Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 1:34 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

34 Naramwiboneye ubwanjye kandi ndahamya ko ari we Mwana w’Imana.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

34 Nanjye mbibonye, mpamya yuko ari Umwana w'Imana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

34 Narabyiboneye none ndahamya ko uwo ari we Mwana w'Imana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

34 Narabyiboneye none ndahamya ko uwo ari we Mwana w'Imana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 1:34
42 Iomraidhean Croise  

Reka ntangaze iteka Uhoraho yaciye : yarambwiye ati «Uri umwana wanjye, jyewe uyu munsi nakwibyariye!


Byose nabyeguriwe na Data, kandi nta we uzi Mwana keretse Data, nta n’uzi Data, keretse Mwana n’uwo Mwana ashatse kumuhishurira.


Simoni Petero aramusubiza ati «Wowe uri Kristu, Umwana w’Imana Nzima!»


Akivuga ibyo, igihu kibengerana kirabatwikira; ijwi riturukamo rivuga riti «Uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane unyizihira; nimumwumve!»


Ariko Yezu aricecekera. Umuherezabitambo mukuru aramubwira ati «Nkurahije Imana ihoraho, ngo utubwire niba uri Kristu, Umwana w’Imana.»


bavuga bati «Wowe usenya Ingoro y’Imana, ukongera kuyubaka mu minsi itatu, ikize ubwawe niba uri Umwana w’Imana, maze umanuke ku musaraba!»


Yiringiye Imana; nimukize rero ubu niba imukunze! Kuko yavuze ati ’Ndi Umwana w’Imana.’»


Umutegeka hamwe n’abasirikare be barindanaga Yezu, babonye umutingito w’isi n’ibyari bibaye, bagira ubwoba bwinshi, baravuga bati «Uyu koko yari Umwana w’Imana!»


Ubwo ijwi rituruka mu ijuru rivuga riti «Uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane unyizihira.»


Nuko Umushukanyi aramwegera, aramubwira ati «Niba uri Umwana w’Imana, tegeka aya mabuye ahinduke imigati.»


maze aramubwira ati «Niba uri Umwana w’Imana, ijugunye hasi; kuko handitswe ngo ’Izategeka abamalayika bayo kuzagusama, kugira ngo udasitara ku ibuye.’»


Nuko barasakuza bati «Uradushakaho iki, Mwana w’Imana? Wazanywe no kuduturumbanya igihe kitaragera?»


Intangiriro y’Inkuru Nziza ya Yezu Kristu, Umwana w’Imana.


Nuko ijwi rituruka mu ijuru, riti «Uri Umwana wanjye nkunda cyane unyizihira.»


Malayika aramusubiza ati «Roho Mutagatifu azakumanukiraho, maze ububasha bwa Nyir’ijuru bukubundikire mu gicucu cye, ndetse ugiye kuvuka azaba intungane, kandi azitwa Umwana w’Imana.


maze Roho Mutagatifu amumanukiraho bamubona ameze nk’inuma. Nuko ijwi rituruka mu ijuru riti «Uri Umwana wanjye, nakwibyariye none.»


Nta wigeze abona Imana na rimwe; Umwana w’ikinege uba muri Se, ni We wayimenyekanishije.


Natanayeli aramusubiza ati «Rabbi, koko uri Umwana w’Imana, uri Umwami wa Israheli.»


Jye na Data turi umwe.»


mushobora mute kubwira uwo Data yatagatifuje akamutuma mu nsi, ngo ’Uratuka Imana’, ari uko ngize nti ’Ndi Umwana w’Imana’?


Marita ati «Yego, Nyagasani, nemera ko uri Kristu Umwana w’Imana waje muri iyi si.»


Abayahudi baramusubiza bati «Dufite itegeko, kandi dukurikije iryo tegeko agomba gupfa, kuko yigize Umwana w’Imana.»


Tomasi amusubiza avuga, ati «Nyagasani, Mana yanjye!»


Ibi byanditswe ari ukugira ngo mwemere ko Yezu ari Kristu, Umwana w’Imana, no kugira ngo nimumwemera mugire ubugingo mu izina rye.


Twe twaremeye, kandi tuzi ko uri Intungane y’Imana.»


ariko izuka rye ava mu bapfuye rikagaragaza ko ari Umwana w’Imana mu bubasha bwose ku bwa Roho Mutagatifu.


Koko rero, Umwana w’Imana, Kristu Yezu, twamamaje iwanyu, jyewe, Silivani na Timote, si uko ateye. Ntiyabaye icyarimwe «yego» na «oya», yabaye «yego» gusa!


Byongeye Malekisedeki, nta se uzwi, nta nyina, nta bisekuruza, nta we uzi igihe yavukiye n’igihe yapfiriye, maze agashushanya atyo Umwana w’Imana, akaba kandi n’Umuherezabitambo w’iteka ryose.


Umuntu wese uhakana Mwana, ntaba ari kumwe n’Imana Data; naho uhamya Mwana, aba ari kumwe n’Imana Data.


Naho ukora icyaha, aba ari uwa Sekibi, kuko Sekibi ari umunyabyaha kuva mu ntangiriro. Ngicyo icyatumye Umwana w’Imana yigaragaza: ni ukugira ngo arimbure ibikorwa bya Sekibi.


Dore uko urukundo rw’Imana rwigaragaje muri twe: Imana yohereje Umwana wayo w’ikinege ku isi, kugira ngo tubeshweho na We.


Tuzi kandi ko Umwana w’Imana yaje, akaduha ubushishozi, kugira ngo tumenye Nyir’ukuri. Kandi turi muri Nyir’ukuri, tubikesha Umwana we Yezu Kristu. Ni We Nyir’ukuri, akaba Imana n’ubugingo buhoraho.


Umuntu wese udakomera ku nyigisho za Kristu, ahubwo akazirengaho, ntaba afite Imana; naho ukomera ku nyigisho ze, ni we uba afite Imana Data na Mwana.


Andikira umumalayika wa Kiliziya y’i Tiyatira uti «Umwana w’Imana, wa Wundi ufite amaso arabya nk’umuriro ugurumana, n’ibirenge bisa n’umuringa w’agaciro gakomeye, aravuga ati


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan