Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 16:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Bazabaca mu masengero; ndetse n’igihe kirageze, maze uzabica wese azibwire ko yubashye Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Bazabaca mu masinagogi, kandi igihe kigiye kuza, uzabica wese azibwira ko akoreye Imana umurimo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Bazabaca mu nsengero zabo, ndetse hagiye kuzaza igihe ubwo uzabica wese azibwira ko akorera Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Bazabaca mu nsengero zabo, ndetse hagiye kuzaza igihe ubwo uzabica wese azibwira ko akorera Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 16:2
27 Iomraidhean Croise  

Nuko bakavuga bati «Igirayo, ntunyegere, kuko wakurizaho gupfa!» Abo ni bo banyuka umwotsi mu mazuru, n’umuriro wabo ugurumana, ukiriza umunsi.


Nimutege amatwi ijambo ry’Uhoraho, mwebwe mwese, abahindishwa umushyitsi n’ijambo rye ! Abavandimwe banyu babanga, babaciye kubera izina ryanjye, baravuga bati «Ngaho Uhoraho niyerekane ikuzo rye, maze tubone ibyishimo byanyu.» Nyamara ni bo bazakorwa n’ikimwaro.


Ntimugatinye abica umubiri, ariko badashobora kwica ubugingo; ahubwo mutinye Ushobora kuroha ubuzima n’umubiri icyarimwe mu nyenga y’umuriro.


Ubwo bazabagabiza ababababaza, bakanabica; muzangwa n’amahanga yose kubera izina ryanjye.


Murahirwa igihe cyose abantu babanga, bakabaca, bakabatuka, bakabahindura ruvumwa, babaziza Umwana w’umuntu.


Icyakora benshi, ndetse no mu batware baramwemeraga, ariko kubera Abafarizayi ntibatinyuke kubyemeza, banga gucibwa mu isengero,


Ibyo nabibabwiye mu bigereranyo; igihe kirageze noneho simbe nkibabwiza ibigereranyo, maze mbabwire neruye ibyerekeye Data.


Dore igihe kiregereje, ndetse cyageze, maze mugatatana, umwe ukwe undi ukwe; mukansiga jyenyine. Mumenye ariko ko ntari jyenyine, kuko Data ari kumwe nanjye.


Yezu aramubwira ati «Mugore, nyemera: dore igihe kiregereje ntimube mugisengera Imana Data kuri uyu musozi, cyangwa se i Yeruzalemu.


Igihe kiregereje, ndetse ngiki cyageze, maze abasenga by’ukuri bakazasengana Imana Data umutima utaryarya, kuko abayisenga batyo ari bo Imana Data yikundira.


Ababyeyi be bavuze batyo babitewe no gutinya Abayahudi, kuko Abayahudi bari babyumvikanyeho ko umuntu wese uzemera ko Yezu ari Kristu, bazamuca mu isengero.


Baramusubiza bati «Wazikamye wese mu byaha ukivuka, none ni wowe ugiye kutwigisha?» Nuko bamusuka hanze.


Bo ngo babyumve, umujinya urabasya maze batekereza kubica.


Nuko aravuga ati «Dore ndabona ijuru rikinguye, n’Umwana w’umuntu ahagaze iburyo bw’Imana.»


baradusebya twe tugahoza abandi! Twahinduwe nk’icyavu cy’isi, kugeza na n’ubu batugize ibicibwa mu bantu.


Ku byerekeye umwete, natoteje Kiliziya; naho ku byerekeye ubutungane bukeshwa amategeko, simpinyuka.


Igihe ahambuye ikashe ya gatanu, mbona mu nsi y’urutambiro roho z’abishwe bahowe ijambo ry’Imana n’ubuhamya batanze.


Abantu bo mu mugi babwira Yowasi bati «Shyira ahagaragara umuhungu wawe maze apfe, kuko yarimbuye urutambiro rwa Behali, kandi agatema igiti cyeguriwe imana zacu cyari iruhande rwarwo.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan