Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 17:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Namamaje izina ryawe mu bantu wampaye ubakuye mu nsi. Bari abawe maze urabampa, na bo bubaha ijambo ryawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 “Abo wampaye mu isi mbamenyesheje izina ryawe. Bari abawe urabampa, none dore bitondeye ijambo ryawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 “Abantu wampaye ubakuye mu b'isi nabagaragarije uwo uri we. Bari abawe maze urabampa kandi bakurikije ijambo ryawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 “Abantu wampaye ubakuye mu b'isi nabagaragarije uwo uri we. Bari abawe maze urabampa kandi bakurikije ijambo ryawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 17:6
48 Iomraidhean Croise  

Amasezerano yawe nayikomeje mu mutima, ngira ngo ntagucumuraho.


unkure mu rwasaya rw’intare, ungobotore mu mahembe y’imbogo!


Nyamara dore icyatumye nkureka ukagumaho: ni ukugira ngo nkwereke ububasha bwanjye, maze bazasingize izina ryanjye ku isi hose.


Bityo rero, ubuhanga nibumara kugucengera mu mutima, n’ubumenyi bukagutera kunezerwa,


Ujye uharanira ukuri, woye kugutezukaho, uronke ubuhanga, ubumenyi n’ubwenge.


Nta wigeze abona Imana na rimwe; Umwana w’ikinege uba muri Se, ni We wayimenyekanishije.


Dawe, iheshe ikuzo!» Nuko ijwi rituruka mu ijuru riti «Nihesheje ikuzo kandi nzakomeza kuryihesha.»


Iyo muba ab’isi, isi yakunze ikiri icyayo; ariko kuko mutari ab’isi, kandi nkaba narabatoye mbakura mu isi, ni cyo isi izabaziza.


Mwe murakeye kubera ijambo nababwiye.


Nimumbamo n’amagambo yanjye akababamo, muzasabe icyo muzashaka cyose muzagihabwa.


Igihe nari kumwe na bo, abo wampaye narabaragiye mu izina ryawe; narabakomeje ntihagira n’umwe muri bo nzimiza, kereka umwana nyagucibwa kugira ngo Ibyanditswe byuzuzwe.


Nabagejejeho ijambo ryawe, maze isi irabanga, kuko atari ab’isi, nk’uko nanjye ntari uw’isi.


Si ab’isi, nk’uko nanjye ntari uw’isi.


nk’uko wamuhaye ububasha ku kiremwa cyose, ugira ngo abo wamuhaye bose, abahe ubugingo bw’iteka.


Dawe, ndashaka ko aho ndi, abo wampaye na bo tuhabana, kugira ngo babone ikuzo ryanjye wampaye, kuko wankunze isi itararemwa.


Nabamenyesheje izina ryawe, kandi nzakomeza kuribamenyesha, kugira ngo urukundo wankunze rubabemo, nanjye kandi mbabemo.»


Ubu bamenye ko ibyo wampaye byose, ari wowe biturukaho,


Bityo harangira ijambo yari yaravuze ati «Abo wampaye nta n’umwe najimije muri bo.»


Uwo Data ampa wese angeraho, kandi uza ansanga sinzamujugunya hanze.


Icyo Uwantumye ashaka ni ukutagira n’umwe nzimiza mu bo yampaye, ahubwo nkazamuzura ku munsi w’imperuka.


Ndababwira ukuri koko: ukomera ku magambo yanjye, ntateze gupfa bibaho.»


Abayahudi baramubwira bati «Ngaha twamenya ko wahanzweho na Sekibi! Abrahamu yarapfuye, n’abahanuzi barapfa. None wowe uravuga ngo ’Ukomera ku magambo yanjye, ntazakorwaho n’urupfu bibaho.’


Abanyamahanga babyumvise barishima, basingiza ijambo rya Nyagasani, n’abari baragenewe ubugingo bose baremera.


Nta bwo Imana yaciye umuryango wayo kandi ari wo yari yaratoye. Cyangwa se ntimuzi icyo Ibyanditswe bivuga aho Eliya arega Israheli ku Mana, agira ati


Kuko Imana yivugiye iti «Urumuri nirwakire mu mwijima». ni Yo ubwayo yamurikiye mu mitima yacu, ngo tumenye ikuzo ryayo ribengerana ku ruhanga rwa Kristu.


Ijambo rya Kristu niribaturemo, risagambe rwose. Mujye mwigishanya kandi muhanane, mubigiranye ubwitonzi. Mujye mushimira Imana mu mitima yanyu, muyiririmbira zaburi, ibisingizo n’izindi ndirimbo mubwirijwe na Roho Mutagatifu.


Jya wigisha ukurikije amagambo aboneye wanyumvanye, urangwe n’ukwemera n’urukundo ufitiye Kristu Yezu.


avuga ati «Nzogeza izina ryawe mu bavandimwe banjye; nzagusingirize rwagati mu ikoraniro.»


Naho Kristu We yashinzwe inzu yayo, ari Umwana bwite. Iyo nzu yayo ni twebwe, niba twikomejemo ubwiringire buhamye, kandi tugaterwa ishema n’ukwizera dufite.


Jyewe Petero, intumwa ya Yezu Kristu, kuri mwebwe ntore z’Imana, mwatatanijwe nk’abagenzi n’abasuhuke mu ntara ya Ponti, mu Bugalati, muri Kapadosiya, muri Aziya no muri Bitiniya,


Tuzi kandi ko Umwana w’Imana yaje, akaduha ubushishozi, kugira ngo tumenye Nyir’ukuri. Kandi turi muri Nyir’ukuri, tubikesha Umwana we Yezu Kristu. Ni We Nyir’ukuri, akaba Imana n’ubugingo buhoraho.


’Nzi neza aho utuye: ni ho hari intebe ya Sekibi. Ariko kandi, wakomeje kwizirika ku izina ryanjye, ntiwanyihakana, kabone no mu gihe cya Antipasi, umugaragu wanjye udahemuka wiciwe iwanyu, aho Sekibi atuye.


Kubera ko wakomeye ku ijambo ryanjye ubigiranye ubwiyumanganye, nanjye nzagukomeraho igihe cy’amagorwa agiye kugwirira isi yose, akazabera ikigeragezo abatuye isi.


’Nzi neza ibikorwa byawe. Dore nashyize imbere yawe umuryango ukinguye, utagira n’umwe wabasha kuwukinga. Ufite imbaraga nke, nyamara washoboye gukomera ku ijambo ryanjye, kandi ntiwihakana izina ryanjye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan