Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yeremiya 3:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Ibyo byatumye imvura itagwa, ndetse n’iyo mu itumba irabura, ariko wowe wakomeye ku busambanyi bwawe, ntibwagutera isoni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Ni cyo gituma imvura yimanwa kandi nta mvura y'itumba yabonetse, ariko ufite mu maso ha maraya wanga kugira isoni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Kubera ibyo nabujije imvura kugwa, nabimye imvura y'umuhindo. Nyamara mwakomeje kwifatanya n'indaya, ntimukorwa n'isoni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Kubera ibyo nabujije imvura kugwa, nabimye imvura y'umuhindo. Nyamara mwakomeje kwifatanya n'indaya, ntimukorwa n'isoni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yeremiya 3:3
28 Iomraidhean Croise  

Bukeye umukuru abwira umuto ati «Dore ejo nararanye na data; twongere iri joro tumutereke divayi, uze uryamane na we. Bityo tuzaba dutumye data asiga imbuto.»


Banze kumvira, biyibagiza ibyiza byose wabagiriye, bagushinganye ijosi, basigara bifuza kwisubirira mu bucakara bwo mu Misiri. Nyamara wowe, kuko uri Imana Nyir’imbabazi, ukaba umugwaneza n’umunyampuhwe, kandi ugatinda kurakara, n’impuhwe zawe ntizigereranywe, ntiwigeze ubatererana.


Umuntu w’umugome yerekana ko yigize, naho uw’intabera atsimbarara ku myifatire ye.


Nzawureka ube ikigunda, ntuzicirwa cyangwa ngo uhingirwe, uzameremo amahwa n’imifatangwe, nzabuze n’ibicu kuwugushaho imvura.


Dore ijambo Uhoraho yabwiye Yeremiya ku byerekeye amapfa:


Mu bigirwamana by’amahanga se, hari na kimwe kigusha imvura? Ijuru se ni ryo ubwaryo rigusha imvura y’umuvumbi? Si wowe se Uhoraho, Imana yacu? Turakwiringiye rero, kuko ari wowe ukora ibyo byose.


Abatware barahatira rubanda rugufi kuvoma amazi: rwagera ku bidendezi rugasanga byarakamye, rukagaruka rufite isoni, rwumiwe kandi rwashobewe, ibivomesho birimo ubusa.


Ubutaka bwiyashije imitutu kubera kubura imvura, abaturage barumiwe, barashoberwa.


«Fata umuzingo w’igitabo, wandikemo amagambo nakubwiye yose, yerekeye Yeruzalemu, Yuda n’andi mahanga yose kuva umunsi natangiye kukuvugisha, uhereye ku ngoma ya Yoziya, kugeza ubu.


Ntibibwiye mu mutima, bati ’Reka twubahe Uhoraho Imana yacu, we uduha imvura iyo tuyikeneye, ari iy’umuhindo cyangwa iy’itumba, kandi akanatumenyera ibihe byagenewe isarura.’


Ibicumuro byanyu ni byo byahinduye ibyo bihe, ibyaha byanyu bibangamira ibyo byiza.


Niko se Uhoraho, ukuri si ko amaso yawe ashaka kureba? Urabahana ariko ntibabikangwa, urabatsemba ariko bakanga kukumva, bigira ba rutare, banga kukugarukira.


Bakozwe n’ikimwaro kubera amarorerwa bakora, nyamara nta mpungenge bibatera, ngo bazirikane ko bitesheje agaciro! Kubera iyo mpamvu, bazarimbuka nk’abandi bose, bakazatemba, igihe nzaba mbahagurukiye. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Mbese hari ikimwaro bagize kubera amarorerwa bakora? Oya, nta mpungenge bibatera, ngo bazirikane ko bitesheje agaciro! Kubera iyo mpamvu, bazarimbuka nk’abandi bose; bakazatemba, igihe nzaba mbibaryoza. Uwo ni Uhoraho ubivuze. (Uhoraho:)


Uhoraho aravuze ati «Birengagije inyigisho zanjye nabahaye; aho kumva ijwi ryanjye ngo barikurikire,


nyamara umuryango wa Israheli uzanga kugutega amatwi, kuko nyine udashaka kunyumva. Koko rero, abo mu muryango wa Israheli ni abantu b’umutwe ukomeye n’umutima unangiye.


Izo mbaraga zanyu mwiratana, nzazihindura ubusa. Ijuru ryanyu nzarikamya ribe nk’icyuma, naho ubutaka bwo mbuhindure nk’umuringa.


Ni jye wari warabimye imvura hasigaye amezi atatu ngo musarure, nkagusha imvura mu mugi uyu n’uyu, nkayima uriya, umurima umwe wagwagamo imvura, utayibonye ukuma;


abantu bo mu migi ibiri cyangwa itatu bajyaga kunywa amazi mu mugi uyafite, inyota yabo ntishire, ariko ntimwangarukira! Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Nimwisuganye, bantu mutagira isoni, ngaho nimwisuganye,


Mu mugi rwagati, Uhoraho ni we Ntungane, ntiyigera akora ikibi; uko bukeye atangaza ubutabera bwe, nta munsi n’umwe asiba. Nyamara abagome bo ntibakorwa n’ikimwaro.


Nateje amapfa ku butaka no ku misozi, mu mirima y’ingano, ku mizabibu, ku biti by’imizeti no ku kimera cyose ku isi: abantu barakakaye kimwe n’inyamaswa, n’ibyo mwakoze bipfa ubusa.»


Ijuru ryo hejuru y’umutwe wawe rizahinduka umuringa, ubutaka uhagazeho buhinduke ubutare.


Muririnde rero kwima amatwi Nyir’ukubabwira! Abanze kumva uwabahanuriraga hano ku isi ntibashoboye kuzibukira igihano; twebwe se tuzakitaza dute niba twirengagije Utubwirira mu ijuru?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan