Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 1:18 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

18 Nta wigeze abona Imana na rimwe; Umwana w’ikinege uba muri Se, ni We wayimenyekanishije.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

18 Uhereye kera kose nta muntu wigeze kubona Imana, ahubwo Umwana w'ikinege uri mu gituza cya Se, ni we wayimenyekanishije.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

18 Nta muntu wigeze abona Imana, ahubwo Umwana w'ikinege uhorana na Se ni we wayimenyekanishije.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

18 Nta muntu wigeze abona Imana, ahubwo Umwana w'ikinege uhorana na Se ni we wayimenyekanishije.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 1:18
41 Iomraidhean Croise  

Hagara yambaza izina ry’Uhoraho wari umaze kumubwira ibyo ngibyo, avuga ati «Uri Imana imbona». Yaribwiraga ati «Ese koko aha ni ho namuboneye, We uhora ambona?»


Uhoraho ngo arangize kuvugana na Abrahamu, aragenda, maze Abrahamu asubira iwe.


Witonde kandi wumve ijwi rye: ntuzamubere intumva, kuko atakwihanganira igicumuro cyawe, ubwo ambereye mu cyimbo.


Maze babona Imana ya Israheli; mu nsi y’ibirenge byayo hari hashashe amabuye y’agaciro, ubururu bwayo bukabengerana nk’ijuru.


ubwo nari iruhande rwe nk’umwana ukunzwe, ngahora mushimisha buri munsi, simpweme kumukina imbere,


Ameze nk’umushumba uragiye ubushyo, akabwegeranya n’ukuboko kwe; abana b’intama akabatwara mu gituza cye, intama z’imbyeyi akazemera mu rwuri rutoshye.


Barabaza ba nyina, bati «Ingano na divayi biri he?» ari na ko barabirana nk’inkomere ku bibuga by’umurwa, basambagurika mu maboko ya ba nyina.


Muvugisha imbonankubone bitari mu marenga, nkamwiyereka, bityo akabona ishusho y’Uhoraho. None se mutinyutse mute kunegura umugaragu wanjye Musa?»


Byose nabyeguriwe na Data, kandi nta we uzi Mwana keretse Data, nta n’uzi Data, keretse Mwana n’uwo Mwana ashatse kumuhishurira.


Byose nabyeguriwe na Data, kandi nta we uzi Mwana uwo ari we keretse Data, nta n’uzi Data uwo ari we keretse Mwana n’uwo Mwana ashatse kubihishurira.»


Nuko Jambo yigira umuntu maze abana natwe, kandi twibonera ikuzo rye, ikuzo Umwana w’ikinege akomora kuri Se, akaba asendereye ubuntu n’ukuri.


Izayi yavuze ibyo, kuko yari yabonye ikuzo rya Yezu, kandi abivuga ari we abyerekejeho.


Nuko umwe mu bigishwa, uwo Yezu yakundaga, akaba yegamiye Yezu ku gituza.


Yezu aramusubiza ati «Filipo we, n’iminsi yose tumaranye, ukaba utanzi? Uwambonye aba yabonye na Data. Ushobora ute kuvuga ngo twereke So?


Nabamenyesheje izina ryawe, kandi nzakomeza kuribamenyesha, kugira ngo urukundo wankunze rubabemo, nanjye kandi mbabemo.»


Namamaje izina ryawe mu bantu wampaye ubakuye mu nsi. Bari abawe maze urabampa, na bo bubaha ijambo ryawe.


Ndakubwira ukuri koko: tuvuga ibyo tuzi, tugahamya n’ibyo twabonye, ariko ntimwemere ibyo duhamya.


Nta wigeze abona Data, uretse uwaturutse ku Mana; uwo nguwo ni we wabonye Data.


n’abemeragato imana y’iyi si yahumye ubwenge, ku buryo batagerwaho n’umucyo w’Inkuru Nziza n’ububengerane bwa Kristu, We buranga nyakuri bw’Imana.


Uhoraho rero abavugisha ari muri uwo muriro rwagati: ijwi ryaravugaga mukaryumva, ariko ntimugire ishusho mubona, mwumvaga ijwi gusa.


Ni We shusho ry’Imana itagaragara, Umuvukambere mu byitwa ikiremwa cyose,


Umwami w’ibihe byose, ari na We Mana imwe rukumbi, ihoraho kandi itagaragara, naharirwe icyubahiro n’ikuzo, uko ibihe bigenda bisimburana iteka. Amen.


Yo yonyine yihariye ukudapfa, igahora ituye mu rumuri rudahangarwa, ntihagire umuntu n’umwe waba yarayibonye cyangwa ngo ashobore kuzayibona bibaho. Niharirwe icyubahiro n’ububasha ubuziraherezo! Amen.


Nuko igihe Yozuwe yari hafi ya Yeriko, yubura amaso aritegereza: abona umugabo uhagaze imbere ye; yari yakuye inkota mu rwubati ayifashe mu ntoki. Yozuwe aramwegera, aramubaza ati «Uri uwacu, cyangwa se uri uwo mu banzi bacu?»


Nta muntu wigeze abona Imana, ariko niba dukundana, Imana idutuyemo kandi urukundo rwayo ruba ruganje muri twe.


Niba umuntu avuze ati «Nkunda Imana», ariko akanga umuvandimwe we, aba ari umubeshyi. Koko rero, umuntu udakunda umuvandimwe we abonesha amaso, ntashobora gukunda Imana atabona.


Dore uko urukundo rw’Imana rwigaragaje muri twe: Imana yohereje Umwana wayo w’ikinege ku isi, kugira ngo tubeshweho na We.


Tuzi kandi ko Umwana w’Imana yaje, akaduha ubushishozi, kugira ngo tumenye Nyir’ukuri. Kandi turi muri Nyir’ukuri, tubikesha Umwana we Yezu Kristu. Ni We Nyir’ukuri, akaba Imana n’ubugingo buhoraho.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan