Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 1:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Nyamara abamwakiriye bose, yabahaye ububasha bwo guhinduka abana b’Imana, abo ni abemera Izina rye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Icyakora abamwemeye bose bakizera izina rye, yabahaye ubushobozi bwo kuba abana b'Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Nyamara abamwakiriye bose bakemera uwo ari we, yabahaye ubushobozi bwo kuba abana b'Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Nyamara abamwakiriye bose bakemera uwo ari we, yabahaye ubushobozi bwo kuba abana b'Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 1:12
27 Iomraidhean Croise  

Wihangiye Israheli, umuryango wawe, kugira ngo ube iteka umuryango wawe bwite, kandi wowe Uhoraho, ube Imana yabo.


nzabazigamira mu Ngoro yanjye i Yeruzalemu inkingi iriho izina ryabo; ibyo bizababere byiza kuruta abahungu n’abakobwa. Nzabaha izina rizahoraho ubutazasibangana.


Jyewe nahoze nibwira nti «Icyampa ngo nshobore kugutandukanya n’abandi bana, nguhe igihugu gitoshye, n’umurage uhebuje andi mahanga ubwiza.» Naribwiraga nti «Muzajya munyita ’Dawe’, kandi ntimuzongera kwitandukanya nanjye ukundi.»


Ubakiriye neza, ni jye aba yakiriye, n’unyakiriye aba yakiriye Uwantumye.


abanyamahanga bazizera Izina rye.»


Uwakira neza umwana nk’uyu ari jye agirira, ni jye aba yakiriye.


Yaje mu bye, ariko abe ntibamwakira.


Yazanywe no kuba umugabo wo guhamya iby’urwo rumuri, kugira ngo bose bamukeshe kwemera.


Bitari no gupfira rubanda gusa, ndetse no gukoranya abana b’Imana batatanye, akababumbira hamwe.


Igihe yari i Yeruzalemu mu minsi mikuru ya Pasika, abantu benshi babonye ibimenyetso yatangaga, bemera izina rye.


Ibi byanditswe ari ukugira ngo mwemere ko Yezu ari Kristu, Umwana w’Imana, no kugira ngo nimumwemera mugire ubugingo mu izina rye.


Umwemera wese ntacirwa urubanza, ariko utemera aba yaciriwe urubanza, kuko atemera izina ry’Umwana w’ikinege w’Imana.


Kubera ko twiringiye izina rya Yezu, iryo zina ni ryo ryakomeje uyu muntu mubona kandi muzi; maze ukwemera gukomoka kuri Yezu kumusubiza ubuzima bwe bwose mu maso yanyu mwese.


Abayoborwa na Roho w’Imana, abo ni bo bana b’Imana.


Roho uwo nyine afatanya na roho yacu guhamya ko turi abana b’Imana.


Ndetse n’ibiremwa byose birarekereje ngo birebe igaragazwa ry’abana b’Imana:


kuko mwese muri abana b’Imana mubikesha kwemera Kristu Yezu.


Kandi koko muri abana b’Imana, yo yohereje Roho w’Umwana wayo mu mitima yanyu ngo arangurure ijwi agira ati «Abba, Data.»


Bityo rero, nimukomeze mujye mbere muri Kristu Yezu Umwami wacu, mbese nk’uko mwamubwiwe;


Bityo duhabwa ibyiza by’igiciro gihanitse twasezeranyijwe, kugira ngo mwinjire muri kamere y’Imana, mumaze kwitandukanya n’ubwononekare bwazanywe mu nsi n’irari.


Nimurebe urukundo ruhebuje Imana Data yadukunze, kugeza n’aho twitwa abana b’Imana, kandi tukaba turi bo koko! Dore impamvu isi idashobora kutumenya: ni uko itamenye Imana.


Dore ikigaragaza abana b’Imana n’abana ba Sekibi: umuntu wese udakora ibitunganye, cyangwa ntakunde umuvandimwe we, ntakomoka ku Mana.


Nkoramutima zanjye, ubu turi abana b’Imana, ariko uko tuzamera ntibiragaragazwa. Gusa tuzi ko igihe Kristu azigaragariza, tuzaba dusa na We, kuko tuzamureba uko ari mu by’ukuri.


Dore rero itegeko ry’Imana: ni uko twakwemera izina ry’Umwana wayo Yezu Kristu, kandi tugakundana nk’uko yabidutegetse.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan