Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 10:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Umujura agenzwa no kwiba, no kwica, no kurimbura. Jye rero nazanywe no kugira ngo intama zigire ubugingo, kandi zibugire busagambye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Umujura ntazanwa n'ikindi keretse kwiba no kwica no kurimbura, ariko jyeweho nazanywe no kugira ngo zibone ubugingo, ndetse ngo zibone bwinshi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Umujura azanwa gusa no kwiba no kwica no kurimbura. Jyewe nazanywe no kugira ngo intama zibone ubugingo, ndetse busendereye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Umujura azanwa gusa no kwiba no kwica no kurimbura. Jyewe nazanywe no kugira ngo intama zibone ubugingo, ndetse busendereye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 10:10
25 Iomraidhean Croise  

ariko kandi ni n’imbwa z’ibisambo: ntibazi kuvuga ngo «Turahaze», ngabo abitwa abashumba! Nta cyo biyumvira na mba, buri wese atomera ukwe; buri wese yishakira inyungu ye gusa.


Igihe nshatse gukiza Israheli, amafuti ya Efurayimu n’ubugome bwa Samariya ni bwo byigaragaje; ni koko ibyo bakora ni ibinyoma: umujura arinjira mu nzu, agatsiko k’abambuzi kagaca ibintu ku gasozi.


Mwirinde kugira uwo musuzugura muri abo bato; koko rero ndababwira ko mu ijuru abamalayika babo badahwema kureba uruhanga rwa Data wo mu ijuru.


Ni nk’uko Umwana w’umuntu ataje gukorerwa, ahubwo yaje gukorera abandi no gutanga ubugingo bwe ngo bube incungu ya benshi».


Maze arababwira ati «Handitswe ngo ’Inzu yanjye izitwa ingoro yo gusengeramo; none mwebwe mwayigize ubuvumo bw’abajura!’»


Nimwiyimbire, bigishamategeko n’Abafarizayi b’indyarya, mwe mutesha abantu irembo ry’Ingoma y’ijuru! Ubwanyu ntimwinjira, maze n’ababishaka ntimureke binjira. ()


Nuko abigisha ababwira ati «Mbese ntihanditswe ngo: Inzu yanjye izitwa inzu yo gusengerwamo n’amahanga yose, naho mwebwe mwayigize ubuvumo bw’abambuzi!»


Koko rero, Umwana w’umuntu yazanywe no gushaka no kurokora ibyazimiye.»


Ndababwira ukuri koko: umuntu utinjirira mu irembo ry’urugo rw’intama, ahubwo akuririra ahandi, aba ari umujura n’igisambo.


Ni jye mushumba mwiza. Umushumba mwiza yigurana intama ze.


Nihagira uwumva amagambo yanjye ntayakurikize, si jye umucira urubanza, kuko ntazanywe no gucira isi urubanza, ahubwo naje gukiza isi.


Ibyo ariko ntiyabivugiraga ko yari ababajwe n’abakene, ahubwo ni uko yari umujura; n’ubundi ni we wari umubitsi, akajya yiha ku byo bamubikije.


Icyakora, Imana ntiyohereje Umwana wayo ku isi ngo ayicire urubanza, ahubwo yagira ngo akize isi.


Ariko mwanga kunsanga, ngo mugire ubugingo.


Kuko umugati Imana itanga ari umanuka mu ijuru, kandi ukazanira isi ubugingo.»


Ni jye mugati muzima wamanutse mu ijuru. Urya uwo mugati azabaho iteka; kandi umugati nzatanga, ni umubiri wanjye, kugira ngo isi igire ubugingo.»


Ko wigisha abandi, ntiwiyigishe ubwawe; ko ubwiriza kutiba, nyamara ukiba;


Dore ijambo rigomba kwizerwa, kandi rikwiye kwakiranwa ubwuzu na bose: ni uko Kristu Yezu yaje ku isi kugira ngo akize abanyabyaha, muri bo jye nkaba uwa mbere.


Ni cyo cyatumye Imana ubwayo ikoresha indahiro ngo igaragarize abo yageneye isezerano ko umugambi wayo udakuka.


Ni cyo gituma ashobora kurokora burundu abamunyuraho bagana Imana, kuko abereyeho kubingingira iteka ryose.


Bityo rero, mukazakiranwa urugwiro mu Ngoma ihoraho y’Umwami wacu n’Umukiza wacu Yezu Kristu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan