Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 1:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Kandi twese twahawe ku busendere bwe, tugirirwa ubuntu bugeretse ku bundi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 Kandi ibimwuzuye akaba ari byo twahaweho twese, ni ubuntu bukurikira ubundi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Twese twahawe ku migisha ye isendereye, kandi tugirirwa ubuntu bugeretse ku bundi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Twese twahawe ku migisha ye isendereye, kandi tugirirwa ubuntu bugeretse ku bundi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 1:16
24 Iomraidhean Croise  

Iyo bambutse ikibaya cya Rurira, bakibyaza amasoko, maze imvura y’impangukano ikahuzuza ibidendezi.


Uri iki se, wa musozi we muremure? Uzahinduka ikibaya imbere ya Zorobabeli, azakuramo ibuye ry’ifatizo bashimagiza, bagira bati ’Mbega ibuye ryiza! Ni ryiza rwose!»


Kuko ufite byinshi ari we uzongererwa agakungahara; naho ufite bike, n’icyo yari afite bazakimwaka.


Jyewe ndababatirisha amazi kugira ngo mwisubireho, ariko Uje ankurikiye andusha ububasha, ndetse sinkwiriye no kumukuramo inkweto; We azababatirisha Roho Mutagatifu n’umuriro.


Yohani ashaka kumuhakanira ati «Ni jye ukeneye kubatizwa nawe, none uransanze!»


kuko ubwanjye nzabaha imvugo n’ubuhanga abanzi banyu batazashobora kurwanya cyangwa kuvuguruza.


Uwo Imana yatumye, avuga amagambo y’Imana, kuko Imana itamuha Roho wayo imugerera.


Niba koko urupfu rwaraganje rutewe n’umuntu umwe, rutewe n’icyaha cy’umuntu umwe, ku buryo busumbijeho abahabwa ineza n’ingabire zitabarika z’ubutungane, bazaganza mu bugingo babikesha umuntu umwe, Yezu Kristu.


Ku bwe twashyikiriye, mu kwemera, iyi neza tuganjemo, none twiratira gutegereza ikuzo ry’Imana.


Amategeko yaje agwiza icyaha, ariko aho icyaha cyakwiriye, ineza yarushijeho kuhasendera


Mwebwe ariko, ntimugengwa n’umubiri, ahubwo mugengwa na roho, kuko Roho w’Imana atuye muri mwe. Umuntu udafite Roho wa Kristu, uwo ntaba ari uwe.


ari yo mubiri n’umusendero w’Uwo Imana ubwayo isendereyemo ku buryo bwose.


Ni bwo muzagera ku bumenyi busumba byose bw’urwo rukundo, maze musenderezwemo mutyo ubukungahare bw’Imana.


kuko Imana yizihijwe no kumusenderezamo ibyiza byose,


We nganzo iganjemo icyitwa ubuhanga n’ubumenyi cyose.


Bashakashakaga uko batahura igihe n’uburyo ibyo bari bumvishijwe na Roho wa Kristu wari ubarimo bizabera, nk’ibyerekeye ububabare Kristu yagombaga kubabara, hamwe n’ikuzo rizabukurikira.


mukaba ari mwebwe Imana Data yatoranije bikurikije umugambi wayo, ikabatagatifurisha Roho kugira ngo mujye mwumvira Yezu Kristu kandi musukurwe n’amaraso ye: ineza n’amahoro nibibasenderemo!


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan