Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 1:17 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

17 Uko Amategeko yatanzwe anyuze kuri Musa, ni na ko ubuntu n’ukuri byatugejejweho binyujijwe kuri Yezu Kristu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

17 kuko amategeko yatanzwe na Mose, ariko ubuntu n'ukuri byo byazanywe na Yesu Kristo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

17 Amategeko yanyujijwe kuri Musa, naho ubuntu n'ukuri byo byaje binyujijwe kuri Yezu Kristo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

17 Amategeko yanyujijwe kuri Musa, naho ubuntu n'ukuri byo byaje binyujijwe kuri Yezu Kristo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 1:17
37 Iomraidhean Croise  

Kandi urubyaro rwawe, ni rwo amahanga yose y’isi azifurizanyamo umugisha, kuko wumviye ijambo ryanjye.»


Nshyize inzigo hagati yawe n’umugore, hagati y’urubyaro rwawe n’urubyaro rwe; ruzakujanjagura umutwe, nawe urukomeretse ku gatsinsino.»


Koko ubuvunyi bwe buba hafi y’abamutinya, kugira ngo ikuzo rye rigume mu gihugu cyacu.


Yibutse ubuntu bwe n’ubudahemuka bwe, agirira inzu ya Israheli. Imipaka yose y’isi yabonye ugutsinda kw’Imana yacu.


Yakobo uzamugaragarize ubudahemuka bwawe, na Abrahamu umwereke ineza yawe, nk’uko wabirahiye abasekuruza bacu kuva mu bihe bya kera.


Nuko Jambo yigira umuntu maze abana natwe, kandi twibonera ikuzo rye, ikuzo Umwana w’ikinege akomora kuri Se, akaba asendereye ubuntu n’ukuri.


Yezu aramusubiza ati «Ni jye Nzira, n’Ukuri n’Ubugingo. Nta we ugera kuri Data atanyuzeho.


Nuko Pilato aramubaza ati «Noneho rero uri umwami ?» Yezu aramusubiza ati «Urabyivugiye ko ndi umwami ! Cyakora icyo jyewe navukiye, kandi kikanzana ku isi, ni ukugira ngo mpamye ibyerekeye ukuri. Unyurwa n’ukuri wese, yumva icyo mvuga.»


Ntimugire ngo ni jyewe uzabarega kuri Data, uzabarega ni Musa, kandi ari we mwiringiye.


Mbese nta mategeko Musa yabahaye? Nyamara nta n’umwe muri mwe uyakurikiza.


Kandi muzamenya ukuri, maze ukuri kubahe kwigenga.»


Tuzi ko Imana yavuganye na Musa, ariko we ntituzi aho aturuka.»


Ubwo bemeranya umunsi bazongera guterana, uwo munsi ugeze bamusanga ari benshi ku icumbi rye. Ahera mu gitondo ageza nimugoroba abasobanurira iby’Ingoma y’Imana, anagerageza kubemeza ku byerekeye Yezu, ahereye ku Mategeko ya Musa no ku Bahanuzi.


Igihe cy’ikoraniro ryo mu butayu, ni we kandi wari uhagaze imbere y’abasekuruza bacu, akavugana n’Umumalayika ku musozi wa Sinayi; ni we wakiriye amagambo y’ubugingo kugira ngo ayadushyikirize.


Koko rero icyaha ntikikibafiteho ububasha, kuko mutakigengwa n’amategeko, ahubwo mugengwa n’ineza.


Ku buryo amasezerano yose y’Imana yabaye muri we «yego», natwe tugakurizaho gukuza Imana, tuvuga tuti «Amen».


Icyo nshaka kuvuga rero ni iki: indagano ihamye y’Imana nta bwo yaseswa n’itegeko ryashyizweho hashize imyaka magana ane na mirongo itatu; bibaye ibyo, iyo ndagano yaba ibaye ubusa.


Musa yatugeneye Itegeko, arishyikiriza iteraniro rya bene Yakobo.


Ngayo amategeko Musa yashyikirije Abayisraheli.


Musa ahamagaza Israheli yose, maze arayibwira ati «Israheli, tega amatwi, wumve amategeko n’amabwiriza nkubwira uyu munsi; muzayige muyafate, kandi mwihatire kuyakurikiza.


Bityo, nk’uko Amategeko abivuga, hafi ya byose bisukurishwa amaraso, maze ntihabe ibabarirwa ry’ibyaha, hatabanje kumenwa amaraso.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan