Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 15:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Nimumbamo n’amagambo yanjye akababamo, muzasabe icyo muzashaka cyose muzagihabwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Nimuguma muri jye amagambo yanjye akaguma muri mwe, musabe icyo mushaka cyose muzagihabwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Nimuguma kuri jye, n'amagambo yanjye agahora muri mwe, musabe icyo mushaka cyose muzagihabwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Nimuguma kuri jye, n'amagambo yanjye agahora muri mwe, musabe icyo mushaka cyose muzagihabwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 15:7
24 Iomraidhean Croise  

Ari aho i Gibewoni, Uhoraho amubonekera nijoro mu nzozi, nuko Imana iramubwira iti «Saba! Urumva naguha iki?»


Koko rero, Nyir’ububasha ni we uzakunezeza, maze uzubure umutwe urangamire Imana;


sinigeze nanga amategeko yampaye, kandi nzirikana mu mutima amagambo yambwiye.


Amasezerano yawe nayikomeje mu mutima, ngira ngo ntagucumuraho.


Nezezwa n’Uhoraho, na we azaguha icyo umutima wawe wifuza.


Icyo umugiranabi atinya ni cyo kimubaho, ariko icyo intungane yifuje, iragihabwa.


Nuko data akanyigisha, agira ati «Umutima wawe ujye wibuka amagambo yanjye, ukurikize amabwiriza yanjye, maze bizakuviremo kubaho.


Bityo urumuri rwawe ruzarase nk’umuseke weya, n’igikomere cyawe kizasubirane bwangu. Ubutabera buzakugenda imbere, n’ikuzo ry’Uhoraho rigumane nawe.


Iyo numvise amagambo yawe, ndayamira: ijambo ryawe ryaranyuze, rinsendereza umunezero. Nitiriwe izina ryawe, Uhoraho Imana, Umugaba w’ingabo.


Musabe, muzahabwa; mushakashake, muzaronka; mukomange, muzakingurirwa.


Byongeye kandi, icyo muzasaba Data cyose mu izina ryanjye, nzagikora, kugira ngo Data ahererwe ikuzo muri Mwana.


Si mwe mwantoye, ahubwo ni jye wabatoye, maze mbashyiraho kugira ngo mugende, mwere imbuto, kandi imbuto yanyu igumeho; bityo icyo muzasaba Data cyose mu izina ryanjye, azakibahe.


Uwo munsi kandi ntimuzongera kugira icyo mumbaza. Ndababwira ukuri koko: nimugira icyo musaba Data mu izina ryanjye, azakibaha.


Nuko Yezu abwira Abayahudi bari bamwemeye, ati «Nimukomera ku ijambo ryanjye muzaba mubaye abigishwa banjye by’ukuri.


Nzi ko mukomoka kuri Abrahamu, ariko murashaka kunyica, kuko ijambo ryanjye mutarizirikana.


ahubwo agumya kugengwa n’abamurera n’abashinzwe ibintu bye kugeza igihe se yategetse.


Mureke mbabwire: Roho nabayobore, ni bwo mutazakora ibyo umubiri urarikira.


Amategeko nguhaye uyu munsi araguhore ku mutima.


Ijambo rya Kristu niribaturemo, risagambe rwose. Mujye mwigishanya kandi muhanane, mubigiranye ubwitonzi. Mujye mushimira Imana mu mitima yanyu, muyiririmbira zaburi, ibisingizo n’izindi ndirimbo mubwirijwe na Roho Mutagatifu.


Narabandikiye rero, bana banjye, kuko mwamenye Imana Data. Narabandikiye, babyeyi, kuko mwamenye Uriho kuva mu ntangiriro. Narabandikiye, rubyiruko, kuko muri abanyembaraga n’ijambo ry’Imana rikaba ribatuyemo, kandi mwatsinze Sekibi.


Naho mwebwe, isigwa yabakoreyeho ryabagumyemo, mukaba mudakeneye ko hagira undi uza kubigisha. Ubwo rero isigwa rye ari ryo mukesha kumenya byose, rikaba ari irinyakuri kandi ritabeshya, nimugume muri We, nk’uko mwabyigishijwe.


maze icyo dusabye cyose tukagihabwa, kuko dukurikiza amategeko yayo, kandi tugakora ikiyinyura.


Dore rero amizero dufite muri We: nitugira icyo tumusaba, gihuje n’ugushaka kwe, azatwumva.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan