Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 1:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Yari asanzwe yifitemo ubugingo, kandi ubwo bugingo bukaba urumuri rw’abantu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Muri we harimo ubugingo, kandi ubwo bugingo bwari Umucyo w'abantu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Muri we harimo ubugingo kandi ubwo bugingo bwari urumuri rw'abantu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Muri we harimo ubugingo kandi ubwo bugingo bwari urumuri rw'abantu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 1:4
30 Iomraidhean Croise  

Ni kuki nagira ubwoba mu minsi mibi, ngatinya ubugome bw’inyaryenge zinkikije,


Kuko umunsi umwe mu nkomane zawe undutira iyindi igihumbi namara ahandi, mpisemo kwigumira mu irebe ry’Ingoro y’Imana yanjye, aho gutura mu mahema y’abagiranabi.


Nzayobora impumyi mu nzira zitamenyereye, nzinyuze mu tuyira zitazi. Nzahindura umwijima mo urumuri imbere yabo, n’inzira ziyobaguritse, zigororwe. Iyo migambi ngiye kuyirangiza, kandi sinteze kuyireka na rimwe.»


Imbaga yari yigungiye mu mwijima yabonye urumuri rutangaje; n’abari batuye mu gihugu gicuze umwijima w’urupfu, urumuri rwabarasiyeho.»


Ni we rumuri ruboneshereza amahanga, akaba n’ikuzo ry’umuryango wawe Israheli !»


Yezu aramubwira ati «Ni jye zuka n’ubugingo; unyemera, n’aho yaba yarapfuye, azabaho.


Yezu arababwira ati «Ubu ni igihe gito urumuri rubarimo; cyo nimugende mugifite urumuri, umwijima utabatungura, kuko ugenda mu mwijima, atamenya aho agana.


Naje mu nsi ndi urumuri, kugira ngo unyemera wese adahera mu mwijima.


Yezu aramusubiza ati «Ni jye Nzira, n’Ukuri n’Ubugingo. Nta we ugera kuri Data atanyuzeho.


Dore urwo rubanza urwo ari rwo: ni uko urumuri rwaje mu isi, abantu bakikundira umwijima kuruta urumuri, kuko ibikorwa byabo byari bibi.


Uko Data azura abapfuye kandi akabeshaho, ni na ko Mwana abeshaho abo yishakiye.


Uko Data yifitemo ubugingo, ni na ko yahaye Mwana kwigiramo ubugingo.


Nuko Yezu yongera kubabwira ati «Ndi urumuri rw’isi, unkurikira ntazagenda mu mwijima, ahubwo azatunga urumuri rw’ubugingo.»


Igihe nkiri ku isi, ndi urumuri rw’isi.»


bityo mpamya ko Kristu yagombaga kubabara, kandi ko aho amariye kuzuka uwa mbere mu bapfuye, azasakaza urumuri mu muryango wacu no mu mahanga.»


Ni na ko byanditswe ngo: Muntu wa mbere, Adamu, yagabiwe ubuzima bw’umubiri, ariko Adamu wa kabiri, ugizwe na Roho, atanga ubuzima.


Ni cyo gituma bajya bavuga ngo «Kanguka, wowe usinziriye! Haguruka, uve mu bapfuye, maze Kristu akumurikire!»


Aho Kristu azigaragariza, We bugingo bwanyu, icyo gihe namwe muzagaragara muri kumwe na We, mu ikuzo ryisesuye.


Ibyariho kuva mu ntangiriro n’ibyo twiyumviye kuri Jambo Nyir’ubugingo, ibimwerekeyeho twiboneye n’amaso yacu, tukabyitegereza, tukabikorakoza ibiganza byacu, ni byo namwe tubamenyesha.


Koko, Ubugingo bwarigaragaje maze turabwibonera; none turahamya kandi tukabamenyesha ubwo Bugingo buzahoraho iteka, bwari kumwe n’Imana kandi bukatwigaragariza.


Dore rero ubwo buhamya: Imana yaduhaye ubugingo buhoraho, kandi ubwo bugingo buri mu Mwana wayo.


Hanyuma anyereka uruzi rw’amazi y’ubugingo yaboneranaga nk’ikirahure, rwavubukaga ku ntebe y’ubwami y’Imana no ku ya Ntama.


Jyewe Yezu, nohereje umumalayika wanjye kugira ngo ababwire ubu buhamya bugenewe za Kiliziya. Ndi inkomoko y’umuryango wa Dawudi; inyenyeri yakirana mu rukerera.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan