Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yohana 1:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Yari mu isi, kandi isi yabayeho ku bwe, ariko isi irarenga ntiyamumenya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Yari mu isi ndetse ni we wayiremye, nyamara ab'isi ntibamumenya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Yari ku isi kandi isi yabayeho kubera we, nyamara isi ntiyamumenya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Yari ku isi kandi isi yabayeho kubera we, nyamara isi ntiyamumenya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yohana 1:10
23 Iomraidhean Croise  

Hagara yambaza izina ry’Uhoraho wari umaze kumubwira ibyo ngibyo, avuga ati «Uri Imana imbona». Yaribwiraga ati «Ese koko aha ni ho namuboneye, We uhora ambona?»


Nuko ageze mu kigero cy’imyaka mirongo urwenda n’icyenda, Uhoraho aramubonekera, aramubwira ati «Ni jye Mana Nyir’ ububasha. Ukurikire inzira zanjye ube intungane.


Uhoraho ngo arangize kuvugana na Abrahamu, aragenda, maze Abrahamu asubira iwe.


Yari yasuzuguwe kandi yatereranywe n’abantu, umunyamibabaro n’umumenyerane w’ibyago; mbese nk’uwo bagera imbere, bakipfuka mu maso, kuko yari asuzuguritse, twese nta we umwitaho.


Byose nabyeguriwe na Data, kandi nta we uzi Mwana keretse Data, nta n’uzi Data, keretse Mwana n’uwo Mwana ashatse kumuhishurira.


Yaje mu bye, ariko abe ntibamwakira.


Nta wigeze abona Imana na rimwe; Umwana w’ikinege uba muri Se, ni We wayimenyekanishije.


Ni we ibintu byose bikesha kubaho, nta n’ikiremwa na kimwe cyabayeho bitamuturutseho.


Nuko urumuri rumurika mu mwijima, ariko umwijima wanga kurwakira.


Dawe w’intungane, isi ntiyakumenye, ariko jye narakumenye, n’aba kandi bamenye ko ari wowe wantumye.


Nuko Yezu arabasubiza ati «Kugeza ubu Data arakora, nanjye ngakora.»


nyamara ntiyaretse gutanga ibimenyetso bihamya ubugiraneza bwayo: ibaha imvura n’ibihe by’uburumbuke, ikabahaza ibibatunga, n’imitima yanyu ikayuzuza ibyishimo.»


Koko rero, isi ku bwenge bwayo ntiyashoboye kumenyera Imana mu bigaragaza ubuhanga bwayo; ni yo mpamvu Imana yihitiyemo gukiza abemera, ikoresheje ubusazi bw’iyamamazabutumwa.


Nta n’umwe wo mu bagenga b’iyi si wigeze aritahura, kuko iyo baza kuritahura, ntibaba barabambye Umwami w’ikuzo.


kuri twe habaho Imana imwe, ari yo Mubyeyi, byose biturukaho, ari na Yo tugana; hakabaho na Nyagasani umwe, Yezu Kristu, ari We ubeshaho byose, natwe tukabeshwaho na We.


kuko byose byaremewe muri We, ari ibiri mu ijuru, ari n’ibiri ku isi. Ibigaragara n’ibitagaragara, Ibinyabubasha n’Inganji, Ibikomangoma n’Ibihangange: byose byaremwe na We, kandi ni We byaremewe;


Ukwemera kutwumvisha ko ibyaremwe byatunganijwe n’Ijambo ry’Imana, bityo rero ko ibigaragara bikomoka ku bitagaragara.


Nimurebe urukundo ruhebuje Imana Data yadukunze, kugeza n’aho twitwa abana b’Imana, kandi tukaba turi bo koko! Dore impamvu isi idashobora kutumenya: ni uko itamenye Imana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan