Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 11:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Amaze kubabwira ibyo, yungamo, ati «Incuti yacu Lazaro arasinziriye, ngiye kumukangura.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Avuze atyo aherako arababwira ati “Incuti yacu Lazaro irasinziriye, ariko ngiye kumukangura.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Amaze kubabwira atyo yungamo ati: “Incuti yacu Lazaro arasinziriye, ariko ngiye kumukangura.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Amaze kubabwira atyo yungamo ati: “Incuti yacu Lazaro arasinziriye, ariko ngiye kumukangura.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 11:11
25 Iomraidhean Croise  

Ubwo Gehazi yari yababanje imbere, ashyira inkoni ku ruhanga rw’umwana, ariko ntihagira ijwi cyangwa se ikindi kimenyetso kiboneka cy’ubuzima. Gehazi aragaruka ahura na Elisha, amubwira ibyabaye, avuga ati «Umwana ntiyakangutse.»


None se, Mana yacu, si wowe wambuye iki gihugu abari bagituye ubigirira umuryango wawe Israheli, ukakigabira abakomoka ku ncuti yawe Abrahamu, ngo bazakibemo ubuziraherezo?


Uhoraho rero akavugana na Musa bahanganye amaso, mbese nk’uko umuntu avugana n’undi. Hanyuma Musa agasubira mu ngando; ariko umufasha we, umusore witwa Yozuwe mwene Nuni, ntave mu ihema.


Ariko wowe Israheli, mugaragu wanjye, Yakobo nihitiyemo, inkomoko ya Abrahamu, incuti yanjye,


Imva zirakinguka, n’imibiri y’abatagatifu benshi bapfuye irazuka.


«Nimuhave, uwo mukobwa ntiyapfuye; arasinziriye.» Nuko baramuseka.


Ngo yinjire, arababwira ati «Urwo rusaku n’ayo marira ni iby’iki? Umwana ntiyapfuye, ahubwo arasinziriye.»


Ariko umuntu ugenda nijoro aratsitara, kuko aba adafite urumuri.»


Abigishwa be baramubwira bati «Mwigisha, niba asinziriye azakira.»


Yezu yashakaga kuvuga ko yapfuye, bo bumva ko yaheranywe n’ibitotsi.


Nuko bashiki be batuma kuri Yezu, bati «Mwigisha, uwo ukunda ararwaye.»


Umukwe ni we nyir’umugeni, naho umuherekeza w’umukwe aba iruhande rwe, akamutega amatwi, agahimbazwa no kumva ijwi rye; ngibyo ibyishimo binsabye.


Nuko arapfukama maze atera hejuru ati «Nyagasani, ntubahore iki cyaha.» Ngo amare kuvuga ibyo, araca.


Bityo rero, n’abapfuye bizeye Kristu barayoyotse.


Nimwice ku businzi burundu, mwirinde gucumura. Kuko muri mwe harimo abatazi Imana na busa, ibyo mbivugiye kubakoza isoni.


Ngiye noneho kubahishurira ibanga. Twese ntituzapfa; ahubwo twese tuzahindurwa ukundi,


Ni cyo gituma bajya bavuga ngo «Kanguka, wowe usinziriye! Haguruka, uve mu bapfuye, maze Kristu akumurikire!»


Nuko Uhoraho abwira Musa ati «Dore wowe ugiye gupfa, usange abasogokuruza bawe. Uyu muryango uzatangira ube ihabara, wohoke ku mana z’abanyamahanga bari mu gihugu ugiye kwinjiramo; uzampararukwa umene igihango cy’Isezerano nagiranye na wo.


wadupfiriye kugira ngo, twaba bazima cyangwa twaba twarapfuye, duhore twunze ubumwe na we.


maze hakarangira ijambo ry’Ibyanditswe rigira riti ’Nuko Abrahamu yemera Imana, bityo aba intungane’ kandi yitwa incuti y’Imana.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan