya Yeruzalemu mu kabande ka Sedironi, umuyonga wabyo bawujyana i Beteli.


Akuraho igiti cyeguriwe ibyo bigirwamana cyari mu Ngoro y’Uhoraho, akijyana kure ya Yeruzalemu mu kaba nde ka Sedironi, agitwikira mu kabande ka Sedironi gihinduka umuyonga, awunyanyagiza mu irimbi rusange.


Ndetse umwami Asa avana nyina Mahaka ku rwego rw’ubugabekazi kuko yari yakoresheje ishyano ry’ishusho ryo kubahiriza Ashera: Asa ahirika iryo shusho, araritemagura kandi aritwikira ku kagezi ka Sedironi.


Abaherezabitambo binjira imbere mu Ngoro y’Uhoraho kugira ngo bayisukure, maze ibintu byose bifite umwanda bahasanze babijyana mu gikari cy’Ingoro y’Uhoraho. Hanyuma abalevi babivanaho, bajya kubijugunya mu kabande ka Sedironi.


Nuko basenya intambiro z’ibigirwamana zari i Yeruzalemu, ndetse n’izo batwikiragaho imibavu, maze bazijugunya mu kagezi ka Sedironi.


Nuko muri uwo mwijima, nzamuka iruhande rw’umugezi, nitegereza nitonze inkike, hanyuma nsubiza inzira najemo, ntahana mu Irembo ryo ku Kibaya.


Ikibaya cyose cy’intumbi n’ivu ry’ibinure, n’imirima yose yerekeye ku kibaya cya Sedironi, kugeza ku iguni ry’irembo ry’Amafarasi ahagana iburasirazuba, aho hose hazegurirwa Uhoraho; ntihazongera gusenywa bibaho.


Mbere yo kubitura, uzabe wabanje kubigabanyamo ibice no kubisukaho amavuta. Iryo ni ikoro.


Bamaze kuririmba zaburi, barasohoka bagana ku musozi w’Imizeti.


Nuko Yezu ajyana na bo ahantu hitwa Getsemani maze abwira abigishwa be, ati «Nimube mwicaye aha, umwanya ngiye hariya gusenga.»


Bamaze kuririmba zaburi, barasohoka bagana ku musozi w’Imizeti.


Nuko bajya mu murima witwa Getsemani, maze Yezu abwira abigishwa be ati «Nimube mwicaye hano, umwanya ngiye gusenga.»


Nimuhaguruke tugende! Dore untanga ari hafi.»


Nta bushobozi amfiteho, ariko aje agira ngo isi imenye ko nkunda Data, kandi ko nkora uko Data yantegetse. Nimuhaguruke, tuve hano!


Umwe mu bagaragu b’umuherezabitambo mukuru, mwene wabo w’uwo Petero yari yaciye ugutwi, ati «Sinakubonye mu busitani muri kumwe?»


Ngo agere aho turi, afata umukandara wa Pawulo, awibohesha amaguru n’amaboko avuga ati «Roho Mutagatifu aravuze ngo ’Nyir’uy’umukandara, uku ni ko Abayahudi bazamubohera i Yeruzalemu, maze bamugabize abanyamahanga.’»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan